Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

radiotv10by radiotv10
21/06/2025
in MU RWANDA
0
Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 30 wari waturutse mu Ntara y’Iburasirazuba wasanzwe yapfiriye mu nzu icumbitsemo Umupasiteri wo mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo we ko agiye mu bukwe i Kigali.

Nyakwigendera yitwa Mukeshimana Esther akaba yaravutse mu 1995, mu gihe umukozi w’Imana yapfiriye mu rugo rwe ari Valens Niyonsaba usanzwe ari n’umukozi ushinzwe serivisi z’ubutaka mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru.

Urupfu rwa nyakwigendera rwamenyekanye tariki 14 Kamena 2025, mu mu Mudugudu wa Gambiriro, Akagari ka Kabere, Umurenge wa Ruheru, aho uyu mupasiteri asanzwe acumbitse.

Mukeshimana yari yaturutse iwe mu Mudugudu wa Busana mu Kagari ka Barija mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, aho bivugwa ko yavuyeyo abwiye umugabo we ko agiye mu bukwe mu Mujyi wa Kigali.

Aba bombi kandi bari basanzwe banaziranye dore ko Pasiteri yigeze gukorera umurimo w’ivugabutumwa mu Karere ka Nyagatare akaba ari na we wasezeranyije nyakwigendera n’umugabo we, ndetse na Mukeshimana akaba yari asanzwe ari umudiyakoni mu Itorero ry’Abametodiste i Nyagatare.

Amakuru ava mu baturare, avuga ko n’umugore wa Pasiteri atuye i Nyagatare, ndetse akaba yari yahaye Mukeshimana ibyo yoherereza umugabo we ageze i Kigali kuko yari yamubwiye ko ataharenga.

Yari yageze aho Pasiteri acumbutse tariki 13 Kamena 2025, bucyeye bwaho tariki 14 uyu Niyonsaba ajya mu kazi nk’uko bisanzwe, ariko Mukeshimana aza kumuhamagara kuri telefone amubaza ibyo guteka, amurangira ibishyimbo.

Umwe mu baturanyi yavuze ko Niyonsaba yatashye saa sita agiye gufata ifunguro ariko ageze aho acumbitse asanga harakinze, arakomanga ariko yumva nta muntu ukoma.

Umuturage avuga ko Pasiteri yatangiye gushakisha, “abaza abaturanyi niba batamubonye baramuhakanira, ni uko ajya kurya mu isantere.”

Uyu muturanyi akomeza agira ati “Nimugoroba agarutse yasanze hagifunze, hanyuma noneho ahamagara nyiri inzu, ni uko amena ikirahure, basanga yumye.”

Hari abakeka ko Mukeshimana yaba yarazize imbabura yari atetseho kuko bayisanze hafi ye, ndetse hakaba hari n’abaturanyi be b’i Nyagatare bavuga ko yari asanzwe arwara umutima.

Nyakwigendera wasize abana batanu yashyinguwe kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kamena 2025, mu gihe Niyonsaba we ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu gihe hakomeje gukorwa iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 7 =

Previous Post

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

Next Post

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.