Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibisobanuro by’umugabo ukurikiranyweho gusambanya umukobwa we yibyariye n’icyabimuteye

radiotv10by radiotv10
03/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 n’Urukiko rw’Ibanze rwa Bwishyura mu Karere ka Karongi, kubera icyaha cyo gusambanya umukobwa we w’imyaka 20, yemera icyaha akavuga ko yabitewe n’ubusinzi.

Amakuru dukesha Ubushinjacyaha, avuga ko uyu mugabo yafatiwe iki cyemezo nyuma yuko Urukiko rw’Ibanze rwa Bwishyura rusanze hari impamvu zikomeye zituma uyu mugabo akekwaho gukora iki cyaha.

Muri zimwe muri izi mpamvu, ni uko uregwa ubwe, mu mabazwa yakorewe yemeye icyaha cyo gusambanya umukobwa we yibyariye, ariko akisobanura avuga ko yabitewe n’ubusinzi bwamuyoboje.

Ubushinjacyaha bwagize buti “Uregwa yemera icyaha akurikiranyweho cyo gusambanya umukobwa yibyariye; akavuga ko yabitewe n’ubusinzi.”

Mu gihe iperereza kuri uyu mugabo rigikomeje, Urukiko rwafashe icyemezo ko uyu mugabo akurikiranwa afunzwe by’agatetanyo iminsi 30.

Ni mu gihe dosiye y’uyu mugabo ikubiyemo ikirego cye cyo gusambanya umwana we, yari yashyikirijwe Urukiko rw’Ibanze rwa Bwishyura, rwamuburanishije ku ifungwa ry’agateganyo tariki 15 Ugushyingo 2024.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Uyu mugabo naramuka ahamijwe icyaha akurikiranyweho, azahanishwa gufungwa burundu nk’uko biteganywa n’ingingo ya 134 y’itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Mu gika cya nyuma cy’iyi ngingo, kigaragaza impamvu zishobora gutuma umuntu ahanishwa gufungwa burundu kuri iki cyaha; kivuga ko iyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato:

1° byakozwe n’abantu barenze umwe;

2° byateye urupfu uwabikorewe;

3° byakozwe ku muntu bafitanye isano kugeza ku gisanira cya kabiri; (ari byo bireba uyu mugabo)

4°byakozwe hagamijwe kumwanduza indwara idakira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Rutsiro: Abacuruza ibiciriritse bafatiwe icyemezo babona nko kubigirizaho nkana cyatumye bumirwa

Next Post

Inkuru ibaye impamo umuhanzi umaze imyaka 4 avuye mu Rwanda aragarutse

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza
IMIBEREHO MYIZA

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru ibaye impamo umuhanzi umaze imyaka 4 avuye mu Rwanda aragarutse

Inkuru ibaye impamo umuhanzi umaze imyaka 4 avuye mu Rwanda aragarutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.