Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibihugu bibiri by’i Burayi byishimiye intsinzi ya Tshisekedi bimwibutsa ibyo yirengagije birebana na M23

radiotv10by radiotv10
13/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibihugu bibiri by’i Burayi byishimiye intsinzi ya Tshisekedi bimwibutsa ibyo yirengagije birebana na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bufaransa n’iy’u Bubiligi byifurije ishya n’ihirwe Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uherutse gutangazwa ko yongeye gutsindira kuyobora iki Gihugu, bimwibutsa ko agomba kuyoboka inzira z’ibiganiro mu gushaka amahoro mu burasirazuba bw’Igihugu cye.

Ni nyuma y’uko Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwemeje intsinzi ya Felix Tshisekedi.

Ibihugu binyuranye byahise bishimira Tshisekedi ku kuba yongeye gutorwa, ndetse bimwifuriza ishya n’ihirwe. Ibyo Bihugu birimo u Bufaransa, u Bubiligi ndetse n’u Bushinwa.

Mu butumwa bwatanzwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bufaransa, buvuga ko iki Gihugu “Cyifurije ishya n’ihirwe Perezida wongeye gutorwa ariko tunahamagarira impande zose za politiki ndetse na Sosiyete Sivile muri Congo, gufungura inzira z’ibiganiro, mu gucubya umwuka uri mu Gihugu.”

Iyi Minisiteri yakomeje igira iti “Kubera umwuka uri mu Burasirazuba bwa RDC, u Bufaransa buritsa ko bushyigikiye ingamba zafashwe ku rwego rw’akarere zigamije kubona umuti mu nzira z’amahoro arambye.”

Guverinoma y’u Bubiligi na yo yagaragaje ko yishimiye intsinzi ya Perezida Tshisekedi, bumuhamagarira inzego zose yaba Leta ndetse n’imiryango itari iya Leta kugira uruhare mu gushaka amahoro muri Congo Kinshasa.

U Bubiligi bwizeje Congo ko buzakomeza kuyiba hafi, bwaboneyeho gusaba ubutegetsi bw’iki Gihugu kuyoboka inzira z’amahoro zigamije gukemura ibibazo biri mu burasirazuba bwacyo.

Perezida Tshisekedi uri ku butegetsi kuva muri Mutarama 2019, yongeye gutorwa kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku majwi 73,47% mu matora yabaye tariki 20 Ukuboza 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 12 =

Previous Post

U Rwanda rwavuze ko rudashobora gukora nk’ibyakozwe n’u Burundi

Next Post

Ab’u Rwanda bavunnye sambwe, aba Ethiopia barateka: Abofisiye ba RDF n’ab’Ibihugu 10 bagaragarizanyije umuco

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ab’u Rwanda bavunnye sambwe, aba Ethiopia barateka: Abofisiye ba RDF n’ab’Ibihugu 10 bagaragarizanyije umuco

Ab’u Rwanda bavunnye sambwe, aba Ethiopia barateka: Abofisiye ba RDF n’ab’Ibihugu 10 bagaragarizanyije umuco

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.