Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibitamenyerewe ku Isi byagaragaye ku mukobwa watunguye benshi

radiotv10by radiotv10
29/04/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ibitamenyerewe ku Isi byagaragaye ku mukobwa watunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa w’imyaka 21 y’amavuko wo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yiyemerera ko yabaye imbata yo kurya isabune, ndetse ko iyo atayibonye abura amahoro, ku buryo atuza iyo ayiriye.

Ni umukobwa witwa Tempestt Henderson wo muri muri Leta ya Frolida muri Leta Zunze Ubumwe za America, wabwiye Ikinyamakuru Truly ko akunda kurya isabune n’indi miti bifashisha mu gukora isuku, ku buryo ngo bigeze aho abura amahoro iyo atabonye agasabune ko kurya.

Uyu mukobwa avuga ko byatangiye akiri muto ubwo yakundaga impumuro y’amasabune ku buryo yahoraga azihumuriza nyuma biza kugera atangira kurya arigataho haba amasabune y’ifu n’izindi zisanzwe cyane cyane mu gihe ari gukaraba mu maso yishimiraga kuyirya nta mpungenge.

Avuga ko byaje gukomeza kugeza ubwo abaswe na byo, aho byatangiye ubwo yabyukaga buri gitondo akihereraa karigata ku gasaune k’ifu ubundi umunsi we ugatangira neza.

Avuga kandi kurigata isabune byamufashaga no mu gihe yumva atanezerewe cyangwa afite ibyamubabaje, ku buryo iyo yaryaga isabune, yumvaga anezerewe n’agahinda kose kagahita gahunga. Avuga ko byibura ku munsi ashobora kurya isabune inshuro 7.

Yicaraga ku meza ubundi agafata ifurusheti n’icyuma akarya isabune akanasomeza indi

Icyakora nubwo ibyo byose abizi uyu mukobwa avuga ko amahoro ya mbere ayakura ku isabune. Aha yabwiraga umuganga.

Yagize ati “Ndya isabune iyo ndi gukaraba intoki, iyo ndi mu bukarabiro hari n’igihe ndya isabune nicaye mu cyumba cyanjye. Byonyine iyo ntekereje isabune cyangwa undi muti wose usukura mpita numva mbaye mushya. Iyo mpangayitse cyane ndya isabune nyinshi.”

Tempest yabonye atakomeza kubihisja, afata umwanzuro wo kubibwira inshuti ze ndetse n’ababyeyi ubwo yabonaga ko bikabije kubera ko ngo mu gihe abandi bitwaza twa bombo we yitwazaga agasabune ko kuza kunyunguta mu gihe ari ku ishuri.

Umuryango wemujyanye ku baganga cyane abakurikirana ibibazo byo mu mutwe ngo bamufashe gucika kuri iyo ngeso yashoboraga kuzamugeza ku rupfu.

Ni inkuru yavugishije abatari bacye, bamwe bakavuga ko bishoboka ko umubiri we utari nk’uwabandi.

Icyakora nyuma y’igihe avuye ka muganga amakuru avuga ko ubu yahagaritse kuyirya icyakora ngo aracyakunda impumuro yayo ndetse n’iyo imufasha kumererwa neza mu buzima bwe bwa buri munsi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Umwarimu w’imyitozo ya ‘Yoga’ igera no ku mitekerereze ya muntu yahishuye byinshi bitayizwiho

Next Post

Amakipe abiri akomeye i Burayi yaganiriye ku igura ry’umunyezamu w’Umunyafurika wihagazeho

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakipe abiri akomeye i Burayi yaganiriye ku igura ry’umunyezamu w’Umunyafurika wihagazeho

Amakipe abiri akomeye i Burayi yaganiriye ku igura ry’umunyezamu w’Umunyafurika wihagazeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.