Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibindi byatahuwe ku washatse kwivugana Donald Trump

radiotv10by radiotv10
25/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibindi byatahuwe ku washatse kwivugana Donald Trump
Share on FacebookShare on Twitter

Ryan Wesley Routh uherutse gufatwa nyuma yo gushaka guhitana Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America uri guhatanira kongera gusubira kuri uyu mwanya, byamenyekanye ko ari umugambi yari amaranye igihe ndetse ko atari ubwa mbere afunzwe.

Routh watawe muri yombi nyuma yuko tariki 15 Nzeri 2024, ashatse kurasira Donald Trump iwe muri Frolida aho yari ari gukina umukino wa Golf.

Uyu mugabo w’imyaka 58 y’amavuko, yatahuwe nyuma yuko umwe mu bashinzwe kurinda Trump abonye umunwa w’imbunda ye aho yari yihishe mu gihuru ngo arase uyu munyapolitiki, ubundi akaraswaho urufaya rw’amasaru, agahita acika, ariko akaza gufatwa.

Routh wacitse atarashe isasu na rimwe, yataye imbunda ye ndetse n’ibindi bikoresho yariho yifashisha kugira ngo abone uko arasa Trump.

Ubwo yagezwaha imbere y’Ubushinjacyaha muri iki cyumweru, hagaragajwe andi makuru kuri we, ashimangira ko yari amaze amezi ategura iki gitero.

Mu nyandiko yanditse avuga ko ageneye Isi akayoherereza umuntu utazwi mu mezi ashize, Routh yagaragaje ko yagiye ahusha igikorwa cyo kwivugana uyu wabaye Perezida wa USA.

Muri iyi nyandiko hari aho avuga ko “Nagerageje uko nshoboye kose mu mbaraga zose nari mfite.” Ndetse avuga ko hakenewe gutangwa amafaranga “ku wundi muntu wabasha kurangiza aka kazi.”

Routh kandi yigeze kumara imyaka 20 afunzwe, ku byaha bifitanye isano n’intwaro yari atunze.

Mu nyandiko y’amapaji umunani ikubiyemo ibirego bishinjwa uyu mugabo washatse kwivugana Trump, igaragaza ko Routh yagiye anakora ibindi byaha birimo “gukubita, urugomo, gutera ubwoba no kwivanga mu bintu” hamwe n’umwe mu ba Secret Service bihariye.

Routh azagaruka mu rukiko ku wa Mbere w’icyumweru gitaha tariki 30 Nzeri 2024, aho biteganyijwe ko azaburana mu rubanza rw’ibanze.

Kuri uyu wa Kabiri kandi, umuhungu we witwa Oran Routh, na we yatawe muri yombi, ashinjwa ibyaha birimo gukinisha abana filimi z’urukozasoni.

Ubuyobozi bwatahuye amashusho abarirwa muri magana ubwo hakorwaga isakwa mu rugo rw’uyu muhungu wa Routh aho atuye muri North Carolina, ubwo hakorwaga iperereza ku bifitanye isano n’umubyeyi we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + seventeen =

Previous Post

Umuhuza mu bya Congo n’u Rwanda yagaragarije Isi aho abona umubano w’Ibihugu byombi ugana

Next Post

Hazamuwe dosiye y’ukurikiranyweho kwica umugore we amuhoye kutumvikana ku cyo baganiragaho

Related Posts

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Hazamuwe dosiye y’ukurikiranyweho kwica umugore we amuhoye kutumvikana ku cyo baganiragaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.