Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibikorwa byahagurukiwe na Polisi y’u Rwanda bikomeje gufatirwamo ababyijanditsemo

radiotv10by radiotv10
25/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibikorwa byahagurukiwe na Polisi y’u Rwanda bikomeje gufatirwamo ababyijanditsemo
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yafashe abagabo babiri bakurikiranyweho kwangiza ibikorwa remezo rusange, nyuma yo kubasangana ibikoresho by’amashanyari urusinga rufite metero 75.

Aba bagabo bafite imyaka 43 [buri umwe] bafashwe tariki 23 Gashyantare mu bice binyuranye by’Igihugu, barimo uwafatiwe mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo n’undi wafatiwe mu Karere ka Ngororero mu Ntara y’Iburnegerazuba.

Bafatanywe ibikoresho by’amashanyarazi birimo; insinga, mubazi, fusibles, cash power n’ibindi bitandukanye bacyekwaho kwiba ku miyoboro y’amashanyarazi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko gufatwa k’uyu wafatiwe muri iyi Ntara n’ibyo bikoresho, byaturutse ku makuru yagiye atangwa n’abaturage.

Yagize ati “Hagendewe ku makuru yizewe yatanzwe n’abaturage bo mu Karere ka Ngororero, ko hari ibikoresho by’amashanyarazi bikekwa ko byakuwe ku muyoboro w’amashanyarazi birunze mu rugo ruherereye mu murenge wa Matyazo, akagari ka Rwamiko mu mudugudu wa Butare; birimo urusinga rureshya na metero 75, mubazi na Kashipawa, hakozwe igikorwa cyo gushakisha abacyekwa haza gutabwa muri yombi umugabo w’imyaka 43.”

Kuri uwo munsi tariki 23 Gashyantare kandi, mu Mudugudu wa Masizi, Akagari ka Nyabikenke, Umurenge wa Bumbogo, mu Karere ka Gasabo hafatiwe undi mugabo wari ufite iwe mu rugo; ububiko bw’ibikoresho by’amashanyarazi birimo; insinga, fusibles, cash power, imikandara bifashisha burira amapoto, agasanduku kabikwamo ibikoresho (toolbox) n’ibindi.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire yavuze ko uyu mugabo yafashwe ubwo abapolisi bageraga iwe bakahasanga biriya bikoresho atabasha kugaragariza inkomoko yabyo, nyuma yuko hagiye hagaragara ibikorwa byo kwangiza ibikorwa remezo by’amashanyarazi muri kariya gace.

Bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakomeze iperereza ku byaha bakurikiranyweho.

Ifatwa ry’aba bagabo bombi kandi ribaye nyuma y’iminsi mike ishize, Polisi y’u Rwanda itanze umuburo ku bangiza ibikorwaremezo by’amashanyarazi ku ngaruka bazahura nazo zirimo no gufungwa igihe kitari gito.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − thirteen =

Previous Post

Igisirikare cya S.Africa cyasohoye itangazo nyuma y’itaha ry’inkomere z’ingabo za SADC zavuye muri Congo

Next Post

Sanctions: Understanding the Belgians behaviour

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sanctions: Understanding the Belgians behaviour

Sanctions: Understanding the Belgians behaviour

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.