Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in MU RWANDA
1
Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mpuzamahanga w’Ubutabazi (Croix Rouge/Red Cross) ishami ryawo mu Rwanda, ryatanze umucyo ku ifoto igaragaza umukorerabushake wawo ari kuganira n’umwe mu bakinnyi bari muri Shampiyona y’Isi y’Amagare, bamwe bakeketse ko bariho bahana nimero, ariko n’ubundi ntibyabuza impaka gukomeza.

Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye iyi foto, aho aba bombi baba bacigatiye telefone mu ntoki, bari kuganira, bishimye, byanatumye hari abaha igisobanuro ibyo barimo.

Umunyamakuru Imfurayacu Jean Luc ukorera imwe mu maradiyo yo mu Rwanda, uri mu basangije abantu iyi foto ku mbuga nkoranyambaga ze, yagize ati “Ubu aka-number ntagacyuye Koboyi Turi aho? UCI World Championship Kigali 2025 ni Show Kabisa!”

Uretse uyu munyamakuru, n’abandi banyuranye bagiye batanga ibitekerezo kuri iyi foto, bavugaga ko umukorerabushake w’uyu Muryango Mpuzamahanga w’Ubutabazi Croix Rouge ndetse n’uriya mukinnyi bariho bahana nimero.

Gusa uyu Muryango wahakanaye igisobanuro cyahawe iyi foto, aho wavuze ko aba bombi batariho bahana nimero cyangwa bibwirana nk’uko bamwe babiketse.

Ubutumwa bwanyujijwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X rwa Red Cross ishami ryayo mu Rwanda, bugira buti “Ibikomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga bahereye kuri iyi foto, ntibifite aho bihuriye n’ukuri.”

Uyu Muryango ukomeza ugira uti “Umukorerabushake wa Rwanda Red Cross wafotowe asobanura ko umukinnyi yagize ikibazo cy’igare rye abura uko avugana na bagenzi be. Hariya yasabaga ubufasha bwa internet.”

Ni mu gihe bamwe mu bakoresha uru rubuga nkoranyambaga rwa X, n’ubundi batanyuzwe n’ibi bisobanuro, aho bavugaga ko uyu muryango wagendeye ku bisobanuro wahawe n’umukorerabushake wawo, ariko ukuri kuzwi na ba nyiri ubwite.

Uwitwa Sam Kabera yagize ati “Bahanye imibare 10 [nimero ya telefone] byo bitwaye iki? Rwanda Red Cross hano muratubwira ibyo umukobwa yababwiye ariko we azi ibyo yakoze. Azibikeho rwose.”

Abakomeje gutanga ibitekerezo kuri iyi foto, bavuga ko n’iyo bariya bombi bahana nimero, batabibonamo ikibazo.

Uwitwa Nsengimana Jado [Rwamucyo w’u Rwanda] na we yagize ati “Ari umukorerabushake wa Rwanda Red Cross arishimye, ari umushyitsi wacu uri kunyonga igare na we ibyishimo byamusaze, ahubwo uwo mwali mumuhe ishimwe no kuba ari kuganiriza umushyitsi amuha serivise uko bikwiye. Anashatse yakwagura u Rwanda iyo, naho kwisobanura nta kibi gihari rwose.”

Uwitwa Murangwa Hussein na we ati “Ese ibyo bindi byo abaye yarabikoze bitwaye iki? Mwibuke ko bavuga ngo “inshuti umuntu ayikura ku nzira”! Ibindi ni amagambo.”

Hari n’abavuze ko biriya bisobanuro byatanzwe n’uriya muryango bitari ngombwa, kuko nta gikuba cyacitse, ngo yewe n’iyo bariya baba bahanye nimero koko, ntacyo byaba bitwaye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Rise ethics says:
    2 months ago

    Ariko itangazamakuru rimaze guhindurwa umuyoboro w ubujajwa hamwe nahamwe,
    Yishe irushanwa se basi?
    Yamutangiriye se aragwa cg barikuvugana kubyo bumvukana bombi.
    Simbona bashaka noguseka, ahubwo iyo amusoma nkumva ayo muvuga.
    Kandi mumenyeko ntacyaha cyaba gikozwe nabo.
    Mugabanye ubujajwa!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − five =

Previous Post

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Next Post

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura
MU RWANDA

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.