Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibindi byatahuwe ku washatse kwivugana Donald Trump

radiotv10by radiotv10
25/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibindi byatahuwe ku washatse kwivugana Donald Trump
Share on FacebookShare on Twitter

Ryan Wesley Routh uherutse gufatwa nyuma yo gushaka guhitana Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America uri guhatanira kongera gusubira kuri uyu mwanya, byamenyekanye ko ari umugambi yari amaranye igihe ndetse ko atari ubwa mbere afunzwe.

Routh watawe muri yombi nyuma yuko tariki 15 Nzeri 2024, ashatse kurasira Donald Trump iwe muri Frolida aho yari ari gukina umukino wa Golf.

Uyu mugabo w’imyaka 58 y’amavuko, yatahuwe nyuma yuko umwe mu bashinzwe kurinda Trump abonye umunwa w’imbunda ye aho yari yihishe mu gihuru ngo arase uyu munyapolitiki, ubundi akaraswaho urufaya rw’amasaru, agahita acika, ariko akaza gufatwa.

Routh wacitse atarashe isasu na rimwe, yataye imbunda ye ndetse n’ibindi bikoresho yariho yifashisha kugira ngo abone uko arasa Trump.

Ubwo yagezwaha imbere y’Ubushinjacyaha muri iki cyumweru, hagaragajwe andi makuru kuri we, ashimangira ko yari amaze amezi ategura iki gitero.

Mu nyandiko yanditse avuga ko ageneye Isi akayoherereza umuntu utazwi mu mezi ashize, Routh yagaragaje ko yagiye ahusha igikorwa cyo kwivugana uyu wabaye Perezida wa USA.

Muri iyi nyandiko hari aho avuga ko “Nagerageje uko nshoboye kose mu mbaraga zose nari mfite.” Ndetse avuga ko hakenewe gutangwa amafaranga “ku wundi muntu wabasha kurangiza aka kazi.”

Routh kandi yigeze kumara imyaka 20 afunzwe, ku byaha bifitanye isano n’intwaro yari atunze.

Mu nyandiko y’amapaji umunani ikubiyemo ibirego bishinjwa uyu mugabo washatse kwivugana Trump, igaragaza ko Routh yagiye anakora ibindi byaha birimo “gukubita, urugomo, gutera ubwoba no kwivanga mu bintu” hamwe n’umwe mu ba Secret Service bihariye.

Routh azagaruka mu rukiko ku wa Mbere w’icyumweru gitaha tariki 30 Nzeri 2024, aho biteganyijwe ko azaburana mu rubanza rw’ibanze.

Kuri uyu wa Kabiri kandi, umuhungu we witwa Oran Routh, na we yatawe muri yombi, ashinjwa ibyaha birimo gukinisha abana filimi z’urukozasoni.

Ubuyobozi bwatahuye amashusho abarirwa muri magana ubwo hakorwaga isakwa mu rugo rw’uyu muhungu wa Routh aho atuye muri North Carolina, ubwo hakorwaga iperereza ku bifitanye isano n’umubyeyi we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Umuhuza mu bya Congo n’u Rwanda yagaragarije Isi aho abona umubano w’Ibihugu byombi ugana

Next Post

Hazamuwe dosiye y’ukurikiranyweho kwica umugore we amuhoye kutumvikana ku cyo baganiragaho

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Hazamuwe dosiye y’ukurikiranyweho kwica umugore we amuhoye kutumvikana ku cyo baganiragaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.