• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiri gukekwa nyuma y’uko muri Kaminuza y’u Rwanda hatoraguwe uruhinja

radiotv10by radiotv10
01/12/2023
in MU RWANDA
0
Ibiri gukekwa nyuma y’uko muri Kaminuza y’u Rwanda hatoraguwe uruhinja
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko mu macumbi y’abakobwa bo muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye mu riherereye mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, hatoraguwe umurambo w’uruhinja rwari mu gakangara kamenwamo imyanda, birakekwa ko ari uwambyaye akamuniga, ubundi kumujugunyamo.

Umurambo w’uru ruhinja wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Ukuboza 2023, mu gakangara kamwe gashyirwamo imyanya [Poubelle/dustbin] yo muri aya macumbi azwi nka Benghazi, aho ababonye uru ruhinja rwitabye Imana, bavuga ko rwasaga nk’urugeze igihe cyo kuvuka.

Uru ruhinja rwabonywe n’umukozi ushinzwe amasuku muri iyi Kaminuza, ubwo yari mu kazi ke gasanzwe ari kureba niba hari imyanda iri mu dukangara, akaza kugwa kuri aka karimo uruhinja rwapfuye.

Bamwe mu basanzwe bakora muri iyi kaminuza, barimo abakora amasuku n’abahacungira umutekano, bavuga ko bishobora kuba byakozwe n’umwe mu bakobwa basanzwe biga muri iyi kaminuza, uba muri aya macumbi, wakuyemo inda, ubundi akajya kujugunya uruhinja muri Poubelle.

Umwe yagize ati “Uriya mwana yari mukuru, yakabaye yanarize akivuka abantu bakabyumva. Igishoboka uriya mwana uwamubyaye yahise amuniga.”

Uyu usanzwe akora amasuku muri Kaminuza y’u Rwanda, avuga ko abanyeshuri bo muri iri shuri, bahishirana ku buryo hari abashobora kuba bazi amakuru y’uwakoze iki gikorwa.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, na Polisi y’u Rwanda, bahise bagera ahabonetse umurambo w’uru ruhinja, kugira ngo izi nzego zitangire iperereza ryo kumenya uwakoze iki gikorwa, mu gihe umurambo w’uru ruhinja wahise ujyanwa ku Bitaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 14 =

Previous Post

Muri Uganda haravugwa ibyabaye ku mukecuru byumvikana nk’ibitangaza bivugwa muri Bibiliya

Next Post

Rayon yasobanuye ibyo kubabarira Youssef ikurira inzira ku murima uwo basezerewe rimwe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Rayon yasobanuye ibyo kubabarira Youssef ikurira inzira ku murima uwo basezerewe rimwe

Rayon yasobanuye ibyo kubabarira Youssef ikurira inzira ku murima uwo basezerewe rimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.