Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibirambuye kuri bomboribombori ivugwa hagati y’abahanzi bagezweho mu Rwanda n’icyayizamuye

radiotv10by radiotv10
21/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ibirambuye kuri bomboribombori ivugwa hagati y’abahanzi bagezweho mu Rwanda n’icyayizamuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Kevin Kade uri mu bagezweho muri iki gihe, avuga ko atazi uburyo indirimbo ‘Ndasaze’ yakoranye na Papa Cyangwe yagiye hanze, mu gihe mugenzi we avuga ko bibabaje kuba uyu muhanzi yihakana icyo gihangano.

Indirimbo ‘Ndasaze’ imaze ukwezi igiye hanze, iri kuri album ‘Live and die’ y’umuhanzi Papa Cyangwe, aho uyu muhanzi yiyambaje mugenzi we Kevin Kaden go bayikorane.

Mu kiganiro Kevin Kade yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko iyi ndirimbo atayizi, ubundi avuga ko atazi uburyo yagiye hanze.

Yagize ati “Ntayo nzi. Numva ngo yarasohoste ariko yasohoste mu buryo ntazi cyane ko ari indirimbo itari yarangiye gukorwa kuko n’iyo uyumvise wumva ko hari ibitarangiye muri yo.”

Uyu muhanzi yemera ko yakoranye indirimbo na Papa Cyangwe, ariko ko yayikoze mu buryo bwa hutihuti, ku buryo atabonye umwanya wo kuyirangiza.

Papa Cyangwe we avuga ko atashyize hanze iyi ndirimbo atabyumvikanyeho na Kevin Kade nk’uko abivuga, ndetse akagenera ubutumwa uyu muhanzi.

Ati “Ni ikintu kibabaje kuba mugenzi wawe yakwihakana indirimbo yakuvunnye akanasebya album wakoze igutwaye imbaraga.”

Akomeza avuga ko ubwo iyi ndirimbo yari imaze gutunganywa yayisangije uwo bayikoranye (Kevin Kade) ndetse akamubwira ko ari nziza, ariko ko atazi uburyo yaje guhindura imvugo akagenda ayisebya.

Gusa ngo Kevin Kade yageze aho asaba Papa Cyangwe ko iyi ndirimbo yakongera igatungwa, igakorwa na Producer Element, ariko akamuhakanira kuko atari we wakoze iyi album ye.

Blandy Star
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zashimiwe umusanzu mu kwimakaza umutekano ntizitinye n’aho rukomeye

Next Post

Umuhanzikazi w’icyamamare wisabiye gatanya bigiye kumusiga mu gihombo gikomeye

Related Posts

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi w’icyamamare wisabiye gatanya bigiye kumusiga mu gihombo gikomeye

Umuhanzikazi w’icyamamare wisabiye gatanya bigiye kumusiga mu gihombo gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.