Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiteye amatsiko ku mugabo waciye agahigo kadasanzwe ku Isi

radiotv10by radiotv10
30/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ibiteye amatsiko ku mugabo waciye agahigo kadasanzwe ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Espagne w’imyaka 34, yaciye agahigo ku kunyaruka mu gihe gito, akiruka metero 100 yambaye inkweto za talo ndende [high heels] zimenyerewe ku bagore. Hari amakuru yatangajwe y’ubuzima bwe.

Christian Roberto López Rodríguez yamaze kwandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo [Guinness World Record] nyuma yo gukoresha amasegonda 12,82 yiruka metero 100, yambaye izo nkweto za talo ndende.

Ubuyobozi bw’ikigo cy’abanyaduhigo Guinness World Record, bwagaragaje amashusho y’uyu mugabo ari kunyaruka yambaye izo nkweto za talo ndende ari kwiruka mu muhanda, ku muvuduko wo hejuru.

Ubutumwa bwa Guinness World Record, bugira buti “Agahigo gashya: Uwirutse kurusha abandi metero 100 mu nkweto ndende mu masegonda 12,82. Christian Roberto López Rodríguez. Arusha amasegonda 3 gusa Usain Bolt usanzwe afite agahigo ko kwiruka metero 100 mu gihe gito.”

New record: Fastest 100 metres run in high heels (male) – 12.82 seconds by Christian Roberto López Rodríguez 🇪🇸

It's only 3 seconds off Usain Bolt's 100 metre world record! 👠 pic.twitter.com/sScdaWBfUp

— Guinness World Records (@GWR) June 26, 2023

Rodríguez w’imyaka 34 y’amavuko, agaruka kuri aka gahigo, yavuze ko “Imyiteguro yari irimo imbaraga nyinshi kandi yihariye. Biragoye kubasha kwiruka ku muvuduko wo hejuru wambaye inkweto ndende.”

Yaciye aka gahigo, agahigikaho Umudage André Ortolf wari wakoresheje amasegonda 14,02 mu kwiruka Metero 100, we yari yabikoze muri 2019.

Uyu Munya-Espagne kandi asanzwe afite indwara y’igisukari (Diabetes) yo ku rwego rwa mbere, yavuze ko kuba yabashije guca aka gahigo “bigaragaza ko n’abafite uburwayi bashobora gukora ibintu kurusha abantu batarwaye diabetes.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 3 =

Previous Post

Afurika y’Epfo yatanze igisubizo gitunguranye ku bifuza ko yazata muri yombi Putin

Next Post

Gisagara: Hafashwe Litilo 1.000 z’inzoga z’inkorano zengerwaga ahumvikanamo gutinyuka

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gisagara: Hafashwe Litilo 1.000 z’inzoga z’inkorano zengerwaga ahumvikanamo gutinyuka

Gisagara: Hafashwe Litilo 1.000 z’inzoga z’inkorano zengerwaga ahumvikanamo gutinyuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.