Monday, March 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

radiotv10by radiotv10
16/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Urusaku rw’amasasu rwumvikanye mu majyaruguru y’Umujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, biravugwa ko ari igitero cy’ubujura cyagabwe n’abarimo abasirikare ba FARDC, abarwanyi b’imitwe ya FDLR na Wazalendo bari bagiye kwiba ibyo kurya.

Uru rusaku rwumvikanye mu masaha y’icuku, saa sita z’ijoro zirengaho iminota zo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Werurwe 2026, nk’uko bitangazwa na bamwe mu bakurikirana amakuru yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umunyamakuru Rodriguez Katsuva, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X ahagana saa saba z’ijoro, yavuze ko “Urusaku rw’amasasu n’imbunda ruri kumvikana muri iri joro mu mujyi.”

Uyu munyamakuru wari wavuze ko amakuru arambuye kuri uru rusaku, aza kuyatanga, mu bundi butumwa yanditse kuri uru rubuga nkoranyambaga mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, yavuze ko “muri iri joro, abarwanyi benshi ba Wazalendo baje kwiba amafunguro mu bubiko bw’ibiribwa.”

Uyu munyamakuru yavuze ko “nibura abantu babiri bishwe, naho umumotari umwe wari wabayoboye afatanwa AK47.” Ndetse ko hahise hakorwa ubutabazi bwihuse bwatumye haburizwamo imigambi y’aba barwanyi.

Uyu munyamakuru kandi yagaragaje amafoto ya bamwe mu barwanyi barasiwe muri iki gitero cy’ubujura gishinjwa abarwanyi barwana ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa, aho bagaragaye banambaye impuzankano y’igisirikare cya Congo (FARDC).

Iki gikorwa cyabaye mu gace gatuwe kazwi nka CCLK mu mujyi wa Goma, cyamaze hafi isaha, aho urwo rusaku rw’amasasu rwumvikanye guhera saa sita na mirongo ine rukageza saa saba n’indi minota.

Iki gitero cy’ubujura kibaye mu Mujyi wa Goma nyuma y’icyumweru kimwe muri uyu Mujyi habaye igitero cy’indege zitagira abapilote (Drone) cya FARDC cyahitanye abantu batatu barimo umukozi wa UNICEF.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 10 =

Previous Post

Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

Related Posts

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

by radiotv10
16/03/2026
0

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by'inshuti za Leta Zunze Ubumwe za America, guhuza imbaraga  mu gufungura umuhora wa Hormuz,...

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

by radiotv10
13/03/2026
0

Inyandiko y’umusesenguzi ku gitero cya drone cyabaye i Goma, igaragaza ko nubwo kugeza ubu ubwoko bw’iriya ndege n’ubw’igisasu cyarashwe, bitarasobanuka,...

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

by radiotv10
13/03/2026
0

Abarimu bo muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, batangaje ko...

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa mbere w’u Bufaransa wishwe kuva intambara ya Iran yatangira

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa mbere w’u Bufaransa wishwe kuva intambara ya Iran yatangira

by radiotv10
13/03/2026
0

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yemeje urupfu rw’umusirikare wa mbere w’iki Gihugu ubuze ubuzima kuva intambara yo mu burasirazuba bwo...

Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

by radiotv10
12/03/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yamaganye igitero cy’indege zitagira abapilote cyabaye i Goma kigahitana abarimo umukozi w’Umuryango w’Abibumbye,...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma
AMAHANGA

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

by radiotv10
16/03/2026
0

Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

16/03/2026
Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

16/03/2026
Ahahoze umuhanda ubu kuhanyura ni ihurizo ku buryo abafite ibinyabiziga bahagera bakabiterura

Ahahoze umuhanda ubu kuhanyura ni ihurizo ku buryo abafite ibinyabiziga bahagera bakabiterura

16/03/2026
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10

16/03/2026
Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

16/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.