• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibitangaje ku mukambwe w’imyaka 91 uri kuvugisha benshi ku Isi kubera ibyo yihariyeho

radiotv10by radiotv10
28/07/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ibitangaje ku mukambwe w’imyaka 91 uri kuvugisha benshi ku Isi kubera ibyo yihariyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 91 akomeje kuvugusha benshi kubera uburyo akora imyitozo ngororamubiri ndetse akaba agaragara nk’ukiri umusore kubera umubiri we wubakitse bisanzwe bimenyerewe ku basore b’ibigango. Gusa hari ibitangaje kuri we.

Jim Arrington ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za America, afatwa nk’umuntu wubatse umubiri kurusha abandi bose bakuze ku Isi, aho yamaze kwandika mu gitabo cy’abanyaduhiro cya Guiness World Record.

Umurebye mu maso agaragara nk’umusaza koko ndetse umubiri we kuva mu maso kumanuka wazanye iminkanyari, agenda ahese ibitugu ku buryo utamutandukanya n’umusaza w’imyaka 90 gusa akagira imbaraga z’umubiri ugereranyije n’urungano rwe.

Igitangaje ni uko uyu mukambwe yavukiye amezi 7, bigora ababyeyi be kumwitaho ndetse ngo ntibari bazi ko azakomeza kubaho.

Ubuzima bwe kandi ntibwabaye bwiza kuva ari uruhinja dore ko yavukanye uburwayi bwa Asthma agahora arwaye ndetse akagira n’ikibazo ku mafunguro ku buryo yisanze arya inyama z’inka, akanywa amata gusa, ibindi byose ngo byagiraga ingaruka ku mubiri we.

Kubera ubwoko bw’amafunguro yakundaga gufata, byatumye abyibuha cyane ndetse ngo agakunda kurwaragurika.

Mu 1945 ubwo yari afite imyaka 15 y’amavuko, yafashe icyemezo cyo gutangira gukora imyitozo buri munsi, biranamuhira kugeza ubwo yari afite imyaka 84 y’amavuko agatwara igihembbo cy’umusaza wubatse umubiri kurusha abandi.

Kugeza ubu amaze kwitabira amarushanwa agera kuri 60 ndetse afite ibikombe 20 yatsindiye ndetse n’imidali.

Byibura mu cyumweru ajya mu nzu zikorerwamo imyitozo (gym) inshuro eshatu ndetse ku munsi byibura amara amasaha 2 akora imyitozo isanzwe.

Ntatinya gukora ibyananiye abakiri bato ndetse bafite n’imbaraga kumurusha, yewe ngo hari n’igihe abandi baza kumwigiraho.

Yita cyane kandi ku mirire ye dore ko ngo asigaye atunzwe n’amavuta ya olive ndetse n’ibihumyo ngo arebe ko byakomeza kumwongerera iminsi yo kubaho.

Uyu musaza kandi nubwo abantu bakomeje gutangarira umubiri we, ku ruhande rwe ngo abona ntaho biragera ndetse yifuza ko yagaragara nk’abakiri bato.

Aganira n’ikigo cy’abanyaduhigo Guiness World Record, yagize ati “Ikintera imbaraga ni abantu baza bakambwira ko banyigiraho byinshi, sinjya mbona ko umubiri wanjye umeze neza iyo ndebye abandi uko bagaragara bintera gukora cyane kugira ngo ndebe ko nanjye nazagera ahabo kandi ni byo ndi gukomeza gukora.”

Mu buzima bwe yishimira ko yavukanye ibibazo by’ubuzima ariko akaba yarabashije kubihangara, icyakora ngo ntibyoroha ndetse ngo bisaba kwihangana ukagera ku cyo wiyemeje. Ibyo bishimangirwa n’amagambo akunda kuvuga agira ati “utavunitse ntacyo wageraho.”

Ashishikariza abakiri bato ndetse n’abakuze kudaheranwa n’uko bameze cyangwa ikigero cy’imyaka barimo kuko igihe cyose wakoze impinduka ziragaragara.

Icyakora nubwo ashimwa na benshi abandi bakamutangarira, hari abavuga ko umusaza uri mu myaka nk’iye adakwiye kwirirwa muri za sport yangwa ngo ajye guhagarara mu mbaga y’abantu yambaye ubusa ngo ari mu marushanwa.

Aterura ibyuma nk’ibikorwa n’abasore
Ajya no mu marushanwa yo kwiyerekana

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − two =

Previous Post

Igihugu cyakozwemo ‘Coup d’Etat’ cyafatiwe icyemezo cyumvikanamo igihano ku baturage

Next Post

RDF yasubije FARDC yongeye kuyihimbira ikinyoma kiremereye

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
RDF yasubije FARDC yongeye kuyihimbira ikinyoma kiremereye

RDF yasubije FARDC yongeye kuyihimbira ikinyoma kiremereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.