Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mu biganiro byamuhuje na mugenzi we wa Congo byagombaga kubimburira ibyari guhuza Perezida Paul Kagame na Tshisekedi, Guverinoma ya Congo yisubiye ku ngingo y’ibiganiro yari yaremeye kuzagirana na M23, bigatuma iyi nama irangira itagize icyo igeraho.

Minisitiri Olivier Nduhungire wari uyoboye intumwa za Guverinoma z’u Rwanda zitabiriye inama y’i Luanda ya karindwi yo ku rwego rw’Abaminisitiri yabaye tariki 14 Ukuboza 2024, yabitangaje kuri iki cyumweru tariki 15 Ukuboza 2024, umunsi wagombaga kuberaho ibiganiro byari guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi, ariko bigasubikwa ku munota wa nyuma.

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko ubwo u Rwanda rwakiraga ibaruwa y’ubutumire bw’inama y’Abakuru b’Ibihugu yagombaga kuba ku ya 15 Ukuboza, Guverinoma ya Angola nk’umuhuza, yamenyesheje u Rwanda ko “noneho Guverinoma ya Congo yemeye ibiganiro n’umutwe wa M23 mu rwego rw’ibiganiro bya Nairobi.”

Angola kandi yanoherereje u Rwanda, umushinga w’amasezerano yagombaga gushyirwaho umukono n’Abakuru b’Ibihugu, wagaragazaga ko ubutegetsi bw’i Kinshasa bwemeye kuganira na M23.

Ati “Hanyuma rero tugeze mu nama y’Abaminisitiri ejo [ku wa Gatandatu tariki 14 Ukuboza], Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo, noneho iryo jambo ‘dialogue’ [ibiganiro] araryanga aratsemba ku buryo twamaze amasaha agera ku icyenda ari cyo kibazo turiho cyonyine.”

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko icyatumye iyi nama y’Abaminisitiri itagira icyo igeraho, ari ingingo imwe gusa ari yo iyi yo kuba Guverinoma ya Congo igomba kwemera kugirana ibiganiro na M23.

Ati “Kuko umubano hagati y’u Rwanda na Congo wagize ibibazo turimo ubu, kubera ibibazo bitatu by’umutekano impande zombi zivuga; hari ikibazo cy’umutwe w’abajenosideri wa FDLR, hari ikibazo cy’ubwirinzi bw’u Rwanda, Guverinoma ya Congo ivuga ko zibabangamiye, ndetse n’ikibazo cya M23.”

Avuga ko ibibazo bibiri muri ibi bitatu, byahawe umurongo n’inama y’Abaminisitiri yabaye tariki 25 Ugushyingo, ariko iki cya M23 cyo kitarahabwa umurongo w’uburyo kizakemuka, kandi ko umuti wacyo ugomba kuva mu biganiro bya Congo n’uyu mutwe.

Minisitiri Nduhungirehe wari uyoboye intumwa z’u Rwanda ku wa Gatandatu

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko kugeza kuri iyi nama y’Abaminisitiri ya karindwi, hari intambwe yagendaga iterwa mu biganiro, ariko ko muri iyi nama yo ku wa Gatandatu, u Rwanda rwanagaragaje uko byifashe mu burasirazuba bwa Congo, aho hakigaragara ubushake bucye bw’ubutegetsi bwa Kinshasa mu gushaka umuti binyuze mu nzira z’amahoro.

Ati “Kuko hari ingabo nyinshi zikomeza koherezwa hariya, hari intwaro nshya, ibikoresho bya gisirikare birimo n’aya ma-drone ya gisirikare, hari ubufatanye bukomeje hagati n’uyu mutwe wa FDLR, n’ejobundi kuva inama ya gatandatu iba ku itariki ya 25 Ugushyingo kugeza ubu, nababwiye n’inama zagiye ziba hagati y’abayobozi bakuru b’ingabo za FARDC n’abayobozi ba FDLR, kandi i Luanda turimo tuvuga ko turi kugarura amahoro.”

Nduhungirehe kandi avuga ko ubu bufatanye bwa FARDC n’abasanzwe bayifasha, barimo uyu mutwe wa FDLR, Abacancuro b’abanyaburayi, Wazalendo ndetse n’ingabo z’u Burundi, bufite umugambi wo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda, ku buryo bigaragara ko ubutegetsi bwa Congo budafite ubushake.

Ati “Biduteye impungenge cyane cyane ko birimo binakorwa mu gihe hari imvugo z’urwango ziyongereye harimo n’imvugo za Perezida wa Congo ubwe, wavuze inshuro nyinshi yuko ashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda, ibyo rero n’ejo nkaba narabivuze, ko nubwo tujya mu biganiro bya Luanda, ariko n’icyo kibazo kiduteye impungenge kigomba gushakirwa umuti.”

Akomeza avuga ko atari ubwa mbere Guverinoma ya Congo inyuranyije n’ibigenda byemeranywaho mu biganiro by’i Luanda, kuko n’inama z’Abaminisitiri zabanje, zitabirwaga n’Abaminisitiri bariho mbere (Dr Vincent Biruta na Christophe Lutundula) Congo yabanje kwiyemeza kurandura FDLR, ariko ikomeza kwinangira, ahubwo ko gufatanya n’uyu mutwe w’abajenosideru, byakomeje kugira imbaraga.

Ati “Ni ukuvuga ko ibyo dukora mu biganiro by’i Luanda, kuri Congo bo, ni nk’aho ari ukwiyerurutsa bereka amahanga ko bashaka amahoro ariko batayashaka, kuko ibyo tubona bibera iburasirazuba bwa Congo byerekana ko bagitsimbaraye ku ntambara, bagitsimbaraye kuri iyo ngengabitekerezo ya Jenoside bashyizwemo na FDLR, bagitsimbaraye mu gushaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.”

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko u Rwanda rufite ubushake bwo kugira ngo ibibazo biri mu burasirazuba bwa Congo birangire kuko na rwo birubangamiye kandi bibangamiye akarere rurimo, kandi ko ruzakomeza “guhanyanaza kugira ngo turebe yuko Guverinoma ya Congo izageza aho ikumva ko ibyo irimo byo gushaka intambara, byanze bikunze nta kamaro bifite.”

Yaboneyeho gusaba amahanga kumva ko igihe kigeze akabwira ubutegetsi bwa Congo, kumva ko inzira z’intambara zitazagira icyo zibugezaho.

Imbere ya Guverinoma ya Angola, Minisitiri wa Congo yarisubiye bitunguranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 1 =

Previous Post

Harumvikana kudahuza hagati y’ubuyobozi n’abaturage bavuga ko bamaranye imyaka ibiri ikibazo

Next Post

Karongi: Ubuzima buteye agahinda bw’abana biga bataha ku muhanda n’icyo ubuyobozi bubavugaho

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Ubuzima buteye agahinda bw’abana biga bataha ku muhanda n’icyo ubuyobozi bubavugaho

Karongi: Ubuzima buteye agahinda bw’abana biga bataha ku muhanda n’icyo ubuyobozi bubavugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.