Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibitamenyerewe: Umuhanda unyura mu kigo cy’ishuri rwagati i Rusizi n’ibiwuvugwaho

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibitamenyerewe: Umuhanda unyura mu kigo cy’ishuri rwagati i Rusizi n’ibiwuvugwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abarimu bigisha mu kigo cy’Ishuri Ribanza rya Giti mu Kagari ka Rebero mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, n’ababyeyi baharerera, bavuga ko umuhanda unyura hagati muri iki kigo ubangamira imyigire y’abana, kuko iyo hanyuze ibinyabiziga bibasakuriza, ndetse hanyura n’abo bazi bakabararangarira, nyamara ngo iki kibazo cyavuzwe kenshi ariko nticyashakirwa umuti.

Umwanya wa meteroeshanu uri hagati y’imbumba bibiri by’amashuri bigoye kwiyumvisha ko ari umuhanda kugeza ubwo umuntu abonye hatambutse ibinyabiziga cyangwa abaturage bigendera, ni rwo rwinjiriro rw’uyu muhanda muri iki kigo.

Nyirandayisenga Sifa, umwe mu barimu bigisha muri iri shuri byumwihariko wigishiriza mu cyumba cyegeranye n’uyu muganda, avuga ko bitamworohera gutanga amasomo igihe ibinyabiziga biba bicicikana, n’abaturage batambuka baganira ibyo mu buzima busanzwe.

Ati “Rimwe na rimwe hacamo n’ubukwe kandi akenshi ababutashye baba baririmba harimo n’imodoka nyinshi abana bagahita barangara, ugasanga biragoye mu gihe uyu muhanda ukirimo hano mu kigo kuko akenshi mwarimu yigisha ahanganye n’abana baba barangariye ibibera mu muhanda.”

Undi mwarimu witwa Nzabamwita Pierre yagize ati “Akenshi na kenshi tuba duhagaze kwigisha tukabanza tukareka imodoka cyangwa moto bigatambuka ubundi tugasubukura nyuma, hari nubwo abana bo mu wa mbere bahita basohoka bakirukanka bakajya kureba nk’abo bageni cyangwa imodoka.”

Umuturage witwa Kampire Diane ukoresha uyu muhanda mu buzima bwa buri munsi, avuga ko kunyura hagati mu kigo kw’abaturage barimo n’ababyeyi ba bamwe mu bana bahiga, bitera kurangara kw’abana nko mu gihe babonye umuntu bazi.

Ati “Iyo akuzi nyine uba usanga ari kuguhamagara ngo dore runaka aratambutse hakaba n’abaza birukanka bakagusuhuza kandi bitari ngombwa ahubwo bakabaye bakurikirana ibyo bajemo.”

Umuyobozi w’iki kigo cy’Ishuri, Nteziryayo Daniel avuga ko iki kibazo agitanga muri buri raporo akoze nk’ikibangamiye imyigire y’abana ndetse abayobozi ku nzego zitandukanye na bo bakahagera kenshi bakabyibonera, ariko kugeza ubu kikaba kidashakirwa umuti.

Akomeza avuga ko hari n’ubwo ibinyabiziga bisanga abana bari hanze ku buryo hari impungenge ko bishobora kubagonga bitewe n’uko binyura aho baba bari gukinira.

Ati “Ejo bundi hari umwana habuze gato ngo agongwe na moto, yarirukankaga habura gato ngo ayigwemo imukubita ku ruhande gato, bigaragara ko uyu muhanda ari imbogamizi. Bibaye byiza wakwimurirwa ahandi.”

Umuyobozi Wungirije w’agateganyo w’Akarere ka Rusizi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwimana Monique avuga ko ubuyobozi buzi iki kibazo kandi butatereye agati mu ryinyo ahubwo ko imwe mu mpamvu ituma gifata igihe ari ukuba ba nyiri ubutaka uyu muhanda uteganywa kwimurirwamo bagikeneye kwegerwa kugira ngo habeho ubwumvikane.

Ati “Ubu rero turi mu biganiro. Iyo bamwe bumvise ngo baraduha ingurane bahita bumva ko nyine ari umushinga waje kubaha ubukire bwihuse ariko si byo kuko na bo barerera muri ririya shuri bakwiye kubyumva ukundi.”

Amakuru avuga ko uyu muhanda ari wo wahabanje nyuma uza gukikizwa ibyumba by’amashuri, ndetse ko n’iki kigo atari icya Leta gusa ahubwo igihuriyeho na Diyoseze Gatulika ya Cyangugu.

Abana baba bari kubisikana n’abagenzi

Mwarimu Nyirandayisenga Sifa avuga ko bibangamye cyane
Nzabamwita Pierre avuga ko hari nubwo bahagarika amasomo kubera urusaku rw’ibinyabiziga

Kampire Diane usanzwe ari umuturage unyura muri uyu muhanda avuga ko na we abona bigayiye
Directeur w’iri shuri avuga ko nta gihe atabitangamo raporo
Abaturage baba bitambukira nta nkomyi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − fourteen =

Previous Post

BREAKING: Herekanywe ibicuruzwa bya miliyoni 200Frw byafashwe byinjizwa mu mayeri byari guhombesha Igihugu akayabo

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.