Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibipimo by’imiyoborere: Kuzamura imibereho y’abaturage ni ibya nyuma, imitangire ya serivisi yasubiye inyuma

radiotv10by radiotv10
14/10/2022
in MU RWANDA
0
Ibipimo by’imiyoborere: Kuzamura imibereho y’abaturage ni ibya nyuma, imitangire ya serivisi yasubiye inyuma

Umukecuru w’imyaka 120 wari ufite imibereho mibi bivugwa ko yakuwe mu bahabwa inkunga (Photo/RADIOTV10)

Share on FacebookShare on Twitter

Ibipimo by’imiyobore bishyirwa hanze n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), bigaragaza ko inkingi y’imitangire ya Serivisi yagabanutseho 4,17% ikaba ari na yo yonyine yasubiye inyuma, mu gihe iyo kuzamura imibereho y’abaturage yaje inyuma ifite 75,81%.

Ibi bipimo by’imiyoborere bizwi nka Rwanda Governance Scorecard (RGS), bigaruka ku nkingi umunani ari zo; iyubahirizwa ry’amategeko, Uburenganzira mu bya politiki n’ubwisanzure bw’abaturage, imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza, umutekano, kuzamura imibereho myiza y’abaturage, kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo, ireme ry’imitangire ya serivisi n’Imiyoborere mu bukungu n’ubucuruzi.

Ubu bushakashatsi bumuritswe ku nshuro ya cyenda, bugaragaza ko inkingi y’umutekano igikomeje kuza ku isonga; ifite 95,53% ivuye kuri 95,47% yariho mu bipimo biheruka. Nta mpinduka zidasanzwe zabayeho.

Naho inkingi y’iyubahirizwa ry’amategko, iri ku gipimo cya 90,81% ivuye kuri 87,08%. Ni ukuvuga ko yazamutseho 3,73%.

Inkingi y’uburenganzira mu bya politiki n’ubwisanzure bw’abaturage, yo ifite 87,84% mu gihe mu bipimo biheruka yari ifite 83,80%. Ni ukuvuga ko yazamutseho 4,04%.

Inkingi yaje ku mwanya wa nyuma, ni iyo kuzamura imibereho myiza y’abaturage, ifite 75,81% mu gihe mu bipimo biheruka yari kuri 75,23%. Habayeho izamuka rya 0,58%.

Indi nkingi ikunze kugarukwaho, ni iy’imitangire ya Serivisi na yo ikunze kuza inyuma, ikaba yaranamanutse ugereranyije n’ibipimo biheruka kuko iri kuri 77,69% mu gihe mu biheruka yari kuri 81.86%, ni ukuvuga ko yagabanutseho 4,17%.

Iyi nkingi y’imitangire ya Serivisi, ni na yo yonyine yasubiye inyuma ugereranyije n’ibipimo biheruka.

Inkingi y’imiyoborere mu bukungu n’ubucuruzi na yo ikomeje kugaragaramo ibibazo kuko muri ibi bipimo byasohotse uyu munsi, ifite 77,85% mu gihe mu bipimo biheruka yari ifite 74,65% ikaba ari na yo yari inyuma.

Ubwo ibipimo biheruka byatangazwaga, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, rwavuze ko impamvu iyi nkingi yaje ku mwanya wa nyuma, ari ibibazo byagiye byototera urwego rw’ubukungu n’ubucuruzi kubera icyorezo cya COVID-19.

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr Usta Kaitesi yavuze ko nko mu nkingi y’umutekano, impamvu ikunze kuza ku gipimo cyo hejuru, ari imikorere n’amahame ngengamyitwarire y’abakora muri uru rwego.

Ati “Iyo urebye nk’urwego rw’umutekano, urwego rwo gushimwa bukunze kuza hejuru ariko nanone urwego rwo kubazwa inshingano muri uru rwego, na rwo ruba ruri hejuru. Polisi ikunze kugaragaramo ruswa ariko ikanafatira ibyemezo abo muri uru rwego bagaragaweho ruswa. Abantu bashima cyane uburyo polisi itihanganira ruswa mu kubaza inshingano.”

Naho ku mitangire ya serivisi, yavuze ko iyo abantu bakomeje kunenga bimwe mu bibazo bigaragara mu nzego zinyuranye, nko gutwara abagenzi cyangwa mu mitangira ya serivisi mu by’amahoteli, abantu babitendaho cyane.

Avuga ko muri ibi by’imitangire ya serivisi, abantu bita ku tuntu twose nk’ubukererwe, aho gukorera, gusa akavuga ko aho ibi bipimo byatangiye kujya hanze, hakomeje kugaragara impinduka nziza.

Ati “Hari ikintu twazanye mu myumvire, nk’uburyo dusubiza abatugana baje kwaka serivisi, ni gute tubasubiza, ni gute dufata abantu batugana; kabone nubwo waba udafite igisubizo cya serivisi ashaka ariko nibura ukamwakira wamwubashye nk’umuntu.”

Yavuze ko ibi bizakomeza gusaba ubukangurambaga buzakorwa n’inzego zinyuranye, ariko abantu bakumva ko bagomba no kubazwa inshingano ku mitangire ya serivisi.

Dr Usta Kaitesi yamuritse ibyavuye muri ubu bushakashatsi
Igikorwa cyo kubumurika cyatumiwemo abo mu nzego zinyuranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 3 =

Previous Post

Mbabarira nka murumuna wawe- Muhoozi yasabye Imbabazi Perezida Ruto

Next Post

Icyari gushimangira urukundo rwabo nicyo cyabatandukanyije- Cyusa yahishuye ibye n’umukunzi we

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyari gushimangira urukundo rwabo nicyo cyabatandukanyije- Cyusa yahishuye ibye n’umukunzi we

Icyari gushimangira urukundo rwabo nicyo cyabatandukanyije- Cyusa yahishuye ibye n’umukunzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.