Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibindi byatahuwe ku washatse kwivugana Donald Trump

radiotv10by radiotv10
25/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibindi byatahuwe ku washatse kwivugana Donald Trump
Share on FacebookShare on Twitter

Ryan Wesley Routh uherutse gufatwa nyuma yo gushaka guhitana Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America uri guhatanira kongera gusubira kuri uyu mwanya, byamenyekanye ko ari umugambi yari amaranye igihe ndetse ko atari ubwa mbere afunzwe.

Routh watawe muri yombi nyuma yuko tariki 15 Nzeri 2024, ashatse kurasira Donald Trump iwe muri Frolida aho yari ari gukina umukino wa Golf.

Uyu mugabo w’imyaka 58 y’amavuko, yatahuwe nyuma yuko umwe mu bashinzwe kurinda Trump abonye umunwa w’imbunda ye aho yari yihishe mu gihuru ngo arase uyu munyapolitiki, ubundi akaraswaho urufaya rw’amasaru, agahita acika, ariko akaza gufatwa.

Routh wacitse atarashe isasu na rimwe, yataye imbunda ye ndetse n’ibindi bikoresho yariho yifashisha kugira ngo abone uko arasa Trump.

Ubwo yagezwaha imbere y’Ubushinjacyaha muri iki cyumweru, hagaragajwe andi makuru kuri we, ashimangira ko yari amaze amezi ategura iki gitero.

Mu nyandiko yanditse avuga ko ageneye Isi akayoherereza umuntu utazwi mu mezi ashize, Routh yagaragaje ko yagiye ahusha igikorwa cyo kwivugana uyu wabaye Perezida wa USA.

Muri iyi nyandiko hari aho avuga ko “Nagerageje uko nshoboye kose mu mbaraga zose nari mfite.” Ndetse avuga ko hakenewe gutangwa amafaranga “ku wundi muntu wabasha kurangiza aka kazi.”

Routh kandi yigeze kumara imyaka 20 afunzwe, ku byaha bifitanye isano n’intwaro yari atunze.

Mu nyandiko y’amapaji umunani ikubiyemo ibirego bishinjwa uyu mugabo washatse kwivugana Trump, igaragaza ko Routh yagiye anakora ibindi byaha birimo “gukubita, urugomo, gutera ubwoba no kwivanga mu bintu” hamwe n’umwe mu ba Secret Service bihariye.

Routh azagaruka mu rukiko ku wa Mbere w’icyumweru gitaha tariki 30 Nzeri 2024, aho biteganyijwe ko azaburana mu rubanza rw’ibanze.

Kuri uyu wa Kabiri kandi, umuhungu we witwa Oran Routh, na we yatawe muri yombi, ashinjwa ibyaha birimo gukinisha abana filimi z’urukozasoni.

Ubuyobozi bwatahuye amashusho abarirwa muri magana ubwo hakorwaga isakwa mu rugo rw’uyu muhungu wa Routh aho atuye muri North Carolina, ubwo hakorwaga iperereza ku bifitanye isano n’umubyeyi we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + three =

Previous Post

Umuhuza mu bya Congo n’u Rwanda yagaragarije Isi aho abona umubano w’Ibihugu byombi ugana

Next Post

Hazamuwe dosiye y’ukurikiranyweho kwica umugore we amuhoye kutumvikana ku cyo baganiragaho

Related Posts

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Hazamuwe dosiye y’ukurikiranyweho kwica umugore we amuhoye kutumvikana ku cyo baganiragaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.