Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibitamenyerewe: Umuhanda unyura mu kigo cy’ishuri rwagati i Rusizi n’ibiwuvugwaho

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibitamenyerewe: Umuhanda unyura mu kigo cy’ishuri rwagati i Rusizi n’ibiwuvugwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abarimu bigisha mu kigo cy’Ishuri Ribanza rya Giti mu Kagari ka Rebero mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, n’ababyeyi baharerera, bavuga ko umuhanda unyura hagati muri iki kigo ubangamira imyigire y’abana, kuko iyo hanyuze ibinyabiziga bibasakuriza, ndetse hanyura n’abo bazi bakabararangarira, nyamara ngo iki kibazo cyavuzwe kenshi ariko nticyashakirwa umuti.

Umwanya wa meteroeshanu uri hagati y’imbumba bibiri by’amashuri bigoye kwiyumvisha ko ari umuhanda kugeza ubwo umuntu abonye hatambutse ibinyabiziga cyangwa abaturage bigendera, ni rwo rwinjiriro rw’uyu muhanda muri iki kigo.

Nyirandayisenga Sifa, umwe mu barimu bigisha muri iri shuri byumwihariko wigishiriza mu cyumba cyegeranye n’uyu muganda, avuga ko bitamworohera gutanga amasomo igihe ibinyabiziga biba bicicikana, n’abaturage batambuka baganira ibyo mu buzima busanzwe.

Ati “Rimwe na rimwe hacamo n’ubukwe kandi akenshi ababutashye baba baririmba harimo n’imodoka nyinshi abana bagahita barangara, ugasanga biragoye mu gihe uyu muhanda ukirimo hano mu kigo kuko akenshi mwarimu yigisha ahanganye n’abana baba barangariye ibibera mu muhanda.”

Undi mwarimu witwa Nzabamwita Pierre yagize ati “Akenshi na kenshi tuba duhagaze kwigisha tukabanza tukareka imodoka cyangwa moto bigatambuka ubundi tugasubukura nyuma, hari nubwo abana bo mu wa mbere bahita basohoka bakirukanka bakajya kureba nk’abo bageni cyangwa imodoka.”

Umuturage witwa Kampire Diane ukoresha uyu muhanda mu buzima bwa buri munsi, avuga ko kunyura hagati mu kigo kw’abaturage barimo n’ababyeyi ba bamwe mu bana bahiga, bitera kurangara kw’abana nko mu gihe babonye umuntu bazi.

Ati “Iyo akuzi nyine uba usanga ari kuguhamagara ngo dore runaka aratambutse hakaba n’abaza birukanka bakagusuhuza kandi bitari ngombwa ahubwo bakabaye bakurikirana ibyo bajemo.”

Umuyobozi w’iki kigo cy’Ishuri, Nteziryayo Daniel avuga ko iki kibazo agitanga muri buri raporo akoze nk’ikibangamiye imyigire y’abana ndetse abayobozi ku nzego zitandukanye na bo bakahagera kenshi bakabyibonera, ariko kugeza ubu kikaba kidashakirwa umuti.

Akomeza avuga ko hari n’ubwo ibinyabiziga bisanga abana bari hanze ku buryo hari impungenge ko bishobora kubagonga bitewe n’uko binyura aho baba bari gukinira.

Ati “Ejo bundi hari umwana habuze gato ngo agongwe na moto, yarirukankaga habura gato ngo ayigwemo imukubita ku ruhande gato, bigaragara ko uyu muhanda ari imbogamizi. Bibaye byiza wakwimurirwa ahandi.”

Umuyobozi Wungirije w’agateganyo w’Akarere ka Rusizi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwimana Monique avuga ko ubuyobozi buzi iki kibazo kandi butatereye agati mu ryinyo ahubwo ko imwe mu mpamvu ituma gifata igihe ari ukuba ba nyiri ubutaka uyu muhanda uteganywa kwimurirwamo bagikeneye kwegerwa kugira ngo habeho ubwumvikane.

Ati “Ubu rero turi mu biganiro. Iyo bamwe bumvise ngo baraduha ingurane bahita bumva ko nyine ari umushinga waje kubaha ubukire bwihuse ariko si byo kuko na bo barerera muri ririya shuri bakwiye kubyumva ukundi.”

Amakuru avuga ko uyu muhanda ari wo wahabanje nyuma uza gukikizwa ibyumba by’amashuri, ndetse ko n’iki kigo atari icya Leta gusa ahubwo igihuriyeho na Diyoseze Gatulika ya Cyangugu.

Abana baba bari kubisikana n’abagenzi

Mwarimu Nyirandayisenga Sifa avuga ko bibangamye cyane
Nzabamwita Pierre avuga ko hari nubwo bahagarika amasomo kubera urusaku rw’ibinyabiziga

Kampire Diane usanzwe ari umuturage unyura muri uyu muhanda avuga ko na we abona bigayiye
Directeur w’iri shuri avuga ko nta gihe atabitangamo raporo
Abaturage baba bitambukira nta nkomyi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

BREAKING: Herekanywe ibicuruzwa bya miliyoni 200Frw byafashwe byinjizwa mu mayeri byari guhombesha Igihugu akayabo

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka
AMAHANGA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.