Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibibazo byo muri Congo byaba bigiye kongera guhagurukirwa?

radiotv10by radiotv10
08/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibibazo byo muri Congo byaba bigiye kongera guhagurukirwa?
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, wanahawe inshingano z’ubuhuza mu bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hahita hatekerezwa ko haba hagiye kongera kuba ibiganiro byo gushaka umuti w’ibi bibazo.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni ko kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Gashyantare 2024, yatangaje ko yahuye na Uhuru Kenyatta.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Perezida Museveni yagize ati “Nahuye n’umuhuza uyoboye inzira y’amahoro y’i Nairobi yemejwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Uwahoze ari Perezida Uhuru Kenyatta, tuganira ku nshingano z’akarare ku izamuka ry’ibibazo mu burasirazuba bwa DRC.”

Uku guhura kwa Perezida Museveni wa Uganda usanzwe afatwa nk’inararibonye muri Politiki yo mu karere na Uhuru Kenyatta, kwatumye hatekerezwa ko haba hagiye kubura ibiganiro hagati ya Guverinoma ya Congo Kinshasa n’imitwe yitwaje intwaro, byakunze kubera i Nairobi.

Museveni yakiriye Uhuru Kenyatta

Uhuru Kenyatta wahawe izi nshingano zo kuba umuhuza mu bibazo bimaze iminsi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagiye ayobora ibiganiro byahuzaga imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa Congo na Guverinoma ya DRC.

Uhuru Kenyatta kandi yagiye agirira ingendo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gukurikirana izi nshingano yahawe.

Uku guhura kwa Uhuru Kenyatta na Museveni, kubaye mu gihe intambara ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC yongeye gukaza umurego, ndetse uyu mutwe ukaba wongeye gufata ibindi bice.

M23 imaze iminsi ishyira hanze amatangazo isaba umuryango w’akarere ndetse n’umuryango mpuzamahanga kugira icyo ukora ku bikorwa bya FARDC n’abo bafatanyije kuba bakomeje kwica inzirakarengane z’abasivile mu bitero by’intwaro ziremereye bagaba mu bice bituwemo n’abaturage.

Uyu mutwe kandi uvuga ko ugishyigikiye imyanzuro yafatiwe i Nairobi n’i Luanda yasabaga Guverinoma ya Congo Kinshasa kuganira n’imitwe irimo na M23, mu gihe ubutegetsi bwa Tshisekedi butabikozwa, buvuga ko budashobora kuganira n’uyu mutwe bwamaze kwita uw’iterabwoba.

Uku guhura wa Museveni na Uhuru Kenyatta, kubayeho kandi nyuma y’iminsi micye Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America isabye iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuganira n’imitwe yose iri mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Umuvugizi w’Ibiro bya Guverinoma ya USA bishinzwe Ububanyi n’Amahanga, Matthew Miller; tariki 03 Gashyantare yatangaje ko Umunyamabanga w’iki Gihugu ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken yaganiriye na Uhuru Kenyatta ku mwuka uri mu burasirazuba bwa DRC.

Matthew Miller yatangaje ko Blinken na Uhuru Kenyatta, banaganiriye ku nzira z’ibiganiro n’ubuhuza hagati ya Guverinoma ya DRC n’imitwe yitwaje Intwaro.

Yagize ati “Imyanzuro y’i Nairobi ndetse n’ubufasha bw’abayobozi bo mu karere, ni ingenzi cyane mu gushaka umuti w’amakimbirane.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 3 =

Previous Post

Menya imyanya Polisi y’u Rwanda yegukanye mu marushanwa y’Abapolisi kabuhariwe ku Isi

Next Post

Umuhanzikazi w’izina rizwi ku Isi aravugwa kwirengagiza umunyabigwi umurenze

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

IZIHERUKA

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya
AMAHANGA

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

19/12/2025
Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi w’izina rizwi ku Isi aravugwa kwirengagiza umunyabigwi umurenze

Umuhanzikazi w’izina rizwi ku Isi aravugwa kwirengagiza umunyabigwi umurenze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.