Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibitangaje ku mukambwe w’imyaka 91 uri kuvugisha benshi ku Isi kubera ibyo yihariyeho

radiotv10by radiotv10
28/07/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ibitangaje ku mukambwe w’imyaka 91 uri kuvugisha benshi ku Isi kubera ibyo yihariyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 91 akomeje kuvugusha benshi kubera uburyo akora imyitozo ngororamubiri ndetse akaba agaragara nk’ukiri umusore kubera umubiri we wubakitse bisanzwe bimenyerewe ku basore b’ibigango. Gusa hari ibitangaje kuri we.

Jim Arrington ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za America, afatwa nk’umuntu wubatse umubiri kurusha abandi bose bakuze ku Isi, aho yamaze kwandika mu gitabo cy’abanyaduhiro cya Guiness World Record.

Umurebye mu maso agaragara nk’umusaza koko ndetse umubiri we kuva mu maso kumanuka wazanye iminkanyari, agenda ahese ibitugu ku buryo utamutandukanya n’umusaza w’imyaka 90 gusa akagira imbaraga z’umubiri ugereranyije n’urungano rwe.

Igitangaje ni uko uyu mukambwe yavukiye amezi 7, bigora ababyeyi be kumwitaho ndetse ngo ntibari bazi ko azakomeza kubaho.

Ubuzima bwe kandi ntibwabaye bwiza kuva ari uruhinja dore ko yavukanye uburwayi bwa Asthma agahora arwaye ndetse akagira n’ikibazo ku mafunguro ku buryo yisanze arya inyama z’inka, akanywa amata gusa, ibindi byose ngo byagiraga ingaruka ku mubiri we.

Kubera ubwoko bw’amafunguro yakundaga gufata, byatumye abyibuha cyane ndetse ngo agakunda kurwaragurika.

Mu 1945 ubwo yari afite imyaka 15 y’amavuko, yafashe icyemezo cyo gutangira gukora imyitozo buri munsi, biranamuhira kugeza ubwo yari afite imyaka 84 y’amavuko agatwara igihembbo cy’umusaza wubatse umubiri kurusha abandi.

Kugeza ubu amaze kwitabira amarushanwa agera kuri 60 ndetse afite ibikombe 20 yatsindiye ndetse n’imidali.

Byibura mu cyumweru ajya mu nzu zikorerwamo imyitozo (gym) inshuro eshatu ndetse ku munsi byibura amara amasaha 2 akora imyitozo isanzwe.

Ntatinya gukora ibyananiye abakiri bato ndetse bafite n’imbaraga kumurusha, yewe ngo hari n’igihe abandi baza kumwigiraho.

Yita cyane kandi ku mirire ye dore ko ngo asigaye atunzwe n’amavuta ya olive ndetse n’ibihumyo ngo arebe ko byakomeza kumwongerera iminsi yo kubaho.

Uyu musaza kandi nubwo abantu bakomeje gutangarira umubiri we, ku ruhande rwe ngo abona ntaho biragera ndetse yifuza ko yagaragara nk’abakiri bato.

Aganira n’ikigo cy’abanyaduhigo Guiness World Record, yagize ati “Ikintera imbaraga ni abantu baza bakambwira ko banyigiraho byinshi, sinjya mbona ko umubiri wanjye umeze neza iyo ndebye abandi uko bagaragara bintera gukora cyane kugira ngo ndebe ko nanjye nazagera ahabo kandi ni byo ndi gukomeza gukora.”

Mu buzima bwe yishimira ko yavukanye ibibazo by’ubuzima ariko akaba yarabashije kubihangara, icyakora ngo ntibyoroha ndetse ngo bisaba kwihangana ukagera ku cyo wiyemeje. Ibyo bishimangirwa n’amagambo akunda kuvuga agira ati “utavunitse ntacyo wageraho.”

Ashishikariza abakiri bato ndetse n’abakuze kudaheranwa n’uko bameze cyangwa ikigero cy’imyaka barimo kuko igihe cyose wakoze impinduka ziragaragara.

Icyakora nubwo ashimwa na benshi abandi bakamutangarira, hari abavuga ko umusaza uri mu myaka nk’iye adakwiye kwirirwa muri za sport yangwa ngo ajye guhagarara mu mbaga y’abantu yambaye ubusa ngo ari mu marushanwa.

Aterura ibyuma nk’ibikorwa n’abasore
Ajya no mu marushanwa yo kwiyerekana

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + seven =

Previous Post

Igihugu cyakozwemo ‘Coup d’Etat’ cyafatiwe icyemezo cyumvikanamo igihano ku baturage

Next Post

RDF yasubije FARDC yongeye kuyihimbira ikinyoma kiremereye

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yasubije FARDC yongeye kuyihimbira ikinyoma kiremereye

RDF yasubije FARDC yongeye kuyihimbira ikinyoma kiremereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.