Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa ko byateye umugabo kwitwikira inzu nyuma yo kwangira umugore n’abana be kuyinjiramo

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in MU RWANDA
0
Ibivugwa ko byateye umugabo kwitwikira inzu nyuma yo kwangira umugore n’abana be kuyinjiramo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, yitwikiye inzu ye yabanagamo n’umuryango we, aho bikekwa ko yabitewe n’umujinya dore ko yanayishumitse nyuma yo gushaka kugirira nabi umugore n’abana be, bakamuhunga, ubundi akadukira inzu ye akayitwika.

Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025 ahagana saa kumi za mu gitondo, mu Mudugudu wa Ngugu mu Kagari ka Byahi mu Murenge wa Rubavu aho umugabo witwa Nshimiyimana Noel washakanye na Clementine Nyirakamazi, yashumikaga iyi nzu ye.

Amakuru atangwa n’abaturanyi babo, avuga ko bamaze imyaka itatu bafitanye amakimbirane, y’intonganya za buri munsi, ndetse bikaba binashimangirwa n’umugore w’uyu mugabo.

Clementine Nyirakamazi, Umugore w’uyu mugabo, yabwiye RADIOTV10 ko amakimbirane yabo ashingira ku kuba uyu bashakanye asesagura umutungo mu buryo bukabije, aho amafaranga yose yabonetse aba ashaka kuyajyana mu kabari.

Nyirakamanzi avuga kandi ko umugabo we akunze gutaha yasinze, kuko igihe kinini akimara mu kabari anywa inzoga, akaza amukubita anamutonganya.

Uyu mugore avuga ko intandaro yo gutwika iyi nzu, ari amakimbirane bagiranye ejo, ubwo uyu mugore yari atashye agasanga umugabo we yakinze iyi nzu adashaka ko ayiraramo, ari na bwo yafashe icyemezo cyo kujya kurara mu baturanyi we n’abana babo bari bavuye ku ishuri ntaberemerere no kwinjira ngo bakuremo imyenda y’ishuri.

Ati “Bigeze mu rukerera nka saa kumi, ni bwo abaturanyi bambwiye ko iwanjye hari gushya, nje nsanga hari gushya koko.”

Avuga ko iyi nkongi atari impanuka isanzwe, ahubwo ko byakozwe n’umugabo we, kuko no mu gutwika yahereye ku myenda ye yari iri muri iyi nzu.

Iyi nzu yahiriyemo ibikoresho byose byarimo birimo akabati ko mu ruganiriro, intebe n’ameza ndetse n’ibindi bikoresho byose byo mu nzu. Ni mu gihe uyu mugabo yahise atabwa muri yombi.

Bagiye kubona babona inzu iri gukongoka
Yahiriyemo ibikoresho byose byarimo

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye

Next Post

Haravugwa igikekwaho nk’impamvu yatumye umugabo wo muri Kamonyi atera igisasu mugenzi we

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa igikekwaho nk’impamvu yatumye umugabo wo muri Kamonyi atera igisasu mugenzi we

Haravugwa igikekwaho nk’impamvu yatumye umugabo wo muri Kamonyi atera igisasu mugenzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.