Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibitangaje bivugwa ku kibuye kinini kiri mu rugabano rwa Nyaruguru na Huye n’uburyo cyavutse

radiotv10by radiotv10
15/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibitangaje bivugwa ku kibuye kinini kiri mu rugabano rwa Nyaruguru na Huye n’uburyo cyavutse
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye ibuye riniri rya Shali riherereye mu rugabano rw’Akarere ka Nyaruguru na Huye, bavuga ko ribumbatiye amateka yo kuva ku Mwami Ruganzu Ndori, bamwe bakagaragaza uburyo butavugwaho rumwe iri buye ryavutse bakanemeza ko ryagiye rikura rikanabyara

Iri buye rinini riri ku muhanda wa Butare-Akanyaru werecyeza mu Gihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi, rikaba ryegeranye n’irindi rito bivugwa ko ari ryo ryaribyaye.

Bamwe mu baganiriye na RADIOTV10 bavuka muri aka gace gaherereyemo iki kibuye, barivugaho amateka atandukanye kuko na bo bayabwiwe, ariko yose akagaruka ku Mwami Ruganzu Ndori.

Bavuga ko igihe uyu Mwami yarwanaga intambara zo kwagura u Rwanda aruganisha i Burundi, Abarundi babonye ko badafite imbaraga zihagije zo kumurwanya, bamwoherereza uruziramire (inzoka) runini ngo rumubuze gukomeza.

Ruganzu we ngo ntiyigeze atinya na gato urwo ruziramire dore ko mu gihe abandi bose bari bahunze, we yafashe ibuye rinini aritera mu kanwa karwo, ako kanya ruhita ruhinduka iki kibuye cya Shali.

Umusaza utuye muri aka gace, agira ati “Ni umwami wafashe akabuye k’akabuyengeri apfundikira iri buye kuko hari hinjiyemo inzoka nini cyane.”

Undi muturage ati “Iri buye njyewe mbona rikura. Umwami yapfundikije ibuye ku mwobo wari wagiyemo inzoka. Twe tubona iri buye rikura bikadutangaza.”

Irihande rw’iri rinini hari irito bivugwa ko ari ryo ryaribyaye

Abandi bantu bo bavuga ko ku Bwami bwa Ruganzu Ndori, muri aka gace ka Shali hari uruziramire runini rwaryaga abantu rukanangiza imyaka ndetse n’amatungo yabo, ndetse rukanabangamira abahanyuraga bajyanye amaturo Ibwami Ruganzu.

Ruganzu amaze kubimenya, yagiye guhiga rwa Ruziramire, ruhungira mu mwobo wari uhari, aba ari bwo yafashe ibuye aripfundikiza uwo mwobo rwahungiyemo, afata n’irindi aripfundikiza ku mpande z’umwobo aho umwobo wasohokeraga.

Aba baturage bavuga ko kuri iri buye haza ba mukerarugendo baje  kuhasura, ariko bakavuga ko ntacyo iki kibuye kibamariye kuko abahasura bahasurira ubuntu kuko ari ikibuye kiri ahantu hatubakiye ndetse kiri ku muhanda buri wese akirebera ubuntu.

Umwe ati “Ntacyo kitumariye. Abantu bose baraza bakirebera bakigendera ntibagire icyo badusigira. Bakabaye bacyubakira abaje kukireba bakadusigira amafaranga ndetse kikanatanga akazi nko ku bakirinda n’ibindi.”

Umukozi w’Inteko y’Umuco ushinzwe kubungabunga no guteza imbere ahantu ndangamurage, Nturo Chaste avuga ko hari gahunda yo gutunganya aha hantu, ari na yo mpamvu bagenda bahasura kugira ngo barebe icyakorwa.

Ati “Ikiri gukorwa ni ukuhamenyekanisha no kuhagaragaza, nyuma hakazafatwa umwanzuro wo gukomeza kuhabugabunga dufatanyije n’inzego z’ibanze hakarindwa kugira ngo hatangirika.”

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 16 =

Previous Post

Umupasiteri yahamijwe icyaha gikojeje isoni Umukozi w’Imana

Next Post

Kayonza: Agahinda k’uwugarijwe n’ibibazo wacumbikiwe mu nzu imaze imyaka 60

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Agahinda k’uwugarijwe n’ibibazo wacumbikiwe mu nzu imaze imyaka 60

Kayonza: Agahinda k’uwugarijwe n’ibibazo wacumbikiwe mu nzu imaze imyaka 60

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.