Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiregwa Prof Harelimana wayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative byatangajwe imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
29/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibiregwa Prof Harelimana wayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative byatangajwe imbere y’Urukiko

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Prof Harelimana Jean Bosco wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative (RCA), ukurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha igitinyiro, yahakanye ibyaha akurikiranyweho, avuga ko bimwe muri byo bifite abandi babibazwa kuko byari mu nshingano zabo.

Ni mu rubanza ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo rwabaye kuri uyu wa Kane tariki 28 Nzeri 2023, mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, aho Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye zituma bwifuza ko abaregwa muri iyi dosiye bafungwa by’agateganyo iminsi 30.

Prof Harelimana aregwa hamwe n’Umukozi ushinzwe amasoko mu Kigo cy’Igihugu cy’Amakoperative, Hakizimana Clever ndetse n’uwari ushinzwe ububiko muri iki kigo, Gahongayire Liliane.

Prof Harelimana aregwa ibyaha birimo gukoresha igitinyiro, gufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, urwango, ikimenyane cyangwa icyenewabo.

Ubushinjacyaha bugaragaza bimwe mu bikorwa bigize ibyaha bikekwa kuri Prof Harelimana, bwavuze ko hari abakozi babiri b’ikigo yayoboraga, bohereje mu butumwa bwo kujyana n’Ikigo gitegura ibizamini by’akazi k’abinjira muri iki kigo, bakifashishwa mu gutegura ibizamini kandi na bo bari abakandida.

Bwavuze ko byumvikana ko ntacyari kubabuza gutsindira imyanya bakoreragaho ibizamini. Buti “Icyavuyemo ni uko na bo batsinze kandi bafite amanota yo hejuru, nka 90.’’

Prof Harelimana agira icyo avuga kuri iki gikorwa kiri mu bigize ibyaha akekwaho, yavuze ko nubwo yari umuyobozi ariko atari we wari ufite inshingano zo gushyira mu myaka abakozi kandi ko atari no kubasha kumenya ko abo bakozi bari mu bazakora ibizamini.

Ati “Sinigeze menya ko abo bakozi bari mu bakandida bazakora ibyo bizamini. Icyo kigo cyatsindiye isoko muri RCA ubusanzwe gisaba DAF (Ushinzwe Imari) na HR (ushinzwe abakozi) ko bakorana.’’

Prof Harelimana wagaragazaga ko ibi ashinjwa, biba bifite ubishinzwe ku buryo ari we wabitangaho ibisobanuro birambuye.

Yagize ati “Umukozi ushinzwe Amasoko ni we ukurikirana ipiganwa rya ba rwiyemezamirimo. Iyo asabye ibisobanuro ni we ubitanga kugeza birangiye. Uyu mukozi ushinzwe amasoko twari tumaranye hafi imyaka itanu. Numva rwose yabisobanura, tukumva uko byakozwe.”

Ubushinjacyaha kandi bwanasobanuye ku cyaha cyo gufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, urwango, ikimenyane cyangwa icyenewabo, buvuga ko hari amajwi yumvikanamo uyu wahoze ayora RCA yigamba ko muri iki kigo, afite ububasha bwo kuba uwo ashaka ari we uhabwa akazi.

Bwavuze ko ayo majwi yafashwe Prof Harelimana aganira n’Umukozi w’iki Kigo yayobora, amusaba ko uwo badashaka agomba kwirukanwa, kandi koko bamwe birukanywe.

Iki cyaha na cyo Prof Harelimana yagihakanye, avuga ko gishingiye ku inyerezwa ry’amafaranga yanyerejwe muri Koperative yitwa KIAKA, aho umukozi wayo yasabye ruswa ya miliyoni 22 Frw, bikaza kuvamo ibibazo byatumye havugwa ibyumvikana muri ayo majwi.

Ni mu gihe Hakizimana Clever we ashinjwa ibyaha birimo na we gutanga isoko rya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko, Gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro no gutanga inyungu zidafite ishingiro mu gihe cy’ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano.

Naho Gahongayire Liliane ashinjwa na we ibyaha birimo icyo gutanga inyungu zidafite ishingiro mu gihe cyo gushyira amasezerano. Bose bakaba baburana bahakana ibyaha bashinjwa.

Ubushinjacyaha buvuga ko hagendewe ku byagezweho mu iperereza nk’uko binagaragara muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2021-2022, bityo ko abaregwa, bakwiye gufungwa by’agateganyo.

Urukiko rwahise rupfundikira urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo, rwanzura ko ruzasomwa umwanzuro warwo mu cyumweru gitaha, tariki 03 Ukwakira 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Igikekwa ku rupfu rw’abahungu babiri basanze bapfiriye mu nzu nyuma yo kwica urugi

Next Post

Ibyitezwe mu muti wumvikanamo agashya uri kuvugutirwa ibibazo byo gutwara abagenzi

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyitezwe mu muti wumvikanamo agashya uri kuvugutirwa ibibazo byo gutwara abagenzi

Ibyitezwe mu muti wumvikanamo agashya uri kuvugutirwa ibibazo byo gutwara abagenzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.