Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibipimo by’imiyoborere: Umutekano wongeye kuza ku isonga amanota ntiyanyeganyega, kurwanya ruswa biramanuka

radiotv10by radiotv10
21/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibipimo by’imiyoborere: Umutekano wongeye kuza ku isonga amanota ntiyanyeganyega, kurwanya ruswa biramanuka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi ku bipimo by’imiyoborere mu Rwanda by’uyu mwaka, bwagaragaje ko inkingi y’Umutekano yongeye kuza ku mwanya wa mbere n’amantoa 93,82%, izamukaho amanota 0,19%, mu gihe inkingi yo kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo yasubiye inyuma ku mwanya no mu manota.

Ubu bushakashatsi buzwi nka Rwanda Governance Scorecard (RGS) busanzwe bumurikwa buri mwaka n’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imiyoborere (RGB).

Ni ubushakashatsi bukorwa ku nkingi umunani, ari zo iyubahirizwa ry’amategeko, Uburenganzira mu bya politiki n’ubwisanzure bw’abaturage, imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza, umutekano, kuzamura imibereho myiza y’abaturage, kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo, ireme ry’imitangire ya serivisi, n’inkingi y’Imiyoborere mu bukungu n’ubucuruzi.

Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byamuritswe kuri uyu wa Kane tariki 21 Ugushyingo 2024, bigaragaza ko inkingi y’umutekano yakomeje kuza ku mwanya wa mbere n’amanota 93,82% aho ubushize na bwo yari yaje ku mwanya wa mbere n’amanota 93,63% (hiyongereyeho 0,19%).

Icyo gihe bwo amanota y’iyi nkingi yari yagabanutse, kuko yari yavuye kuri 95,53 yariho mu bushakashatsi bwari bwamuritswe 2022.

Mu mibare y’uyu mwaka, inkingi yo kubahiriza amategeko yongeye kuza ku mwanya wa kabiri n’amanota 88,51%, aho yagabanutseho amanota 0,32%; kuko umwaka ushize yari yagize 88,89%.

Inkingi y’Uburenganzira mu bya politiki n’ubwisanzure bw’abaturage, yaje ku mwanya wa gatatu ivuye ku mwanya wa kane yariho umwaka ushize, aho uyu mwaka ifite amanota 88,00%, mu gihe ubushize yari ifite amanota 88,01%.

Inkingi yo Kurwanya Ruswa no Gukorera mu Mucyo, yari yabaye iya gatatu umwaka ushize, ubu yaje ku mwanya wa kane n’amanota 86,65%, aho yagabanutseho amanota 2,32 kuko umwaka ushize yari ifite 88,97%.

Inkingi y’imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza, yaje ku mwanya wa gatanu n’amanota 85,84%, aho n’ubundi mu bipimo by’umwaka ushize yari iri kuri uyu mwanya ariko amanota yayo akaba yiyongereyeho 1,8% kuko ubushize yari ifite 84,04%.

Inkingi y’Imiyoborere mu bukungu n’ubucuruzi yaje ku mwanya wa gatandatu n’ubundi yariho ubushize, aho ubu ifite amanota 80,94% mu gihe umwaka ushize yari ifite 79,98%.

Inkingi y’ireme ry’imitangire ya serivisi, yaje ku mwanya wa karindwi yariho ubushize n’amanota 75,79% ikaba yaragabanutseho amanota 2,49% kuko ubushize yari ifite amanota 78,28%.

Inkingi yo kuzamura imibereho myiza n’iterambere by’abaturage, yaje ku mwanya wa munani, n’amanota 75,21% mu gihe umwaka ushize yari ifite 75,51%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Umucyo ku byavugwaga ko hari ibibazo hagati y’Umuvugizi wa Rayon n’ubuyobozi bushya bwayo

Next Post

Inkuru y’akababaro ku ntiti mu by’ubukungu wari umwe mu nzobere mu Rwanda

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro ku ntiti mu by’ubukungu wari umwe mu nzobere mu Rwanda

Inkuru y’akababaro ku ntiti mu by’ubukungu wari umwe mu nzobere mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.