Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibibazo by’u Rwanda na Uganda ntibyakemuka mu munota umwe- Mukuralinda

radiotv10by radiotv10
22/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibibazo by’u Rwanda na Uganda ntibyakemuka mu munota umwe- Mukuralinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda atangaza ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda biremereye ku buryo kubikemura bisaba igihe gihagije.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 22 Mutarama 2022, mu kiganiro Face of Nation gitambuka kuri Royal FM.

Muri iki kiganiro cyasesenguriwemo ishusho y’ibibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Uganda, cyanagarutse ku ngaruka zatewe n’ibi bibazo zirimo ifungwa ry’imipaka ryatumye abatuye ibi bihugu basanzwe ari abavandimwe badakomeza kugenderana.

Ibi bibazo kandi byashyiriweho itsinda rihuriweho n’ibihugu byombi ndetse n’ibihugu by’ibihuza (Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo) ariko kugeza ubu ntibirabonerwa umuti.

Alain Mukuralinda yagize ati “Ibibazo bihari bigera aho umupaka ufungwa, bigera aho umuturage ahohotera abene gihugu b’ikindi gihugu, ni ibibazo bitakemuka mu munota umwe.”

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kugaragaza ubushake bwo gushyira ibintu mu buryo dore ko yo ntakidasanzwe yasabwaga gukora kuko nta kibi yagiriye Uganda, gusa iki Gihugu cy’Igituranyi cyo cyakomeje imigambi mibisha ku Rwanda kuko cyakomeje guhohotera abanyarwanda.

Mukuralinda avuga ko kuba harashyizwe imbara nyinshi mu gushakira umuti ibi bibazo, hagashyirwaho abahuza ariko bigakomeza kunanirana ari “Ikibereka ko ibibazo bihari biraremereye n’amahirwe ni uko za nzira zo kubivuganiramo zihari.”

Mukuralinda Alain kandi yagarutse ku bihombo byatewe n’ibi bibazo gusa ko ibihombo uko byaba bimeze kose ntakiruta amagara y’Abanyarwanda.

Yagize ati “Nta kintu gishobora kugira agaciro nk’umuntu nubwo igihombo cyaba kingana gute. Niba hari igihombo nibura abantu bagakomeza bakabaho. Igikuru cyane muri byo, ntabwo umutekano w’Igihugu cy’u Rwanda ugira ikiguzi.”

Mukuralinda akomeza avuga ati “Nidushake duhombe kajana ariko umutekano ni ngombwa.Kuko udafite umutekano n’icyo gihombo cyavamo ibikorwa byanabuza abantu ubuzima.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ibi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu mu gihe umuhungu wa Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, yaje i Kigali aho biteganyijwe ko aza kuganira na Perezida Paul Kagame.

Ibitangazamakuru byandikirwa muri Uganda, bivuga ko ibiganiro bihuza Lt Gen Muhoozi Kainerugaba na Perezida Paul Kagame bigamije gushyiraho itsinda rishya ryo kwiga uburyo ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi byakemuka ubundi ibihugu bikongera kubanirana kivandimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 8 =

Previous Post

Gen Kainerugaba umuhungu wa Museveni yageze mu Rwanda arabonana na Perezida Kagame

Next Post

Rusizi: Umujura yibye amafaranga umuvuzi gakondo ahita akora ku rutsinga ako kanya arayagarura

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umujura yibye amafaranga umuvuzi gakondo ahita akora ku rutsinga ako kanya arayagarura

Rusizi: Umujura yibye amafaranga umuvuzi gakondo ahita akora ku rutsinga ako kanya arayagarura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.