Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki w’inararibonye muri Afurika

radiotv10by radiotv10
02/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki w’inararibonye muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Henri Konan Bédié wabaye Perezida wa Côte d’Ivoire wanabaye inararibonye mu buyobozi bw’iki Gihugu, yitabye Imana ku myaka 89. Umwe mu nshuti ze za hafi, yavuze ko bari kumwe mu minsi micye ishize, baganira banasangira, ku buryo yatunguwe n’urupfu rwe.

Uyu mukambwe wayoboraga Côte d’Ivoire, witabiye Imana i Abidjan, yanabaye umuyobozi w’Ishyaka rya Parti démocratique de Côte d’Ivoire.

Ni umwe mu bamaze hafi kimwe cya kabiri cy’ikinyejana, afite icyubahiro muri Côte d’Ivoire avuga rikumvikana muri Politiki y’iki Gihugu, aho byanavugwaga ko ashobora kuziyamamaza mu matora ataha.

Henri Konan Bédié wayoboye iki Gihugu hagati ya 1993-1999, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Kanama 2023.

Ubwo hatangazwaga iby’urupfu rwe mu gace ka Daoukro aho nyakwigendera yari yabanje kuvanwa, ahari hateraniye abarwanashyaka b’ishyaka rye rya PDCI, umuhuzabikorwa waryo, Cyril Yobouet yavuze ko yashenguwe n’urupfu rwe.

Yagize ati “Ntabwo mbyiyumvisha. Kuko hirya y’ejo hashize twari kumwe i Daoukro, twasangiye ifunguro rya mu gitondo, tunaganira, ntiyari ananiwe, yari afite imbaraga, twafashe amafoto. Twari twatangiye gutekereza uburyo bwo gutegura amatora hamwe na we, mu by’ukuri ni agahinda gakomeye.”

Innocent Kouamé Kouassi, umwe mu bakandida baziyamamaza mu matora, na we yagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rw’uyu munyapolitiki.

Na we ubwo yagezaga ijambo ku barwanashyaka b’ishyaka rya nyakwigendera, Innocent Kouamé Kouassi yagize ati “Ntabwo mbyumba, ni na yo mpamvu naje hano.”

Uyu munyapolitiki yihanganishije abarwanashyaka b’ishyaka rya nyakwigendera, no kuzaherekeza neza uyu munyapolitiki witabye Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Kirehe: Uko hafashwe umusore wari wibye televiziyo akayihisha mu rutoki

Next Post

‘Coup d’Etat’ itavugwaho rumwe muri Afurika ikomeje guhagurutsa abakomeye

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
‘Coup d’Etat’ itavugwaho rumwe muri Afurika ikomeje guhagurutsa abakomeye

'Coup d’Etat' itavugwaho rumwe muri Afurika ikomeje guhagurutsa abakomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.