Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibisubizo by’ibyo wakwibaza ku bigiye gukurikiraho nyuma yuko M23 ifashe Goma n’urugendo rwayibagejeje

radiotv10by radiotv10
30/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umutwe wa M23 ufashe umujyi wa Goma ubu amahoro akaba ahinda, bamwe baribaza ikigiye gukurikiraho. Twagiranye ikiganiro kihariye n’Umuvugizi w’uyu mutwe, atubwira byinshi ku rugamba rwabagejeje muri uyu Murwa mukuru wa Kivu ya Ruguru, ndetse n’icyo bagiye guhita bakora.

Mu rukerero rwo ku wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025, inkuru yari igezweho muri Afurika no ku Isi hose, ni iy’uko umutwe wa M23 wari umaze gutangaza ko wamaze kubohoza umujyi wa Goma, nyuma y’iminsi ibiri y’urugamba rw’amahina.

Nubwo uyu mutwe wari watangaje ko wabohoje uyu mujyi, ariko urusaku rw’amasasu rwakomeje kumvikana kugeza hirya y’ejo hashize, ku wa Kabiri, aho abarwanyi ba M23 batsinsuraraga burundu umwanzi wabo, no kumuhiga bukware.

Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Oscar Balinda; mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko iyi ntsinzi babonye kimwe n’izindi bagiye babona, ntahandi zishingiye atari ku mpamvu uyu mutwe urwanira, kuko uharanira icyiza no kurandura akarengane gakorerwa bamwe mu Banyekongo.

Avuga ko hari Abanyekongo bavukijwe uburenganzira bwo kuba mu Gihugu cyabo bazira ururimi rw’Ikinyarwanda bavuga, kandi ko ibi bidakwiye.

Ati “Ni gakondo yacu, nta muntu n’umwe wakwiha uburenganzira bwo kudukura kuri gakondo yacu. Ubu rero twagarutse turi iwacu, abaturage baratwishimiye cyane, mwabonye uko twaramukanyaga na bariya bantu, bose turaziranye, bati ‘karibu karibu, ikaze turishimye kubona muje’.”

Avuga kandi ko ari na ko byari bimeze mu nzira banyuragamo ubwo bari muri uru rugamba rwo kuza kubohoza Goma. Ati “Mu nzira aho twazaga baraduhagarikaga, bati ‘nimureke tubaramutse twari tubakumbuye’, tugaharagara tugasaba na bo.”

Balinda avuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane baramukiye mu bikorwa byo gusubiza ibikorwa ku murongo kuko hari ibikorwa remezo byangiritse muri uyu Mujyi wa Goma.

Ati “Ubu turi kugira ngo tugarure ubuzima, tugarure amazi n’amashanyarazi, turagira ngo itangazamakuru ryose rikore, abaturage tubahumurize, basubire mu mirimo yabo, amashuri atangire, ibitaro bikore, abacuruza bacuruze, abajya guhinga bahinge, aborozi borore…”

Oscar Balinda avuga ko kandi bahita banashyiraho abayobozi b’inzego muri uyu Mujyi wa Goma nk’uko bagiye babikora mu bindi bice byose biri mu maboko y’uyu mutwe.

Ati “Abaturage baba bakeneye kubegereza inzego z’ubuyobozi, nk’ayo mashuri ntabwo yakora hatariho inzego z’ubuyobozi, ibyo bitaro ntibyakora bidafite inzego z’ubuyobozi, abaturage ku bwabo, abashakana, abagira bate, bakeneye inzego z’ibanze zo kubayobora kugira ngo bamenye amabwiriza n’imigambi ya AFC/M23.”

 

Baraguma i Goma cyangwa barakomeza?

Umuvugizi wa M23, Oscar Balinda avuga kandi ko nkuko uyu mutwe wakomeje kwitwara, utajya upfa kugaba ibitero ku buryo aka kanya bavuga ko bagiye gukurikizaho agace aka n’aka, ariko ko igihe cyose umwanzi abasumbirije n’ubundi bazitabara kandi bakajya kumurandurira aho azaba ari hose mu gihe yaba akomeje kubangamira abaturage.

Ati “Aho umwanzi azahohotera abaturage, tuzajya gutabara umuturage, kuko umuturage ni we twahagurukiye kugira ngo dutabare, ni we turwanirira, tuzagenda tumutabare, izo ntwaro zose tuzicecekeshe nk’uko twazicecekesheje muri uyu Mujyi.”

Oscar Balinda avuga kandi ko amaboko y’ibiganiro kuri M23 agifunguye, ku buryo igihe cyose ubutegetsi bwa Congo Kinshasa buzemera ko bugirana ibiganiro n’uyu mutwe, biteguye.

Umuvugizi wa M23 yavuze kandi ko hazanakurikiraho igikorwa cyo gucyura impunzi, byumwihariko muri uyu Mujyi wa Goma, hakaba hari gukorwa igikorwa cyo kubanza gukura ibisasu biri mu bice binyuranye, kugira ngo bitazahungabanya abazaba bagarutse mu byabo.

Yavuze ko no mu bice bimaze igihe byarabohowe, zimwe mu mpunzi zari zari zabivuyemo, zagiye zitahuka, ubu bakaba baganje mu byabo banakora ibikorwa bibateza imbere.

IKIGANIRO CYOSE MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 12 =

Previous Post

Why Did European Media Black Out the Surrender of Mercenaries in Kivu?

Next Post

Perezida Kagame yatangaje icyavuye mu kiganiro yagiranye n’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

Related Posts

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yatangaje icyavuye mu kiganiro yagiranye n’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yatangaje icyavuye mu kiganiro yagiranye n’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.