Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in MU RWANDA
1
Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mpuzamahanga w’Ubutabazi (Croix Rouge/Red Cross) ishami ryawo mu Rwanda, ryatanze umucyo ku ifoto igaragaza umukorerabushake wawo ari kuganira n’umwe mu bakinnyi bari muri Shampiyona y’Isi y’Amagare, bamwe bakeketse ko bariho bahana nimero, ariko n’ubundi ntibyabuza impaka gukomeza.

Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye iyi foto, aho aba bombi baba bacigatiye telefone mu ntoki, bari kuganira, bishimye, byanatumye hari abaha igisobanuro ibyo barimo.

Umunyamakuru Imfurayacu Jean Luc ukorera imwe mu maradiyo yo mu Rwanda, uri mu basangije abantu iyi foto ku mbuga nkoranyambaga ze, yagize ati “Ubu aka-number ntagacyuye Koboyi Turi aho? UCI World Championship Kigali 2025 ni Show Kabisa!”

Uretse uyu munyamakuru, n’abandi banyuranye bagiye batanga ibitekerezo kuri iyi foto, bavugaga ko umukorerabushake w’uyu Muryango Mpuzamahanga w’Ubutabazi Croix Rouge ndetse n’uriya mukinnyi bariho bahana nimero.

Gusa uyu Muryango wahakanaye igisobanuro cyahawe iyi foto, aho wavuze ko aba bombi batariho bahana nimero cyangwa bibwirana nk’uko bamwe babiketse.

Ubutumwa bwanyujijwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X rwa Red Cross ishami ryayo mu Rwanda, bugira buti “Ibikomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga bahereye kuri iyi foto, ntibifite aho bihuriye n’ukuri.”

Uyu Muryango ukomeza ugira uti “Umukorerabushake wa Rwanda Red Cross wafotowe asobanura ko umukinnyi yagize ikibazo cy’igare rye abura uko avugana na bagenzi be. Hariya yasabaga ubufasha bwa internet.”

Ni mu gihe bamwe mu bakoresha uru rubuga nkoranyambaga rwa X, n’ubundi batanyuzwe n’ibi bisobanuro, aho bavugaga ko uyu muryango wagendeye ku bisobanuro wahawe n’umukorerabushake wawo, ariko ukuri kuzwi na ba nyiri ubwite.

Uwitwa Sam Kabera yagize ati “Bahanye imibare 10 [nimero ya telefone] byo bitwaye iki? Rwanda Red Cross hano muratubwira ibyo umukobwa yababwiye ariko we azi ibyo yakoze. Azibikeho rwose.”

Abakomeje gutanga ibitekerezo kuri iyi foto, bavuga ko n’iyo bariya bombi bahana nimero, batabibonamo ikibazo.

Uwitwa Nsengimana Jado [Rwamucyo w’u Rwanda] na we yagize ati “Ari umukorerabushake wa Rwanda Red Cross arishimye, ari umushyitsi wacu uri kunyonga igare na we ibyishimo byamusaze, ahubwo uwo mwali mumuhe ishimwe no kuba ari kuganiriza umushyitsi amuha serivise uko bikwiye. Anashatse yakwagura u Rwanda iyo, naho kwisobanura nta kibi gihari rwose.”

Uwitwa Murangwa Hussein na we ati “Ese ibyo bindi byo abaye yarabikoze bitwaye iki? Mwibuke ko bavuga ngo “inshuti umuntu ayikura ku nzira”! Ibindi ni amagambo.”

Hari n’abavuze ko biriya bisobanuro byatanzwe n’uriya muryango bitari ngombwa, kuko nta gikuba cyacitse, ngo yewe n’iyo bariya baba bahanye nimero koko, ntacyo byaba bitwaye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Rise ethics says:
    4 months ago

    Ariko itangazamakuru rimaze guhindurwa umuyoboro w ubujajwa hamwe nahamwe,
    Yishe irushanwa se basi?
    Yamutangiriye se aragwa cg barikuvugana kubyo bumvukana bombi.
    Simbona bashaka noguseka, ahubwo iyo amusoma nkumva ayo muvuga.
    Kandi mumenyeko ntacyaha cyaba gikozwe nabo.
    Mugabanye ubujajwa!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Next Post

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.