Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiregwa Prof Harelimana wayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative byatangajwe imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
29/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibiregwa Prof Harelimana wayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative byatangajwe imbere y’Urukiko

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Prof Harelimana Jean Bosco wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative (RCA), ukurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha igitinyiro, yahakanye ibyaha akurikiranyweho, avuga ko bimwe muri byo bifite abandi babibazwa kuko byari mu nshingano zabo.

Ni mu rubanza ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo rwabaye kuri uyu wa Kane tariki 28 Nzeri 2023, mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, aho Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye zituma bwifuza ko abaregwa muri iyi dosiye bafungwa by’agateganyo iminsi 30.

Prof Harelimana aregwa hamwe n’Umukozi ushinzwe amasoko mu Kigo cy’Igihugu cy’Amakoperative, Hakizimana Clever ndetse n’uwari ushinzwe ububiko muri iki kigo, Gahongayire Liliane.

Prof Harelimana aregwa ibyaha birimo gukoresha igitinyiro, gufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, urwango, ikimenyane cyangwa icyenewabo.

Ubushinjacyaha bugaragaza bimwe mu bikorwa bigize ibyaha bikekwa kuri Prof Harelimana, bwavuze ko hari abakozi babiri b’ikigo yayoboraga, bohereje mu butumwa bwo kujyana n’Ikigo gitegura ibizamini by’akazi k’abinjira muri iki kigo, bakifashishwa mu gutegura ibizamini kandi na bo bari abakandida.

Bwavuze ko byumvikana ko ntacyari kubabuza gutsindira imyanya bakoreragaho ibizamini. Buti “Icyavuyemo ni uko na bo batsinze kandi bafite amanota yo hejuru, nka 90.’’

Prof Harelimana agira icyo avuga kuri iki gikorwa kiri mu bigize ibyaha akekwaho, yavuze ko nubwo yari umuyobozi ariko atari we wari ufite inshingano zo gushyira mu myaka abakozi kandi ko atari no kubasha kumenya ko abo bakozi bari mu bazakora ibizamini.

Ati “Sinigeze menya ko abo bakozi bari mu bakandida bazakora ibyo bizamini. Icyo kigo cyatsindiye isoko muri RCA ubusanzwe gisaba DAF (Ushinzwe Imari) na HR (ushinzwe abakozi) ko bakorana.’’

Prof Harelimana wagaragazaga ko ibi ashinjwa, biba bifite ubishinzwe ku buryo ari we wabitangaho ibisobanuro birambuye.

Yagize ati “Umukozi ushinzwe Amasoko ni we ukurikirana ipiganwa rya ba rwiyemezamirimo. Iyo asabye ibisobanuro ni we ubitanga kugeza birangiye. Uyu mukozi ushinzwe amasoko twari tumaranye hafi imyaka itanu. Numva rwose yabisobanura, tukumva uko byakozwe.”

Ubushinjacyaha kandi bwanasobanuye ku cyaha cyo gufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, urwango, ikimenyane cyangwa icyenewabo, buvuga ko hari amajwi yumvikanamo uyu wahoze ayora RCA yigamba ko muri iki kigo, afite ububasha bwo kuba uwo ashaka ari we uhabwa akazi.

Bwavuze ko ayo majwi yafashwe Prof Harelimana aganira n’Umukozi w’iki Kigo yayobora, amusaba ko uwo badashaka agomba kwirukanwa, kandi koko bamwe birukanywe.

Iki cyaha na cyo Prof Harelimana yagihakanye, avuga ko gishingiye ku inyerezwa ry’amafaranga yanyerejwe muri Koperative yitwa KIAKA, aho umukozi wayo yasabye ruswa ya miliyoni 22 Frw, bikaza kuvamo ibibazo byatumye havugwa ibyumvikana muri ayo majwi.

Ni mu gihe Hakizimana Clever we ashinjwa ibyaha birimo na we gutanga isoko rya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko, Gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro no gutanga inyungu zidafite ishingiro mu gihe cy’ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano.

Naho Gahongayire Liliane ashinjwa na we ibyaha birimo icyo gutanga inyungu zidafite ishingiro mu gihe cyo gushyira amasezerano. Bose bakaba baburana bahakana ibyaha bashinjwa.

Ubushinjacyaha buvuga ko hagendewe ku byagezweho mu iperereza nk’uko binagaragara muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2021-2022, bityo ko abaregwa, bakwiye gufungwa by’agateganyo.

Urukiko rwahise rupfundikira urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo, rwanzura ko ruzasomwa umwanzuro warwo mu cyumweru gitaha, tariki 03 Ukwakira 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 5 =

Previous Post

Igikekwa ku rupfu rw’abahungu babiri basanze bapfiriye mu nzu nyuma yo kwica urugi

Next Post

Ibyitezwe mu muti wumvikanamo agashya uri kuvugutirwa ibibazo byo gutwara abagenzi

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyitezwe mu muti wumvikanamo agashya uri kuvugutirwa ibibazo byo gutwara abagenzi

Ibyitezwe mu muti wumvikanamo agashya uri kuvugutirwa ibibazo byo gutwara abagenzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.