Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibidasanzwe wamenya ku bwoko bw’Aba-Tsimane baba mu ishyamba ry’inzitane rizwi ku Isi

radiotv10by radiotv10
28/09/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ibidasanzwe wamenya ku bwoko bw’Aba-Tsimane baba mu ishyamba ry’inzitane rizwi ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Tsimane ni ubwoko bw’abantu bo muri Bolivia baba mu ishyamba rya Amazon, bazwiho kurambana imbaraga kurusha abandi bo mu bice byose by’Isi, ku buryo umukecuru w’imyaka 100 ajya guhinga, gusarura ndetse ariwe ukora imirimo yose yo mu rugo.

Ubuzima bwabo bwa buri munsi batungwa n’imirimo irimo kuroba, guhiga, guhinga, no korora amatungo magufu byumwihariko ingurube basanzwe baha agaciro cyane.

Itsinda ry’abanyamakuru ryabasuye babanje kubateguza ko muri ako gace ntawugenda buhoro waba muto cyangwa ukuze. Bakihagera bakubitanye n’umukecuru w’imyaka 84 y’amavuko Martina Gacci Nate bamusanze yagiye gukura imyumbati no gutema igitoki cyo guteka, abakirana ubwuzu, icyakora uburyo yakoraga akanagenda yihuta byatumaga abanyamakuru bamusaba ko bahagarara ngo babanze baruhuke.

Mu giturage aho batuye, si we wenyine ukuze kandi ugifite imbaraga uri muri iyi myaka, kuko hari n’umusaza w’imyaka 78 usanzwe ari umuhigi, avuga ko mbere yashoboraga kumara iminsi 2 agenda mu nzira bigasa kandi akumva nta munaniro.

Hilda Ganci Nate na Pablo Ganci Nate, ni umugore n’umugabo batazi neza imyaka yabo, gusa ngo bagereranyije n’igihe babatirijwe n’imyaka bamaranye, bavuga ko bafite hejuru y’imyaka 100 y’amavuko. Ubarebye inyuma ntiwayibakekera, kuko bagaragara nk’abari mu kigero cy’imyaka 60.

Aba kandi baracyafite imbaraga, gusa bagira bimwe mu bimenyetso by’izabukuru, nko kubabara mu mavi ariko ahandi hose ngo baba bumva ari imbirizi.

Pablo we yemera ko akiri muryerye. Imirimo bakora ni uguhinga no gusarura umuceri, ikorwa nabakuze. Aha baganiraga n’umunyamakuru bamubwira ibanga ryo kuramba kwabo.

Mukecuru Hilda ati “Dufatanya imirimo, hari ubwo njya ku bihingwa bimwe, na we agafata ibindi. Pablo yitwara neza ariko arakara nabi.”

Muzehe Pablo na we yagize ati “Kugira ngo ukomere uba ugomba kurya amafi, ariko ukayarya ari mu isupu gusa, nyuma ukanywa ikinyobwa cyitwa chichi, bitaba ibyo ukarya ipapaye, amaronji.”

Muri aka gace, biragoye ko wahasanga ibyakorewe mu nganda nk’isukari, itabi cyangwa inzoga. Abahatuye ntibajya banywa ibiyobyabwenge na bicye.

Nubwo abashakashatsi bakomeje gushakisha ibanga rituma abo muri aka gace badasaza vuba bagakomeza gukomera ndetse n’ubwonko bugakora neza ugereranyije n’abandi bari mu kigero kimwe n’icyabo ku isi, ntiharamenyekana ikibitera, gusa abashakashatsi benshi bahuriza ku mibereho yabo ya buri munsi no gukunda gukora.

Ibiribwa bakunze kurya ni imyumbati, ibitoki, ibigori, umuceri n’imbuto.

Ibarura ryakozwe muri ako gace, ryagaragaje ko abakuze nk’abo bagenda ibilometero 12 ku munsi, mu gihe ahandi ku isi umuntu ufite ubuzima bwiza asabwa kugenda byibura ibilometero 8.

Mukecuru Hilda ari mu bakorerwa isuzuma ry’ubuzima kenshi ry’abakuze nko gusuzuma indwara yo kwibagirwa ikunze gufata abageze mu myaka nk’iye ariko ngo buri gihe basanga ubwonko bwe bukora vuba kandi akibuka ibintu byinshi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Hari abasaba Minisiteri y’Ingabo kwibuka isezerano ry’ibyo bumvikanye mu myaka ibiri ishize

Next Post

Basabwa kumenya imihigo nyamara ibyapa yanditseho babifata nk’imitako ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Related Posts

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

IZIHERUKA

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze
MU RWANDA

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Basabwa kumenya imihigo nyamara ibyapa yanditseho babifata nk’imitako ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Basabwa kumenya imihigo nyamara ibyapa yanditseho babifata nk’imitako ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.