Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibirambuye kuri bomboribombori ivugwa hagati y’abahanzi bagezweho mu Rwanda n’icyayizamuye

radiotv10by radiotv10
21/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ibirambuye kuri bomboribombori ivugwa hagati y’abahanzi bagezweho mu Rwanda n’icyayizamuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Kevin Kade uri mu bagezweho muri iki gihe, avuga ko atazi uburyo indirimbo ‘Ndasaze’ yakoranye na Papa Cyangwe yagiye hanze, mu gihe mugenzi we avuga ko bibabaje kuba uyu muhanzi yihakana icyo gihangano.

Indirimbo ‘Ndasaze’ imaze ukwezi igiye hanze, iri kuri album ‘Live and die’ y’umuhanzi Papa Cyangwe, aho uyu muhanzi yiyambaje mugenzi we Kevin Kaden go bayikorane.

Mu kiganiro Kevin Kade yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko iyi ndirimbo atayizi, ubundi avuga ko atazi uburyo yagiye hanze.

Yagize ati “Ntayo nzi. Numva ngo yarasohoste ariko yasohoste mu buryo ntazi cyane ko ari indirimbo itari yarangiye gukorwa kuko n’iyo uyumvise wumva ko hari ibitarangiye muri yo.”

Uyu muhanzi yemera ko yakoranye indirimbo na Papa Cyangwe, ariko ko yayikoze mu buryo bwa hutihuti, ku buryo atabonye umwanya wo kuyirangiza.

Papa Cyangwe we avuga ko atashyize hanze iyi ndirimbo atabyumvikanyeho na Kevin Kade nk’uko abivuga, ndetse akagenera ubutumwa uyu muhanzi.

Ati “Ni ikintu kibabaje kuba mugenzi wawe yakwihakana indirimbo yakuvunnye akanasebya album wakoze igutwaye imbaraga.”

Akomeza avuga ko ubwo iyi ndirimbo yari imaze gutunganywa yayisangije uwo bayikoranye (Kevin Kade) ndetse akamubwira ko ari nziza, ariko ko atazi uburyo yaje guhindura imvugo akagenda ayisebya.

Gusa ngo Kevin Kade yageze aho asaba Papa Cyangwe ko iyi ndirimbo yakongera igatungwa, igakorwa na Producer Element, ariko akamuhakanira kuko atari we wakoze iyi album ye.

Blandy Star
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − one =

Previous Post

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zashimiwe umusanzu mu kwimakaza umutekano ntizitinye n’aho rukomeye

Next Post

Umuhanzikazi w’icyamamare wisabiye gatanya bigiye kumusiga mu gihombo gikomeye

Related Posts

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi w’icyamamare wisabiye gatanya bigiye kumusiga mu gihombo gikomeye

Umuhanzikazi w’icyamamare wisabiye gatanya bigiye kumusiga mu gihombo gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.