Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiri gukekwa nyuma y’uko muri Kaminuza y’u Rwanda hatoraguwe uruhinja

radiotv10by radiotv10
01/12/2023
in MU RWANDA
0
Ibiri gukekwa nyuma y’uko muri Kaminuza y’u Rwanda hatoraguwe uruhinja
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko mu macumbi y’abakobwa bo muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye mu riherereye mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, hatoraguwe umurambo w’uruhinja rwari mu gakangara kamenwamo imyanda, birakekwa ko ari uwambyaye akamuniga, ubundi kumujugunyamo.

Umurambo w’uru ruhinja wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Ukuboza 2023, mu gakangara kamwe gashyirwamo imyanya [Poubelle/dustbin] yo muri aya macumbi azwi nka Benghazi, aho ababonye uru ruhinja rwitabye Imana, bavuga ko rwasaga nk’urugeze igihe cyo kuvuka.

Uru ruhinja rwabonywe n’umukozi ushinzwe amasuku muri iyi Kaminuza, ubwo yari mu kazi ke gasanzwe ari kureba niba hari imyanda iri mu dukangara, akaza kugwa kuri aka karimo uruhinja rwapfuye.

Bamwe mu basanzwe bakora muri iyi kaminuza, barimo abakora amasuku n’abahacungira umutekano, bavuga ko bishobora kuba byakozwe n’umwe mu bakobwa basanzwe biga muri iyi kaminuza, uba muri aya macumbi, wakuyemo inda, ubundi akajya kujugunya uruhinja muri Poubelle.

Umwe yagize ati “Uriya mwana yari mukuru, yakabaye yanarize akivuka abantu bakabyumva. Igishoboka uriya mwana uwamubyaye yahise amuniga.”

Uyu usanzwe akora amasuku muri Kaminuza y’u Rwanda, avuga ko abanyeshuri bo muri iri shuri, bahishirana ku buryo hari abashobora kuba bazi amakuru y’uwakoze iki gikorwa.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, na Polisi y’u Rwanda, bahise bagera ahabonetse umurambo w’uru ruhinja, kugira ngo izi nzego zitangire iperereza ryo kumenya uwakoze iki gikorwa, mu gihe umurambo w’uru ruhinja wahise ujyanwa ku Bitaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Muri Uganda haravugwa ibyabaye ku mukecuru byumvikana nk’ibitangaza bivugwa muri Bibiliya

Next Post

Rayon yasobanuye ibyo kubabarira Youssef ikurira inzira ku murima uwo basezerewe rimwe

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon yasobanuye ibyo kubabarira Youssef ikurira inzira ku murima uwo basezerewe rimwe

Rayon yasobanuye ibyo kubabarira Youssef ikurira inzira ku murima uwo basezerewe rimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.