Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibibazo by’u Rwanda na Uganda ntibyakemuka mu munota umwe- Mukuralinda

radiotv10by radiotv10
22/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibibazo by’u Rwanda na Uganda ntibyakemuka mu munota umwe- Mukuralinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda atangaza ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda biremereye ku buryo kubikemura bisaba igihe gihagije.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 22 Mutarama 2022, mu kiganiro Face of Nation gitambuka kuri Royal FM.

Muri iki kiganiro cyasesenguriwemo ishusho y’ibibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Uganda, cyanagarutse ku ngaruka zatewe n’ibi bibazo zirimo ifungwa ry’imipaka ryatumye abatuye ibi bihugu basanzwe ari abavandimwe badakomeza kugenderana.

Ibi bibazo kandi byashyiriweho itsinda rihuriweho n’ibihugu byombi ndetse n’ibihugu by’ibihuza (Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo) ariko kugeza ubu ntibirabonerwa umuti.

Alain Mukuralinda yagize ati “Ibibazo bihari bigera aho umupaka ufungwa, bigera aho umuturage ahohotera abene gihugu b’ikindi gihugu, ni ibibazo bitakemuka mu munota umwe.”

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kugaragaza ubushake bwo gushyira ibintu mu buryo dore ko yo ntakidasanzwe yasabwaga gukora kuko nta kibi yagiriye Uganda, gusa iki Gihugu cy’Igituranyi cyo cyakomeje imigambi mibisha ku Rwanda kuko cyakomeje guhohotera abanyarwanda.

Mukuralinda avuga ko kuba harashyizwe imbara nyinshi mu gushakira umuti ibi bibazo, hagashyirwaho abahuza ariko bigakomeza kunanirana ari “Ikibereka ko ibibazo bihari biraremereye n’amahirwe ni uko za nzira zo kubivuganiramo zihari.”

Mukuralinda Alain kandi yagarutse ku bihombo byatewe n’ibi bibazo gusa ko ibihombo uko byaba bimeze kose ntakiruta amagara y’Abanyarwanda.

Yagize ati “Nta kintu gishobora kugira agaciro nk’umuntu nubwo igihombo cyaba kingana gute. Niba hari igihombo nibura abantu bagakomeza bakabaho. Igikuru cyane muri byo, ntabwo umutekano w’Igihugu cy’u Rwanda ugira ikiguzi.”

Mukuralinda akomeza avuga ati “Nidushake duhombe kajana ariko umutekano ni ngombwa.Kuko udafite umutekano n’icyo gihombo cyavamo ibikorwa byanabuza abantu ubuzima.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ibi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu mu gihe umuhungu wa Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, yaje i Kigali aho biteganyijwe ko aza kuganira na Perezida Paul Kagame.

Ibitangazamakuru byandikirwa muri Uganda, bivuga ko ibiganiro bihuza Lt Gen Muhoozi Kainerugaba na Perezida Paul Kagame bigamije gushyiraho itsinda rishya ryo kwiga uburyo ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi byakemuka ubundi ibihugu bikongera kubanirana kivandimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Gen Kainerugaba umuhungu wa Museveni yageze mu Rwanda arabonana na Perezida Kagame

Next Post

Rusizi: Umujura yibye amafaranga umuvuzi gakondo ahita akora ku rutsinga ako kanya arayagarura

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umujura yibye amafaranga umuvuzi gakondo ahita akora ku rutsinga ako kanya arayagarura

Rusizi: Umujura yibye amafaranga umuvuzi gakondo ahita akora ku rutsinga ako kanya arayagarura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.