Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa ku mpfu z’inkurikirane z’abantu bane mu Kagari kamwe barimo abavandimwe bapfuye urw’amayobera

radiotv10by radiotv10
04/12/2023
in MU RWANDA
0
Ibivugwa ku mpfu z’inkurikirane z’abantu bane mu Kagari kamwe barimo abavandimwe bapfuye urw’amayobera
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Makurizo mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, haravugwa impfu z’abantu bane bitabye Imana mu gihe cy’minsi itanu, barimo babiri bavukana ndetse n’inshuti yabo, bivugwa ko bishwe barozwe n’umukecuru, na we waje kwivuganwa n’abaturage bamuteye amabuye.

Urupfu rwa mbere rwabaye ku wa Gatatu w’icyumweru twaraye dusoje, aho umuhungu uri mu kigero cy’imyaka 20 akaba mwene Hakizimana Pierre, utuye mu Mudugudu wa Makuruzio mu Kagari Makurizo, yapfaga urupfu rw’amayobera.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, avuga ko uyu muhungu w’imyaka 20, yari yarwariye rimwe n’umuvandimwe we w’umukobwa, ariko bigakekwa ko barozwe n’umukecuru witwa Mukarukundo Elina bakundaga kwita Nyirahene wari mu kigero cy’imyaka 60.

Ubwo bari mu kiriyo cy’uyu muhungu witabye Imana, ku wa Gatandatu tariki 02 Ukuboza 2023, bumvise ko n’umuvandimwe we na we yitabye Imana.

Ibi byazamuye umujinya mu baturage bo muri aka gace, bituma ku mugoroba wo ku wa Gatandatu saa kumi n’imwe, bajya gushaka uwo mukecuru bashinjaga kuroga abo bavandimwe, ngo bamuhe isomo.

Uwaduhaye amakuru yagize ati “Bageze iwe basanga adahari kuko yari yagiye ku isoko, ariko baza guhura ahinduye avuyeyo na bo batashye, bamutera amabuye bari bitwaje, abandi bamukubita inkoni kugeza ashizemo umwuka.”

Undi muturage wo muri aka gace, yavuze kandi ko hari undi mwana wari inshuti ya ba nyakwigendera, na we wari urembye, nyuma y’uko ahuye n’uyu mukecuru, bakaganira ndetse bigakekwa ko na we yamuroze.

Ati “Iyo nshuti y’abo bavandimwe, yari yahuye n’uwo mukecuru, amubaza uko inshuti ze zimeze, amusubiza agira ati ‘uyobowe se ibyo wabakoreye?’, ageze mu rugo yikubita hasi, bahita bamujyana kwa muganga.”

Kuri iki Cyumweru tariki 03 Ukuboza 2023, ubwo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanzarwe yarimo akoresha inama abaturage bo muri aka gace, anabihanganisha ku byago bagize byo gupfusha abantu, yakiriye amakuru ko iyo nshuti ya ba nyakwigendera, yari iri mu bitaro, na we ashizemo umwuka.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda umaze imyaka itatu muri America ubu ari mu Rwanda

Next Post

Uwari wakoze isoko ry’urumogi mu ishyamba yafatiwe rimwe n’uwari ufite urwuzuye umufuka

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari wakoze isoko ry’urumogi mu ishyamba yafatiwe rimwe n’uwari ufite urwuzuye umufuka

Uwari wakoze isoko ry’urumogi mu ishyamba yafatiwe rimwe n’uwari ufite urwuzuye umufuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.