Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

radiotv10by radiotv10
08/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba
Share on FacebookShare on Twitter

Impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi, zatashywe n’ubwoba kubera ibikorwa byo gufata no gusaka bamwe muri bo bimaze iminsi bikorwa n’igipolisi cya kiriya Gihugu, ndetse bamwe bakirukanwa bagasubizwa mu Gihugu cyabo nyamara barakivuyemo bagihunze.

Amakuru dukesha SOS Medias Burundi, avuga ko i Bujumbura hamaze iminsi hari umukwabu wo gufata no gusaka Abanyekongo bari muri uyu mujyi.

Iki kinyamakuru kivuga ko umukwabu uheruka wabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 03 Ukwakira mu gace ka Mutakura ko mu majyaruguru ya Burujumbura, aho Igipolisi cy’u Burundi cyakoze isaka ridasanzwe, ryasize abiganjemo impunzi z’Abanyekongo zifashwe, zizizwa kuba zidafite ibyangombwa bizemerera gutura i Bujumbura.

Mu minsi ine mbere yo ku wa Gatanu, nanone habaye umukwabu nk’uyu mu Ntara ya Cibitoke, wasize hari benshi batawe muri yombi, aho bamwe bamaze iminsi bafungiye muri za Kasho, bakaza kurekurwa ari uko buri umwe yishyuye ibihumbi 200 by’amarundi.

Ni mu gihe abo byagaragaye ko badafite ibyangombwa, bahise boherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo banyujijwe ku Mupaka wa Gatumba-Kavimvira, mu gihe nyamara bivugwa ko ari impunzi zari zarahunze Igihugu cyabo.

Umwe mu Banyekongo bafite ijambo muri Kominote y’ababa i Bujumbura, yamaganye yivuye inyuma ibiriho bikorerwa bene wabo muri iki Gihugu cy’u Burundi.

Yagize ati “U Burundi ni Igihugu cy’inshuti na DRC. Ntitwumva uburyo abantu bakomeje gutabwa muri yombi ku bwinshi ndetse bakanirukanwa. Bamwe mu bantu bacu bari koherezwa mu bice bisanzwe birimo ibibazo by’umutekano.”

Yakomeje agira ati “Abandi ntibashaka kwaka ibyangombwa by’ubuhunzi kuko basanzwe bambuka umupaka kubera imirimo bakora kugira ngo batunge imiryango yabo hano i Bujumbura. Turasaba Guverinoma y’u Burundi guhagarika ibi bikorwa bibangamira Abanyekongo.”

Uyu Munyekongo uba i Bujumbura yakomeje avuga ko ariya mande acibwa Abanyekongo bafatwa ndetse no kohereza bamwe, bigira ingaruka ku miryango myinshi, agasaba Ambasade y’Igihugu cy’iwabo ko yaganira n’ubutegetsi bw’u Burundi, kugira ngo ibi bikorwa byo gutandukanya imiryango bihagarare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + fourteen =

Previous Post

Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

Next Post

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.