Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibikorwa byahagurukiwe na Polisi y’u Rwanda bikomeje gufatirwamo ababyijanditsemo

radiotv10by radiotv10
25/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibikorwa byahagurukiwe na Polisi y’u Rwanda bikomeje gufatirwamo ababyijanditsemo
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yafashe abagabo babiri bakurikiranyweho kwangiza ibikorwa remezo rusange, nyuma yo kubasangana ibikoresho by’amashanyari urusinga rufite metero 75.

Aba bagabo bafite imyaka 43 [buri umwe] bafashwe tariki 23 Gashyantare mu bice binyuranye by’Igihugu, barimo uwafatiwe mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo n’undi wafatiwe mu Karere ka Ngororero mu Ntara y’Iburnegerazuba.

Bafatanywe ibikoresho by’amashanyarazi birimo; insinga, mubazi, fusibles, cash power n’ibindi bitandukanye bacyekwaho kwiba ku miyoboro y’amashanyarazi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko gufatwa k’uyu wafatiwe muri iyi Ntara n’ibyo bikoresho, byaturutse ku makuru yagiye atangwa n’abaturage.

Yagize ati “Hagendewe ku makuru yizewe yatanzwe n’abaturage bo mu Karere ka Ngororero, ko hari ibikoresho by’amashanyarazi bikekwa ko byakuwe ku muyoboro w’amashanyarazi birunze mu rugo ruherereye mu murenge wa Matyazo, akagari ka Rwamiko mu mudugudu wa Butare; birimo urusinga rureshya na metero 75, mubazi na Kashipawa, hakozwe igikorwa cyo gushakisha abacyekwa haza gutabwa muri yombi umugabo w’imyaka 43.”

Kuri uwo munsi tariki 23 Gashyantare kandi, mu Mudugudu wa Masizi, Akagari ka Nyabikenke, Umurenge wa Bumbogo, mu Karere ka Gasabo hafatiwe undi mugabo wari ufite iwe mu rugo; ububiko bw’ibikoresho by’amashanyarazi birimo; insinga, fusibles, cash power, imikandara bifashisha burira amapoto, agasanduku kabikwamo ibikoresho (toolbox) n’ibindi.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire yavuze ko uyu mugabo yafashwe ubwo abapolisi bageraga iwe bakahasanga biriya bikoresho atabasha kugaragariza inkomoko yabyo, nyuma yuko hagiye hagaragara ibikorwa byo kwangiza ibikorwa remezo by’amashanyarazi muri kariya gace.

Bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakomeze iperereza ku byaha bakurikiranyweho.

Ifatwa ry’aba bagabo bombi kandi ribaye nyuma y’iminsi mike ishize, Polisi y’u Rwanda itanze umuburo ku bangiza ibikorwaremezo by’amashanyarazi ku ngaruka bazahura nazo zirimo no gufungwa igihe kitari gito.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 7 =

Previous Post

Igisirikare cya S.Africa cyasohoye itangazo nyuma y’itaha ry’inkomere z’ingabo za SADC zavuye muri Congo

Next Post

Sanctions: Understanding the Belgians behaviour

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sanctions: Understanding the Belgians behaviour

Sanctions: Understanding the Belgians behaviour

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.