• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

radiotv10by radiotv10
16/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za America, guhuza imbaraga  mu gufungura umuhora wa Hormuz, ariko bimwe bihita bigaragaza ko bitazabutanga.

Ni nyuma yuko intambara ihanganirije Iran na Leta Zunze Ubumwe za America zifatanyije na Israel, yinjiye mu cyumweru cya gatatu.

Perezida Trump, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Financial Times ubwo yari mu ndege ya Air Force One yerecyeza i Washington, yatangaje ko yaganiriye n’Ibihugu birindwi ku bijyanye n’uriya muhora wa Hormuz, wafunzwe na Iran.

Trump yagaragaje ko uyu muhora ufatiye runini Isi, kuko unyuzwamo ibikomoka kuri peteroli bigera kuri 20% by’ibihanyuzwa bigiye gucuruzwa.

Perezida Trump utavuze Ibihugu yavugishije, yagize ati “Ndasaba ko ibi Bihugu biza bikanadufasha kurinda Ibihugu byabo, kuko ni ubusugire bwabo. Ni ahantu habafasha kubona ingufu zabo.”

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, mu butumwa bwanyujijwe ku rubuga nkoranyambaga, Trump yavuze ko yizehe ko Ibihugu nk’u Bushinwa, u Bufaransa, u Buyapani, Korea y’Epfo, u Bwongereza ndetse n’ibindi bigomba kujya gutanga ubwo bufasha.

Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Sanae Takaichi; kuri uyu wa Mbere yavuze ko Itegeko Nshinga ry’Igihugu cye rikibuza kwinjira mu by’intambara, kandi ko nta gahunda gifite yo kohereza amato ajya gucungira umutekano andi mato muri kariya gace ku mu burasirazuba bwo hagati nubwo ari ho gikura 95% by’ibikomoka kuri Peteroli.

Avugana n’Inteko Ishinga Amategeko, Takaichi yagize ati “Nta myanzuro twafashe ijyanye no kohereza ubwato buherekeza andi mato. Dukomeje gusuzuma icyo u Buyapani bushobora gukora ku gito cyabwo, ndetse n’igishobora gukorwa hagendewe ku biteganywa n’amategeko”

Igihugu cya Australia, na cyo gisanzwe ari umufatanyabikorwa wa Leta Zunze Ubumwe za America, na cyo gikura ibikomoka kuri Peteroli byinshi mu burasirazuba bwo hagati, na cyo cyavuze ko nta mato kizohereza yo gufasha gufungura kiriya kigobe.

Catherine King, umwe mu bagize Inama y’Abaminisitiri ya Minisitiri w’Intebe Anthony Albanese, aganida na ABC, yagize ati “Tuzi agaciro gakomeye ka hariya, ariko biriya si ibintu twasabwe cyangwa tuzatangamo umusanzu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

Next Post

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry'amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.