Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibitamenyerewe ku Isi byagaragaye ku mukobwa watunguye benshi

radiotv10by radiotv10
29/04/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ibitamenyerewe ku Isi byagaragaye ku mukobwa watunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa w’imyaka 21 y’amavuko wo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yiyemerera ko yabaye imbata yo kurya isabune, ndetse ko iyo atayibonye abura amahoro, ku buryo atuza iyo ayiriye.

Ni umukobwa witwa Tempestt Henderson wo muri muri Leta ya Frolida muri Leta Zunze Ubumwe za America, wabwiye Ikinyamakuru Truly ko akunda kurya isabune n’indi miti bifashisha mu gukora isuku, ku buryo ngo bigeze aho abura amahoro iyo atabonye agasabune ko kurya.

Uyu mukobwa avuga ko byatangiye akiri muto ubwo yakundaga impumuro y’amasabune ku buryo yahoraga azihumuriza nyuma biza kugera atangira kurya arigataho haba amasabune y’ifu n’izindi zisanzwe cyane cyane mu gihe ari gukaraba mu maso yishimiraga kuyirya nta mpungenge.

Avuga ko byaje gukomeza kugeza ubwo abaswe na byo, aho byatangiye ubwo yabyukaga buri gitondo akihereraa karigata ku gasaune k’ifu ubundi umunsi we ugatangira neza.

Avuga kandi kurigata isabune byamufashaga no mu gihe yumva atanezerewe cyangwa afite ibyamubabaje, ku buryo iyo yaryaga isabune, yumvaga anezerewe n’agahinda kose kagahita gahunga. Avuga ko byibura ku munsi ashobora kurya isabune inshuro 7.

Yicaraga ku meza ubundi agafata ifurusheti n’icyuma akarya isabune akanasomeza indi

Icyakora nubwo ibyo byose abizi uyu mukobwa avuga ko amahoro ya mbere ayakura ku isabune. Aha yabwiraga umuganga.

Yagize ati “Ndya isabune iyo ndi gukaraba intoki, iyo ndi mu bukarabiro hari n’igihe ndya isabune nicaye mu cyumba cyanjye. Byonyine iyo ntekereje isabune cyangwa undi muti wose usukura mpita numva mbaye mushya. Iyo mpangayitse cyane ndya isabune nyinshi.”

Tempest yabonye atakomeza kubihisja, afata umwanzuro wo kubibwira inshuti ze ndetse n’ababyeyi ubwo yabonaga ko bikabije kubera ko ngo mu gihe abandi bitwaza twa bombo we yitwazaga agasabune ko kuza kunyunguta mu gihe ari ku ishuri.

Umuryango wemujyanye ku baganga cyane abakurikirana ibibazo byo mu mutwe ngo bamufashe gucika kuri iyo ngeso yashoboraga kuzamugeza ku rupfu.

Ni inkuru yavugishije abatari bacye, bamwe bakavuga ko bishoboka ko umubiri we utari nk’uwabandi.

Icyakora nyuma y’igihe avuye ka muganga amakuru avuga ko ubu yahagaritse kuyirya icyakora ngo aracyakunda impumuro yayo ndetse n’iyo imufasha kumererwa neza mu buzima bwe bwa buri munsi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 20 =

Previous Post

Umwarimu w’imyitozo ya ‘Yoga’ igera no ku mitekerereze ya muntu yahishuye byinshi bitayizwiho

Next Post

Amakipe abiri akomeye i Burayi yaganiriye ku igura ry’umunyezamu w’Umunyafurika wihagazeho

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakipe abiri akomeye i Burayi yaganiriye ku igura ry’umunyezamu w’Umunyafurika wihagazeho

Amakipe abiri akomeye i Burayi yaganiriye ku igura ry’umunyezamu w’Umunyafurika wihagazeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.