Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibisobanuro bizanye ingingo nshya ku itangazo ry’Umujyi wa Kigali ryateje impaka ku ‘kutanduza kaburimbo’

radiotv10by radiotv10
19/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibisobanuro bizanye ingingo nshya ku itangazo ry’Umujyi wa Kigali ryateje impaka ku ‘kutanduza kaburimbo’
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwagize icyo buvuga ku mpaka zazamuwe n’itangazo ryabwo risaba abantu kutanduza imihanda ya kaburimbo, busa nk’ubuhindura imvugo, kuko bwavuze ko hari abo bireba by’umwihariko, mu gihe mbere bwavugaga ko bireba n’abantu ku giti cyabo.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali hirya y’ejo hashize ku wa Gatatu tariki 17 Mata 2024, ryagiraga riti “Umujyi wa Kigali uributsa abantu bose ko bibujijwe kwanduza umuhanda.”

Iri tangazo ryavugaga ko bireba abantu ku giti cyabo ndetse n’abafite ibikorwa by’ubwubatsi aho imodoka ziva cyangwa zinjira kuri ‘chantier’, ibirombe n’ahandi.

Itangazo ry’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, ryakomezaga rigira riti “Imodoka zigomba gusukurwa amapine igihe zigiye kwinjira muri kaburimbo.” kandi ko “Abafashwe banduza umuhanda bahanwa hakurikijwe Itegeko N°48/2018 ryo ku wa 13/08/2018 Rigenga Ibidukikije.”

Ni itangazo ryazamuye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bavugaga ko baturuka mu bice birimo imihanda y’ibitaka, ku buryo ibinyabiziga byabo bihava byanduye, ndetse bikaba byakwanduza iya kaburimbo igihe biyigezeho.

Uwitwa Blessed yagize ati “Muzadushyiriraho abashinzwe koza ayo mapine ariko? Muzaze Masaka-Rusheshe imvura yaguye mumbwire aho nakogereza iyo modoka ngiye gukorera mu Mujyi. Nimudukorere imihanda ubundi murebe ko izo kaburimbo tuzongera kuzanduza.”

Uwitwa Dieudonne yagize ati “Hagati aho, turacyafite imihanda myinshi mito y’igitaka ku buryo iyo imvura yaguye imodoka ziyivamo zinjira mu minini nanone zifite ibitaka nubwo zaba zogejwe amapine mbere yo guhaguruka mu rugo. Na byo ni ukubizirikana ko tugifite urugendo rudusaba kwihanganira bimwe na bimwe.”

Hari n’abavuze ko ahubwo ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bukwiye kujya bubogereza imodoka, kuko zanduzwa n’imihanda y’uru rwego.

Uwitwa Uwizihiwe Leonne Laura yagize ati “None se ko hari imihanda iri mu mujyi itwanduriza imodoka ubwo umujyi wa Kigali urateganya kujya utwogereza amapine? Twe ntitwanduza imihanda ahubwo yo iratwanduriza kuko tuba twavuye mu rugo twogeje.”

Mu butumwa busubiza ibitekerezo byatanzwe n’abaturage, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwabaye nk’ubuhindura imvugo ku itangazo bwari bwabanje gutanga buvuga ko kiriya cyemezo kireba abantu bose.

Ubu butumwa bwashyizwe kuri X mu masaha y’ijoro ryacyeye, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwagize buti “Turabashimira ibitekerezo mwatanze, byatweretse ko gahunda y’isuku muyishyigikiye. Ubutumwa twatanze bureba cyane cyane imodoka zikora mu bwubatsi zitwara igitaka, imicanga n’ibindi zikarenza ibyo zemerewe gutwara bikagenda bimeneka mu muhanda bikawanduza.”

Mu Mujyi wa Kigali haracyagaragara ibice bikirimo imihanda y’ibitaka, ku buryo iyo imvura yaguye, hakunze kugaragara ibyondo muri kaburimbo byagiye bisigwamo n’ibinyabiziga byaturutse muri ibyo bice.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku by’umuhanzi watunze agatoki Kompanyi ko itahiguye isezerano yamuhereye imbere y’imbaga

Next Post

Zimbabwe: Inkuru nziza yasesekaye ku mfungwa 4.000 zirimo n’izari zarakatiwe urwo gupfa

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Zimbabwe: Inkuru nziza yasesekaye ku mfungwa 4.000 zirimo n’izari zarakatiwe urwo gupfa

Zimbabwe: Inkuru nziza yasesekaye ku mfungwa 4.000 zirimo n’izari zarakatiwe urwo gupfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.