Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri witabye Imana bitunguranye bikanahunganya bamwe

radiotv10by radiotv10
22/01/2024
in MU RWANDA
0
Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri witabye Imana bitunguranye bikanahunganya bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko umunyeshuri wigaga mu Ishuri ryisumbuye rya ESPANYA mu Karere ka Nyanza apfuye bitunguranye nyuma y’uko atatse kubabara umutwe yari ahuriyeho n’abandi 20, ubuyobozi bw’ishuri n’ubw’Akarere, bwagize icyo bubivugaho.

Uyu munyeshuri w’umukobwa witwa Umuraza Germaine witabye Imana ku myaka 19 y’amavuko, yigaga mu mwaka wa gatandatu mu ishami ry’iburaramari.

Yafashwe ataka umutwe ku wa Kane tariki 18 Mutarama 2024, ahabwa imiti n’umuganga usanzwe akurikirana abanyeshuri muri iri shuri, ndetse yitabira igikorwa cyo gusubiramo amasomo nk’abandi.

Gusa mu ijoro ryo kuri uwo munsi, yarushijeho kuremba, ahita ajyanwa ku Bitaro bya Nyanza, ari na bwo yahise yitaba Imana mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira ku wa Gatanu.

Nubwo yitabye Imana atarakorerwa isuzuma ngo hamenyekane uburwayi yari afite, ariko uko gutaka umutwe yari abihuriyeho n’abandi banyeshuri 20 bo muri iri shuri, batakaga umutwe n’ibicurane.

Narcisse Mudahinyuka uyobora iri shuri rya ESPANYA-Nyanza yavuze ko nta burangare bwabaye kuri uyu mwana ku buryo hari abavuga ko ari bwo yazize, kuko na we yatakaga ubwo burwayi bwavugwaga n’abandi bagenzi be.

Yagize ati “Ntabwo twamenya niba uwapfuye yarazize ibyo bicurane, ntabwo yakorewe isuzuma kuko ababyeyi be bemeye kumushyingura batiriwe bakoresha ibizamini, kuko basanze ari urupfu rusanzwe.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme na we yashimangiye ibyatangajwe n’ubuyobozi bw’iri shuri, ko nyakwigendera atarangaranywe, kuko yanaguye kwa muganga nyuma yo kujyanwayo n’umuganga w’ishuri.

Uyu muyobozi w’Akarere wihanganisha umuryango wa nyakwigendera n’abanyeshuri biganaga, yavuze ko kuba umwana atarakorewe ibizamini byo gucukumbura icyamuhitanye, ari umwanzuro w’umuryango we.

Ati “Gukora ibizamini byimbitse bisabwa n’abagize umuryango, niba batabyifuje kuko basanze yazize urupfu rutunguranye ntakibazo biteye.”

Bamwe mu bana batakaga uburwayi nk’ubwahitanye mugenzi wabo, bacyuwe n’ababyeyi babo ngo babiteho, mu gihe hari n’abandi bana 20 bagize ikibazo cy’ihungabana kubera urupfu rwa mugenzi wabo.

Narcisse Mudahinyuka uyobora iri shuri, yagize ati “amaze kuduca mu myanya y’intoki, begenzi be bagize ubwoba barahungabana ndetse abagera kuri makumyabiri bajyanwa kwa muganga.”

Ubu burwayi bw’ibicurane butakwa n’aba banyeshuri, bwanavuzwe mu Rwugene rw’Amashuri (GS) Indangaburezi mu Karere ka Ruhango gahana imbibi n’aka ka Nyanza, aho abana 70 mu Indangaburezi baherutse kujya kwivuza iyi ndwara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 15 =

Previous Post

Hatangajwe icyatumye ababyeyi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana wabo

Next Post

Bwa mbere urukingo rwa Malaria rwatangiye gukoreshwa mu buryo buhoraho

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere urukingo rwa Malaria rwatangiye gukoreshwa mu buryo buhoraho

Bwa mbere urukingo rwa Malaria rwatangiye gukoreshwa mu buryo buhoraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.