Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri witabye Imana bitunguranye bikanahunganya bamwe

radiotv10by radiotv10
22/01/2024
in MU RWANDA
0
Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri witabye Imana bitunguranye bikanahunganya bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko umunyeshuri wigaga mu Ishuri ryisumbuye rya ESPANYA mu Karere ka Nyanza apfuye bitunguranye nyuma y’uko atatse kubabara umutwe yari ahuriyeho n’abandi 20, ubuyobozi bw’ishuri n’ubw’Akarere, bwagize icyo bubivugaho.

Uyu munyeshuri w’umukobwa witwa Umuraza Germaine witabye Imana ku myaka 19 y’amavuko, yigaga mu mwaka wa gatandatu mu ishami ry’iburaramari.

Yafashwe ataka umutwe ku wa Kane tariki 18 Mutarama 2024, ahabwa imiti n’umuganga usanzwe akurikirana abanyeshuri muri iri shuri, ndetse yitabira igikorwa cyo gusubiramo amasomo nk’abandi.

Gusa mu ijoro ryo kuri uwo munsi, yarushijeho kuremba, ahita ajyanwa ku Bitaro bya Nyanza, ari na bwo yahise yitaba Imana mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira ku wa Gatanu.

Nubwo yitabye Imana atarakorerwa isuzuma ngo hamenyekane uburwayi yari afite, ariko uko gutaka umutwe yari abihuriyeho n’abandi banyeshuri 20 bo muri iri shuri, batakaga umutwe n’ibicurane.

Narcisse Mudahinyuka uyobora iri shuri rya ESPANYA-Nyanza yavuze ko nta burangare bwabaye kuri uyu mwana ku buryo hari abavuga ko ari bwo yazize, kuko na we yatakaga ubwo burwayi bwavugwaga n’abandi bagenzi be.

Yagize ati “Ntabwo twamenya niba uwapfuye yarazize ibyo bicurane, ntabwo yakorewe isuzuma kuko ababyeyi be bemeye kumushyingura batiriwe bakoresha ibizamini, kuko basanze ari urupfu rusanzwe.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme na we yashimangiye ibyatangajwe n’ubuyobozi bw’iri shuri, ko nyakwigendera atarangaranywe, kuko yanaguye kwa muganga nyuma yo kujyanwayo n’umuganga w’ishuri.

Uyu muyobozi w’Akarere wihanganisha umuryango wa nyakwigendera n’abanyeshuri biganaga, yavuze ko kuba umwana atarakorewe ibizamini byo gucukumbura icyamuhitanye, ari umwanzuro w’umuryango we.

Ati “Gukora ibizamini byimbitse bisabwa n’abagize umuryango, niba batabyifuje kuko basanze yazize urupfu rutunguranye ntakibazo biteye.”

Bamwe mu bana batakaga uburwayi nk’ubwahitanye mugenzi wabo, bacyuwe n’ababyeyi babo ngo babiteho, mu gihe hari n’abandi bana 20 bagize ikibazo cy’ihungabana kubera urupfu rwa mugenzi wabo.

Narcisse Mudahinyuka uyobora iri shuri, yagize ati “amaze kuduca mu myanya y’intoki, begenzi be bagize ubwoba barahungabana ndetse abagera kuri makumyabiri bajyanwa kwa muganga.”

Ubu burwayi bw’ibicurane butakwa n’aba banyeshuri, bwanavuzwe mu Rwugene rw’Amashuri (GS) Indangaburezi mu Karere ka Ruhango gahana imbibi n’aka ka Nyanza, aho abana 70 mu Indangaburezi baherutse kujya kwivuza iyi ndwara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Hatangajwe icyatumye ababyeyi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana wabo

Next Post

Bwa mbere urukingo rwa Malaria rwatangiye gukoreshwa mu buryo buhoraho

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere urukingo rwa Malaria rwatangiye gukoreshwa mu buryo buhoraho

Bwa mbere urukingo rwa Malaria rwatangiye gukoreshwa mu buryo buhoraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.