Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibitangaje bivugwa ku kibuye kinini kiri mu rugabano rwa Nyaruguru na Huye n’uburyo cyavutse

radiotv10by radiotv10
15/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibitangaje bivugwa ku kibuye kinini kiri mu rugabano rwa Nyaruguru na Huye n’uburyo cyavutse
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye ibuye riniri rya Shali riherereye mu rugabano rw’Akarere ka Nyaruguru na Huye, bavuga ko ribumbatiye amateka yo kuva ku Mwami Ruganzu Ndori, bamwe bakagaragaza uburyo butavugwaho rumwe iri buye ryavutse bakanemeza ko ryagiye rikura rikanabyara

Iri buye rinini riri ku muhanda wa Butare-Akanyaru werecyeza mu Gihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi, rikaba ryegeranye n’irindi rito bivugwa ko ari ryo ryaribyaye.

Bamwe mu baganiriye na RADIOTV10 bavuka muri aka gace gaherereyemo iki kibuye, barivugaho amateka atandukanye kuko na bo bayabwiwe, ariko yose akagaruka ku Mwami Ruganzu Ndori.

Bavuga ko igihe uyu Mwami yarwanaga intambara zo kwagura u Rwanda aruganisha i Burundi, Abarundi babonye ko badafite imbaraga zihagije zo kumurwanya, bamwoherereza uruziramire (inzoka) runini ngo rumubuze gukomeza.

Ruganzu we ngo ntiyigeze atinya na gato urwo ruziramire dore ko mu gihe abandi bose bari bahunze, we yafashe ibuye rinini aritera mu kanwa karwo, ako kanya ruhita ruhinduka iki kibuye cya Shali.

Umusaza utuye muri aka gace, agira ati “Ni umwami wafashe akabuye k’akabuyengeri apfundikira iri buye kuko hari hinjiyemo inzoka nini cyane.”

Undi muturage ati “Iri buye njyewe mbona rikura. Umwami yapfundikije ibuye ku mwobo wari wagiyemo inzoka. Twe tubona iri buye rikura bikadutangaza.”

Irihande rw’iri rinini hari irito bivugwa ko ari ryo ryaribyaye

Abandi bantu bo bavuga ko ku Bwami bwa Ruganzu Ndori, muri aka gace ka Shali hari uruziramire runini rwaryaga abantu rukanangiza imyaka ndetse n’amatungo yabo, ndetse rukanabangamira abahanyuraga bajyanye amaturo Ibwami Ruganzu.

Ruganzu amaze kubimenya, yagiye guhiga rwa Ruziramire, ruhungira mu mwobo wari uhari, aba ari bwo yafashe ibuye aripfundikiza uwo mwobo rwahungiyemo, afata n’irindi aripfundikiza ku mpande z’umwobo aho umwobo wasohokeraga.

Aba baturage bavuga ko kuri iri buye haza ba mukerarugendo baje  kuhasura, ariko bakavuga ko ntacyo iki kibuye kibamariye kuko abahasura bahasurira ubuntu kuko ari ikibuye kiri ahantu hatubakiye ndetse kiri ku muhanda buri wese akirebera ubuntu.

Umwe ati “Ntacyo kitumariye. Abantu bose baraza bakirebera bakigendera ntibagire icyo badusigira. Bakabaye bacyubakira abaje kukireba bakadusigira amafaranga ndetse kikanatanga akazi nko ku bakirinda n’ibindi.”

Umukozi w’Inteko y’Umuco ushinzwe kubungabunga no guteza imbere ahantu ndangamurage, Nturo Chaste avuga ko hari gahunda yo gutunganya aha hantu, ari na yo mpamvu bagenda bahasura kugira ngo barebe icyakorwa.

Ati “Ikiri gukorwa ni ukuhamenyekanisha no kuhagaragaza, nyuma hakazafatwa umwanzuro wo gukomeza kuhabugabunga dufatanyije n’inzego z’ibanze hakarindwa kugira ngo hatangirika.”

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 5 =

Previous Post

Umupasiteri yahamijwe icyaha gikojeje isoni Umukozi w’Imana

Next Post

Kayonza: Agahinda k’uwugarijwe n’ibibazo wacumbikiwe mu nzu imaze imyaka 60

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Agahinda k’uwugarijwe n’ibibazo wacumbikiwe mu nzu imaze imyaka 60

Kayonza: Agahinda k’uwugarijwe n’ibibazo wacumbikiwe mu nzu imaze imyaka 60

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.