Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibisobanuro bitavugwaho rumwe by’Umuyobozi w’Ishuri uvugwaho kugurisha ibiryo by’abanyeshuri

radiotv10by radiotv10
19/06/2025
in MU RWANDA
0
Ibisobanuro bitavugwaho rumwe by’Umuyobozi w’Ishuri uvugwaho kugurisha ibiryo by’abanyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ishuri ribanza rya Munoga ryo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvugwaho kugurisha bimwe mu biryo by’abanyeshuri, avuga ko yashakaga kwishyura umwenda w’iri shuri, mu gihe abandi babivuga ukundi.

Uyu muyobozi wa Monoga Primary School witwa Nsengimana aravugwaho kugurisha ibilo 150 by’ibiryo by’abanyeshuri, aho we avuga ko yashakaga gukura iri shuri mu madeni, ariko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bukavuga ko atari ukuri.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba, Epimaque Munyakazi yavuze ko mu bilo 150 byari byagurishijwe n’uyu muyobozi w’Ishuri, ubuyobozi bwabashije kugaruzamo ibilo 100.

Gitifu avuga ko uyu muyobozi w’ishuri “yakoze amakosa yo kugurisha ibiryo by’abanyeshuri yitwaza ideni avuga ko afitiye abantu.”

Amakuru avuga kandi ko Nsengimana yatumijweho n’Ubuyobozi bw’Umurenge kugira ngo asobanure iby’aya makosa yakoze, ariko akanga kwitaba, ahubwo agahitamo gucika.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, yagize ati “Tugiye gukora raporo tuyishyikirize ubuyobozi bw’Akarere buzabimubaze.”

Amakuru aturuka muri iri shuri riyoborwa n’uyu uvugwaho kugurisha ibiryo by’abanyeshuri, avuga ko kuva yamenya ko yatahuweho aya makosa, atarongera gukandagira kuri iri shuri.

Bamwe mu bakurikiranye iki kibazo, bavuga ko ibyo biryo byaguzwe n’umugore ufitanye isano n’uyu muyobozi w’ishuri, ariko we akavuga ko yashakaga gukuramo umwenda yafashe nyuma y’icyorezo cya Covid.

Mbere yo kugurisha ayo mafunguro y’abanyeshuri, uyu wabikoze yabanje gukora inyandiko y’amasezerano y’ubugure adafite ishingiro, kuko nta mwenda iri shuri ribereyemo uwo muntu.

Umwe mu bazi imiterere y’iki kibazo banagikurikiranye, yagize ati “Twabimenyesheje inzego z’Ubuyobozi bw’Umurenge batubwiye ko bafashe ibyo biryo ariko umuyobozi we yacitse.”

Abakorana n’uyu muyobozi w’ishuri, bamugayira ibi yakoze, bakavuga ko nk’umurezi kandi uyobora ishuri yari akwiye gutanga urugero rwiza aho kwijandika mu manyanga nk’ayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − one =

Previous Post

Eng.-Date set for first peace agreement signing between Rwanda and DRC

Next Post

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iz’ikindi Gihugu cy’abaturanyi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iz’ikindi Gihugu cy’abaturanyi

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iz’ikindi Gihugu cy’abaturanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.