Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibigwi byayo ni ibihe?: Ibyo wamenya kuri Pyramids FC igiye gukina na APR

radiotv10by radiotv10
15/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibigwi byayo ni ibihe?: Ibyo wamenya kuri Pyramids FC igiye gukina na APR
Share on FacebookShare on Twitter

Ku Cyumweru mu masaha ashyira ay’irenga ry’izuba rya Kigali, ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC izakirira kuri Kigali Pele Stadium ikipe ya Pyramids FC yo mu Misiri mu mukino w’ijonjora rya kabiri muri CAF Champions League. Tumenye amateka y’iyi kipe ishobora kubererekera APR cyangwa ikayisezerera.

APR FC yo, ku bumva uru rurimi ndahamya ko mubizi ko ibigwi n’amateka yayo bitari byinshi cyane muri iri rushanwa abizi. Ariko se, iyi Pyramids FC yo ni ikipe ki? Ifite amateka ki? Yageze kuki? Abenshi bazi ko yabayeho 2018 ariko si ko bimeze.

Pyramids FC ni ikipe yabayeho mu 2008, yitwa Al Assiouty Sports, itangirira ahitwa Beni Seuf mu Misiri.

Nyuma y’uko ibayeho yamaze imyaka myinshi mu byiciro byo hasi ariko iza kuzamuka bwa mbere mu cyiciro cya mbere mu mwaka wa 2014.

Urugendo rwabo rwa mbere ntirwayibereye rwiza kuko yasoje iri ku mwanya wa 19, irongera isubira mu cyiciro cya 2. Isubiyeyo yayoboye itsinda A mu mwaka w’imikino wa 2016-2017 irongera izamuka mu cyiciro cya 1.

 

Uko yise Pyramids FC

Mu mpeshyi ya 2018, umuyobizi wa Saudi Sports Authority Turki Al-Sheikh yaguze Ikipe ya Al Assiouty sport. Uyu mugabo yahoze Ari Perezida w’icyubahiro w’ikipe izwi cyane ya Al Ahly ariko aza gutandukana na yo bitewe no kutumvikana ku buryo bwo gusinyisha abakinnyi no kubaka Sitade ubundi ajya kugura ikipe muri Beni Seuf.

Nka kwa kundi tubyumva mu nkuru zo muri Bibiliya ko hari abantu bagiye bahindurirwa izina, ni nako byagenze, iyi kipe yahise ihindurirwa izina yitwa Pyramids FC, inavanwa aho yabaga mu Bilometero 400 izanwa mu mujyi I Cairo, ubundi itangira ubuzima bushya.

Uwahoze Ari umutoza wa Al Ahly Hossam El-Badry yahise atangazwa nk’umuyobozi w’ikipe, Ahmed Hassan agirwa umuvugizi wayo, Hady Khashaba agirwa umuyobozi wa siporo, naho Alberto Valentim agirwa umutoza wayo.

Umwaka wabo wa mbere ku izina rishya Pyramids FC yasoje Ari iya gatatu ku rutonde rwa Shampiyona, ibona itike yo kujya mu mikino ya CAF Confederation Cup ndetse inagera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Igihugu batsindwa na Zamalek 3-0.

Mu mpeshyi ya 2019, Salem Al Shamsi ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu yaguze imigabane muri iyi kipe, arayegukana.

Kuva yashingwa (Pyramids FC) yakomeje kwigaragaza nk’ikipe ya 3 mu Misiri kuko inshuro zose yabaye iya 3 uretse muri 2021-2022 ubwo yabaye iya 2 iri inyuma ya Zamalek.

Urugendo rwa Pyramids FC mu marushanwa Nyafurika ruteye gutya: Mu mwaka wabo wa 1 (ni ukuvuga ngo 2019-20) Pyramids FC yageze ku mukino wa nyuma nubwo yari yatangiriye mu majonjora y’ibanze. Yasezereye Etoile du Congo, CR Belouizdad na Young Africans. Pyramids Fc yayoboye itsinda yari irimo, ubundi mu mikino yo gukuranwamo, isezerera Zanaco United ku ntsinzi y’ibitego 3-1 mu mikino yombi, muri 1/2 ikuramo Horoya ku ntsinzi y’igitego 1-0, igeze ku mukino wa nyuma itsindwa na RS Berkane yo muri Maroc igitego 1-0. Uwo mwaka yarongeye isoreza ku mwanya wa 3 muri Shampiyona iwabo.

Mu myaka micye imaze nka Pyramids FC, ntirabasha gutwara igikombe cya Shampiyona, cyakora cyo yabaye iya 2 inshuro ebyiri (2021-2022 na 2022-2023) yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Igihugu inshuro ebyiri (2018-2019 na 2021-2022) ariko nabwo ntirabasha kugitwara.

APR FC ifite umusozi muremure wo kurira, cyangwa hari amahirwe ko yayikuramo?

Ikipe ya Pyramids yamaze kugera mu Rwanda

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − twelve =

Previous Post

Prince Kid wujuje ibyumweru 2 akoze ubukwe yagarutse imbere y’Urukiko

Next Post

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi washinjwaga kumwubahuka yakatiwe

Related Posts

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi washinjwaga kumwubahuka yakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.