Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa ku mpfu z’inkurikirane z’abantu bane mu Kagari kamwe barimo abavandimwe bapfuye urw’amayobera

radiotv10by radiotv10
04/12/2023
in MU RWANDA
0
Ibivugwa ku mpfu z’inkurikirane z’abantu bane mu Kagari kamwe barimo abavandimwe bapfuye urw’amayobera
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Makurizo mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, haravugwa impfu z’abantu bane bitabye Imana mu gihe cy’minsi itanu, barimo babiri bavukana ndetse n’inshuti yabo, bivugwa ko bishwe barozwe n’umukecuru, na we waje kwivuganwa n’abaturage bamuteye amabuye.

Urupfu rwa mbere rwabaye ku wa Gatatu w’icyumweru twaraye dusoje, aho umuhungu uri mu kigero cy’imyaka 20 akaba mwene Hakizimana Pierre, utuye mu Mudugudu wa Makuruzio mu Kagari Makurizo, yapfaga urupfu rw’amayobera.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, avuga ko uyu muhungu w’imyaka 20, yari yarwariye rimwe n’umuvandimwe we w’umukobwa, ariko bigakekwa ko barozwe n’umukecuru witwa Mukarukundo Elina bakundaga kwita Nyirahene wari mu kigero cy’imyaka 60.

Ubwo bari mu kiriyo cy’uyu muhungu witabye Imana, ku wa Gatandatu tariki 02 Ukuboza 2023, bumvise ko n’umuvandimwe we na we yitabye Imana.

Ibi byazamuye umujinya mu baturage bo muri aka gace, bituma ku mugoroba wo ku wa Gatandatu saa kumi n’imwe, bajya gushaka uwo mukecuru bashinjaga kuroga abo bavandimwe, ngo bamuhe isomo.

Uwaduhaye amakuru yagize ati “Bageze iwe basanga adahari kuko yari yagiye ku isoko, ariko baza guhura ahinduye avuyeyo na bo batashye, bamutera amabuye bari bitwaje, abandi bamukubita inkoni kugeza ashizemo umwuka.”

Undi muturage wo muri aka gace, yavuze kandi ko hari undi mwana wari inshuti ya ba nyakwigendera, na we wari urembye, nyuma y’uko ahuye n’uyu mukecuru, bakaganira ndetse bigakekwa ko na we yamuroze.

Ati “Iyo nshuti y’abo bavandimwe, yari yahuye n’uwo mukecuru, amubaza uko inshuti ze zimeze, amusubiza agira ati ‘uyobowe se ibyo wabakoreye?’, ageze mu rugo yikubita hasi, bahita bamujyana kwa muganga.”

Kuri iki Cyumweru tariki 03 Ukuboza 2023, ubwo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanzarwe yarimo akoresha inama abaturage bo muri aka gace, anabihanganisha ku byago bagize byo gupfusha abantu, yakiriye amakuru ko iyo nshuti ya ba nyakwigendera, yari iri mu bitaro, na we ashizemo umwuka.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda umaze imyaka itatu muri America ubu ari mu Rwanda

Next Post

Uwari wakoze isoko ry’urumogi mu ishyamba yafatiwe rimwe n’uwari ufite urwuzuye umufuka

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari wakoze isoko ry’urumogi mu ishyamba yafatiwe rimwe n’uwari ufite urwuzuye umufuka

Uwari wakoze isoko ry’urumogi mu ishyamba yafatiwe rimwe n’uwari ufite urwuzuye umufuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.