Sunday, September 8, 2024

Ibirori byagaragaje umwihariko mu myidagaduro mu Rwanda biragarutse

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Igikorwa cya ‘Kigali Auto Show’ kimurikirwamo imodoka z’ubwoko bwihariye, kiragarutse ku nshuro yacyo ya kabiri, aho icy’uyu mwaka kitezwemo imodoka 100.

Iki gikorwa cyabaye bwa mbere umwaka ushize aho cyamurikiwemo imodoka 30 cyabereye kuri Sitade ikinirwamo umukino wa Cricket y’i Gahanga.

Kigali Auto Show igarukanye udushya, izabera i Nyamata mu Karere ka Bugesera mu ntangiro z’ukwezi gutaha kwa Kanama ahazwi nka Tuza Inn.

Iki gikorwa cy’uyu mwaka kizitabirwa n’itsinda rya ‘Tag Team’ rimaze kwamamara mu kuvangavanga imiziki bazwiho umwihariko wo kubikora banavuza ingoma zaka umuriro.

Hanategerejwemo kandi itsinda ‘Subaru Boys’ ryo muri Uganda rizwiho ubuhanga mu gutwara imodoka, aho rizaza ritwaye imodoka icumi zizahagurukira i Kigali zerekeza i Nyamata.

Nanone kandi umuvangamiziki umaze kubaka izina mu Rwanda, Dj Marnaud ndetse n’umunyamakuru Miss Uwase Muyango, na bo bazasusurutsa abazitabira ibi birori.

Uretse kuba muri iki gikorwa cya ‘Kigali Auto Show’ kimurikirwamo imodoka na moto bifite umwihariko, hanerekanerwamo ubuhanga budasanzwe mu gutwara ibi binyabiziga.

Muri iyi myiyereko kandi hitezwemo udushya turimo kuba imodoka 100 zizahagurukira mu Mujyi wa Kigali zerecyeza i Nyamata.

AMAFOTO Y’IGIKORWA NK’IKI UMWAKA USHIZE

Noella ISIMBI AKIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts