Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibipimo by’imiyoborere: Umutekano wongeye kuza ku isonga amanota ntiyanyeganyega, kurwanya ruswa biramanuka

radiotv10by radiotv10
21/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibipimo by’imiyoborere: Umutekano wongeye kuza ku isonga amanota ntiyanyeganyega, kurwanya ruswa biramanuka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi ku bipimo by’imiyoborere mu Rwanda by’uyu mwaka, bwagaragaje ko inkingi y’Umutekano yongeye kuza ku mwanya wa mbere n’amantoa 93,82%, izamukaho amanota 0,19%, mu gihe inkingi yo kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo yasubiye inyuma ku mwanya no mu manota.

Ubu bushakashatsi buzwi nka Rwanda Governance Scorecard (RGS) busanzwe bumurikwa buri mwaka n’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imiyoborere (RGB).

Ni ubushakashatsi bukorwa ku nkingi umunani, ari zo iyubahirizwa ry’amategeko, Uburenganzira mu bya politiki n’ubwisanzure bw’abaturage, imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza, umutekano, kuzamura imibereho myiza y’abaturage, kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo, ireme ry’imitangire ya serivisi, n’inkingi y’Imiyoborere mu bukungu n’ubucuruzi.

Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byamuritswe kuri uyu wa Kane tariki 21 Ugushyingo 2024, bigaragaza ko inkingi y’umutekano yakomeje kuza ku mwanya wa mbere n’amanota 93,82% aho ubushize na bwo yari yaje ku mwanya wa mbere n’amanota 93,63% (hiyongereyeho 0,19%).

Icyo gihe bwo amanota y’iyi nkingi yari yagabanutse, kuko yari yavuye kuri 95,53 yariho mu bushakashatsi bwari bwamuritswe 2022.

Mu mibare y’uyu mwaka, inkingi yo kubahiriza amategeko yongeye kuza ku mwanya wa kabiri n’amanota 88,51%, aho yagabanutseho amanota 0,32%; kuko umwaka ushize yari yagize 88,89%.

Inkingi y’Uburenganzira mu bya politiki n’ubwisanzure bw’abaturage, yaje ku mwanya wa gatatu ivuye ku mwanya wa kane yariho umwaka ushize, aho uyu mwaka ifite amanota 88,00%, mu gihe ubushize yari ifite amanota 88,01%.

Inkingi yo Kurwanya Ruswa no Gukorera mu Mucyo, yari yabaye iya gatatu umwaka ushize, ubu yaje ku mwanya wa kane n’amanota 86,65%, aho yagabanutseho amanota 2,32 kuko umwaka ushize yari ifite 88,97%.

Inkingi y’imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza, yaje ku mwanya wa gatanu n’amanota 85,84%, aho n’ubundi mu bipimo by’umwaka ushize yari iri kuri uyu mwanya ariko amanota yayo akaba yiyongereyeho 1,8% kuko ubushize yari ifite 84,04%.

Inkingi y’Imiyoborere mu bukungu n’ubucuruzi yaje ku mwanya wa gatandatu n’ubundi yariho ubushize, aho ubu ifite amanota 80,94% mu gihe umwaka ushize yari ifite 79,98%.

Inkingi y’ireme ry’imitangire ya serivisi, yaje ku mwanya wa karindwi yariho ubushize n’amanota 75,79% ikaba yaragabanutseho amanota 2,49% kuko ubushize yari ifite amanota 78,28%.

Inkingi yo kuzamura imibereho myiza n’iterambere by’abaturage, yaje ku mwanya wa munani, n’amanota 75,21% mu gihe umwaka ushize yari ifite 75,51%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + fourteen =

Previous Post

Umucyo ku byavugwaga ko hari ibibazo hagati y’Umuvugizi wa Rayon n’ubuyobozi bushya bwayo

Next Post

Inkuru y’akababaro ku ntiti mu by’ubukungu wari umwe mu nzobere mu Rwanda

Related Posts

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’
AMAHANGA

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

07/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro ku ntiti mu by’ubukungu wari umwe mu nzobere mu Rwanda

Inkuru y’akababaro ku ntiti mu by’ubukungu wari umwe mu nzobere mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.