Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibihugu bibiri by’i Burayi byishimiye intsinzi ya Tshisekedi bimwibutsa ibyo yirengagije birebana na M23

radiotv10by radiotv10
13/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibihugu bibiri by’i Burayi byishimiye intsinzi ya Tshisekedi bimwibutsa ibyo yirengagije birebana na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bufaransa n’iy’u Bubiligi byifurije ishya n’ihirwe Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uherutse gutangazwa ko yongeye gutsindira kuyobora iki Gihugu, bimwibutsa ko agomba kuyoboka inzira z’ibiganiro mu gushaka amahoro mu burasirazuba bw’Igihugu cye.

Ni nyuma y’uko Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwemeje intsinzi ya Felix Tshisekedi.

Ibihugu binyuranye byahise bishimira Tshisekedi ku kuba yongeye gutorwa, ndetse bimwifuriza ishya n’ihirwe. Ibyo Bihugu birimo u Bufaransa, u Bubiligi ndetse n’u Bushinwa.

Mu butumwa bwatanzwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bufaransa, buvuga ko iki Gihugu “Cyifurije ishya n’ihirwe Perezida wongeye gutorwa ariko tunahamagarira impande zose za politiki ndetse na Sosiyete Sivile muri Congo, gufungura inzira z’ibiganiro, mu gucubya umwuka uri mu Gihugu.”

Iyi Minisiteri yakomeje igira iti “Kubera umwuka uri mu Burasirazuba bwa RDC, u Bufaransa buritsa ko bushyigikiye ingamba zafashwe ku rwego rw’akarere zigamije kubona umuti mu nzira z’amahoro arambye.”

Guverinoma y’u Bubiligi na yo yagaragaje ko yishimiye intsinzi ya Perezida Tshisekedi, bumuhamagarira inzego zose yaba Leta ndetse n’imiryango itari iya Leta kugira uruhare mu gushaka amahoro muri Congo Kinshasa.

U Bubiligi bwizeje Congo ko buzakomeza kuyiba hafi, bwaboneyeho gusaba ubutegetsi bw’iki Gihugu kuyoboka inzira z’amahoro zigamije gukemura ibibazo biri mu burasirazuba bwacyo.

Perezida Tshisekedi uri ku butegetsi kuva muri Mutarama 2019, yongeye gutorwa kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku majwi 73,47% mu matora yabaye tariki 20 Ukuboza 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 1 =

Previous Post

U Rwanda rwavuze ko rudashobora gukora nk’ibyakozwe n’u Burundi

Next Post

Ab’u Rwanda bavunnye sambwe, aba Ethiopia barateka: Abofisiye ba RDF n’ab’Ibihugu 10 bagaragarizanyije umuco

Related Posts

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ab’u Rwanda bavunnye sambwe, aba Ethiopia barateka: Abofisiye ba RDF n’ab’Ibihugu 10 bagaragarizanyije umuco

Ab’u Rwanda bavunnye sambwe, aba Ethiopia barateka: Abofisiye ba RDF n’ab’Ibihugu 10 bagaragarizanyije umuco

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.