Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibibazo by’u Rwanda na Uganda ntibyakemuka mu munota umwe- Mukuralinda

radiotv10by radiotv10
22/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibibazo by’u Rwanda na Uganda ntibyakemuka mu munota umwe- Mukuralinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda atangaza ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda biremereye ku buryo kubikemura bisaba igihe gihagije.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 22 Mutarama 2022, mu kiganiro Face of Nation gitambuka kuri Royal FM.

Muri iki kiganiro cyasesenguriwemo ishusho y’ibibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Uganda, cyanagarutse ku ngaruka zatewe n’ibi bibazo zirimo ifungwa ry’imipaka ryatumye abatuye ibi bihugu basanzwe ari abavandimwe badakomeza kugenderana.

Ibi bibazo kandi byashyiriweho itsinda rihuriweho n’ibihugu byombi ndetse n’ibihugu by’ibihuza (Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo) ariko kugeza ubu ntibirabonerwa umuti.

Alain Mukuralinda yagize ati “Ibibazo bihari bigera aho umupaka ufungwa, bigera aho umuturage ahohotera abene gihugu b’ikindi gihugu, ni ibibazo bitakemuka mu munota umwe.”

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kugaragaza ubushake bwo gushyira ibintu mu buryo dore ko yo ntakidasanzwe yasabwaga gukora kuko nta kibi yagiriye Uganda, gusa iki Gihugu cy’Igituranyi cyo cyakomeje imigambi mibisha ku Rwanda kuko cyakomeje guhohotera abanyarwanda.

Mukuralinda avuga ko kuba harashyizwe imbara nyinshi mu gushakira umuti ibi bibazo, hagashyirwaho abahuza ariko bigakomeza kunanirana ari “Ikibereka ko ibibazo bihari biraremereye n’amahirwe ni uko za nzira zo kubivuganiramo zihari.”

Mukuralinda Alain kandi yagarutse ku bihombo byatewe n’ibi bibazo gusa ko ibihombo uko byaba bimeze kose ntakiruta amagara y’Abanyarwanda.

Yagize ati “Nta kintu gishobora kugira agaciro nk’umuntu nubwo igihombo cyaba kingana gute. Niba hari igihombo nibura abantu bagakomeza bakabaho. Igikuru cyane muri byo, ntabwo umutekano w’Igihugu cy’u Rwanda ugira ikiguzi.”

Mukuralinda akomeza avuga ati “Nidushake duhombe kajana ariko umutekano ni ngombwa.Kuko udafite umutekano n’icyo gihombo cyavamo ibikorwa byanabuza abantu ubuzima.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ibi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu mu gihe umuhungu wa Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, yaje i Kigali aho biteganyijwe ko aza kuganira na Perezida Paul Kagame.

Ibitangazamakuru byandikirwa muri Uganda, bivuga ko ibiganiro bihuza Lt Gen Muhoozi Kainerugaba na Perezida Paul Kagame bigamije gushyiraho itsinda rishya ryo kwiga uburyo ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi byakemuka ubundi ibihugu bikongera kubanirana kivandimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 2 =

Previous Post

Gen Kainerugaba umuhungu wa Museveni yageze mu Rwanda arabonana na Perezida Kagame

Next Post

Rusizi: Umujura yibye amafaranga umuvuzi gakondo ahita akora ku rutsinga ako kanya arayagarura

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umujura yibye amafaranga umuvuzi gakondo ahita akora ku rutsinga ako kanya arayagarura

Rusizi: Umujura yibye amafaranga umuvuzi gakondo ahita akora ku rutsinga ako kanya arayagarura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.