Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibinezaneza byasendereye umutima wa Christopher nyuma yo gufata ‘Selfie’ na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
04/07/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ibinezaneza byasendereye umutima wa Christopher nyuma yo gufata ‘Selfie’ na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Christopher Muneza ari mu byishimo, nyuma yo kugira amahirwe yo kwifata ifoto [selfie] ari kumwe na Perezida Paul Kagame.

Ni mu ijoro ry’igitaramo cyo ku Cyumweru tariki 02 Nyakanga 2023, ubwo Perezida Paul Kagame yakiraga abo mu ngeri zinyuranye mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 29 yo Kwibohora.

Iri joro ryaranzwe n’ibyishimo, ryitabiriwe n’abo mu ngeri zinyuranye biganjemo urubyiruko, rwarimo n’abahanzi ndetse n’abakora mu nzego zinyuranye.

Umuhanzi Christopher, yahagiriye ibihe bitazibagirana, kuko yaboneyeho no gufata ifoto na Perezida Paul Kagame.

Ni ifoto yafashe ubwo uyu muhango wari uri guhumuza, uyu muhanzi uri mu bakunzwe mu Rwanda, yahise yegera Umukuru w’Igihugu amusaba ko bifotozanya Selfie, aramwemerera.

Umuhanzi Christopher ari mu byishimo bidasanzwe

Nyuma yo gufata iyi foto, umuhanzi Christopher yayishyize ku mbuga nkoranyambaga ze, ayishyiraho ubutumwa agira ati “Ibihe bitazibagirana, byo gufata ifoto yahoze mu nzozi zanjye hamwe n’ikitegererezo cyanjye.”

Muri uyu muhango, Perezida Paul Kagame yageneye ubutumwa Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko, abibutsa ko umwanya nk’uyu wo kuzirikana Kwibohora k’u Rwanda, ari n’uwo gutekereza ko ibyo u Rwanda rugezeho, rubikesha amateka aremereye yanditswe n’abemeye kumena amaraso yabo.

Yasabye Abanyarwanda by’umwihariko abakiri bato, kutemera ko aya mateka “yanditswe mu maraso, [keretse mubyemeye], ntabwo yaza ngo asibwe n’amateka yanditswe n’ikaramu. Amateka yanditswe mu maraso n’ayanditswe muri wino, murumva aho bitandukaniye.”

Image
Perezida Kagame yasabye Urubyiruko kutazemera ko hari uwatoba amateka y’u Rwanda
Muri uyu mugoroba harimo n’abakora mu ruganda rw’imyidagaduro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + eighteen =

Previous Post

Uwabonye haba impanuka y’abana batatu yavuze ikikango yabateye n’uburyo byagenze

Next Post

Incamake maramatsiko z’urugamba rwo Kwibohora rwabaye umuzi w’iterambere ntangarugero

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Incamake maramatsiko z’urugamba rwo Kwibohora rwabaye umuzi w’iterambere ntangarugero

Incamake maramatsiko z’urugamba rwo Kwibohora rwabaye umuzi w’iterambere ntangarugero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.