Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibidasanzwe wamenya ku bwoko bw’Aba-Tsimane baba mu ishyamba ry’inzitane rizwi ku Isi

radiotv10by radiotv10
28/09/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ibidasanzwe wamenya ku bwoko bw’Aba-Tsimane baba mu ishyamba ry’inzitane rizwi ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Tsimane ni ubwoko bw’abantu bo muri Bolivia baba mu ishyamba rya Amazon, bazwiho kurambana imbaraga kurusha abandi bo mu bice byose by’Isi, ku buryo umukecuru w’imyaka 100 ajya guhinga, gusarura ndetse ariwe ukora imirimo yose yo mu rugo.

Ubuzima bwabo bwa buri munsi batungwa n’imirimo irimo kuroba, guhiga, guhinga, no korora amatungo magufu byumwihariko ingurube basanzwe baha agaciro cyane.

Itsinda ry’abanyamakuru ryabasuye babanje kubateguza ko muri ako gace ntawugenda buhoro waba muto cyangwa ukuze. Bakihagera bakubitanye n’umukecuru w’imyaka 84 y’amavuko Martina Gacci Nate bamusanze yagiye gukura imyumbati no gutema igitoki cyo guteka, abakirana ubwuzu, icyakora uburyo yakoraga akanagenda yihuta byatumaga abanyamakuru bamusaba ko bahagarara ngo babanze baruhuke.

Mu giturage aho batuye, si we wenyine ukuze kandi ugifite imbaraga uri muri iyi myaka, kuko hari n’umusaza w’imyaka 78 usanzwe ari umuhigi, avuga ko mbere yashoboraga kumara iminsi 2 agenda mu nzira bigasa kandi akumva nta munaniro.

Hilda Ganci Nate na Pablo Ganci Nate, ni umugore n’umugabo batazi neza imyaka yabo, gusa ngo bagereranyije n’igihe babatirijwe n’imyaka bamaranye, bavuga ko bafite hejuru y’imyaka 100 y’amavuko. Ubarebye inyuma ntiwayibakekera, kuko bagaragara nk’abari mu kigero cy’imyaka 60.

Aba kandi baracyafite imbaraga, gusa bagira bimwe mu bimenyetso by’izabukuru, nko kubabara mu mavi ariko ahandi hose ngo baba bumva ari imbirizi.

Pablo we yemera ko akiri muryerye. Imirimo bakora ni uguhinga no gusarura umuceri, ikorwa nabakuze. Aha baganiraga n’umunyamakuru bamubwira ibanga ryo kuramba kwabo.

Mukecuru Hilda ati “Dufatanya imirimo, hari ubwo njya ku bihingwa bimwe, na we agafata ibindi. Pablo yitwara neza ariko arakara nabi.”

Muzehe Pablo na we yagize ati “Kugira ngo ukomere uba ugomba kurya amafi, ariko ukayarya ari mu isupu gusa, nyuma ukanywa ikinyobwa cyitwa chichi, bitaba ibyo ukarya ipapaye, amaronji.”

Muri aka gace, biragoye ko wahasanga ibyakorewe mu nganda nk’isukari, itabi cyangwa inzoga. Abahatuye ntibajya banywa ibiyobyabwenge na bicye.

Nubwo abashakashatsi bakomeje gushakisha ibanga rituma abo muri aka gace badasaza vuba bagakomeza gukomera ndetse n’ubwonko bugakora neza ugereranyije n’abandi bari mu kigero kimwe n’icyabo ku isi, ntiharamenyekana ikibitera, gusa abashakashatsi benshi bahuriza ku mibereho yabo ya buri munsi no gukunda gukora.

Ibiribwa bakunze kurya ni imyumbati, ibitoki, ibigori, umuceri n’imbuto.

Ibarura ryakozwe muri ako gace, ryagaragaje ko abakuze nk’abo bagenda ibilometero 12 ku munsi, mu gihe ahandi ku isi umuntu ufite ubuzima bwiza asabwa kugenda byibura ibilometero 8.

Mukecuru Hilda ari mu bakorerwa isuzuma ry’ubuzima kenshi ry’abakuze nko gusuzuma indwara yo kwibagirwa ikunze gufata abageze mu myaka nk’iye ariko ngo buri gihe basanga ubwonko bwe bukora vuba kandi akibuka ibintu byinshi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − four =

Previous Post

Hari abasaba Minisiteri y’Ingabo kwibuka isezerano ry’ibyo bumvikanye mu myaka ibiri ishize

Next Post

Basabwa kumenya imihigo nyamara ibyapa yanditseho babifata nk’imitako ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Basabwa kumenya imihigo nyamara ibyapa yanditseho babifata nk’imitako ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Basabwa kumenya imihigo nyamara ibyapa yanditseho babifata nk’imitako ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.