Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibipimo by’imiyoborere: Umutekano wongeye kuza ku isonga amanota ntiyanyeganyega, kurwanya ruswa biramanuka

radiotv10by radiotv10
21/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibipimo by’imiyoborere: Umutekano wongeye kuza ku isonga amanota ntiyanyeganyega, kurwanya ruswa biramanuka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi ku bipimo by’imiyoborere mu Rwanda by’uyu mwaka, bwagaragaje ko inkingi y’Umutekano yongeye kuza ku mwanya wa mbere n’amantoa 93,82%, izamukaho amanota 0,19%, mu gihe inkingi yo kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo yasubiye inyuma ku mwanya no mu manota.

Ubu bushakashatsi buzwi nka Rwanda Governance Scorecard (RGS) busanzwe bumurikwa buri mwaka n’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imiyoborere (RGB).

Ni ubushakashatsi bukorwa ku nkingi umunani, ari zo iyubahirizwa ry’amategeko, Uburenganzira mu bya politiki n’ubwisanzure bw’abaturage, imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza, umutekano, kuzamura imibereho myiza y’abaturage, kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo, ireme ry’imitangire ya serivisi, n’inkingi y’Imiyoborere mu bukungu n’ubucuruzi.

Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byamuritswe kuri uyu wa Kane tariki 21 Ugushyingo 2024, bigaragaza ko inkingi y’umutekano yakomeje kuza ku mwanya wa mbere n’amanota 93,82% aho ubushize na bwo yari yaje ku mwanya wa mbere n’amanota 93,63% (hiyongereyeho 0,19%).

Icyo gihe bwo amanota y’iyi nkingi yari yagabanutse, kuko yari yavuye kuri 95,53 yariho mu bushakashatsi bwari bwamuritswe 2022.

Mu mibare y’uyu mwaka, inkingi yo kubahiriza amategeko yongeye kuza ku mwanya wa kabiri n’amanota 88,51%, aho yagabanutseho amanota 0,32%; kuko umwaka ushize yari yagize 88,89%.

Inkingi y’Uburenganzira mu bya politiki n’ubwisanzure bw’abaturage, yaje ku mwanya wa gatatu ivuye ku mwanya wa kane yariho umwaka ushize, aho uyu mwaka ifite amanota 88,00%, mu gihe ubushize yari ifite amanota 88,01%.

Inkingi yo Kurwanya Ruswa no Gukorera mu Mucyo, yari yabaye iya gatatu umwaka ushize, ubu yaje ku mwanya wa kane n’amanota 86,65%, aho yagabanutseho amanota 2,32 kuko umwaka ushize yari ifite 88,97%.

Inkingi y’imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza, yaje ku mwanya wa gatanu n’amanota 85,84%, aho n’ubundi mu bipimo by’umwaka ushize yari iri kuri uyu mwanya ariko amanota yayo akaba yiyongereyeho 1,8% kuko ubushize yari ifite 84,04%.

Inkingi y’Imiyoborere mu bukungu n’ubucuruzi yaje ku mwanya wa gatandatu n’ubundi yariho ubushize, aho ubu ifite amanota 80,94% mu gihe umwaka ushize yari ifite 79,98%.

Inkingi y’ireme ry’imitangire ya serivisi, yaje ku mwanya wa karindwi yariho ubushize n’amanota 75,79% ikaba yaragabanutseho amanota 2,49% kuko ubushize yari ifite amanota 78,28%.

Inkingi yo kuzamura imibereho myiza n’iterambere by’abaturage, yaje ku mwanya wa munani, n’amanota 75,21% mu gihe umwaka ushize yari ifite 75,51%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Umucyo ku byavugwaga ko hari ibibazo hagati y’Umuvugizi wa Rayon n’ubuyobozi bushya bwayo

Next Post

Inkuru y’akababaro ku ntiti mu by’ubukungu wari umwe mu nzobere mu Rwanda

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro ku ntiti mu by’ubukungu wari umwe mu nzobere mu Rwanda

Inkuru y’akababaro ku ntiti mu by’ubukungu wari umwe mu nzobere mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.