Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiza byahitanye Abanyarwanda barenga 100 hagaragajwe ingaruka bizagira ku bukungu

radiotv10by radiotv10
14/07/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibiza byahitanye Abanyarwanda barenga 100 hagaragajwe ingaruka bizagira ku bukungu
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe imibare ya Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko uyu mwaka uzasiga ubukungu buzamutse ku kigero cya 6,2%; Banki y’Isi ivuga ko ibiza by’imvura biherutse kuba bikanahitana abantu 135, bishoborza kuzatuma iyi mibare y’izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda igabanukaho 0,4%.

Mu mezi abiri ashize, imvura idasanzwe yahitanye abantu 135, abandi ibasiga iheruheru, aho byangije imyaka yari kuri Hegitari 3 115, bihitana amatungo 4 255, binasenya inzu 6 044.

Ibi biza byaje bisanga Igihugu kiri kurwana ko kuva mu ngaruka za COVID-19, ndetse imibare igaragaza ko nihatagira igihinduka uyu mwaka uzasiga ubukungu bw’isi buzamutse ku rugero rwa 6.2%.

Banki y’Isi ishingiye ku cyerekezo cy’ubukungu bw’u Rwanda; ivuga ko butanga icyizere, icyakora ngo ingaruka z’imvura idasanzwe yaguye muri Gicurasi 2023; ishobora guhindura iyi mibare.

Ms Rolande Pryce akuriye ibikorwa bya Banki y’Isi mu Rwanda, yagize ati “Mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2023 ubukungu bw’u Rwanda bwagaragaje umuvuduko. Aho bwazamutse ku rugero rwa 9%, iryo zamuka riruta iryabayeho mu mwaka wa 2022 wose, ariko umwuzure wabaye mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gicurasi 2023, bigahitana abantu n’ibikorwa remezo; bishobora kugabanya umuvuduko w’izamuka ry’ubukungu bw’umwaka wa 2023.”

Umunyabukungu muri Banki y’Isi, Peace Aimee Niyibizi; avuga ko nihatagira igikorwa izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda rishobora kugabanukaho 0.4%.

Ati “Iyo hatabaho ubutabazi bwihuse, byashoboraga kugira ingaruka ku mibare y’izamuka ry’ubukungu duteganya. Turabizi ko hari ibyakozwe kandi twizeye ko izakomeza kubikora, ariko duteganya ko iyo hatagira igikorwa; imibare y’izamuka ry’ubukungu iteganyijwe mu mwaka wa 2023 yari kugabanukaho ku rugero rwa 0.4%.”

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, nyuma y’iminsi icyenda ibyo biza bibaye; yavuze ko ingaruka zabyo zishobora no kugaragara nzego zimwe z’ubukungu.

Yagize ati “Ejo batubwiraga ko hashobora kuba harangiritse hegitari ibihumbi bibiri. Ubwo turi kureba ngo izo hegitari ibihumbi bibiri harimo iki? Bivuze iki? Ibyo bizagira ngaruka ki kuri ya mibare twavugaga. Ibyo bishobora kugira icyo bihindura kuri bya bipimo tavugaga, ariko ntabwo turamenya uko bingana.”

Imibare iheruka, igaragaza ko ibikorwa byangijwe n’ibiza byo muri Gicurasi 2023, bifite agaciro ka miliyari 222,31 Frw. Icyakora kubisana bizatwara miliyari 518,58 frw.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 4 =

Previous Post

Zimbabwe: Uwifuzaga kuzahatanira kuba Perezida yafatiwe icyemezo gitunguranye

Next Post

DRCongo: Umunyapolitiki yishwe mu buryo bw’amayobera bushobora gukurikirwa n’igitutu kuri Tshisekedi

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Umunyapolitiki yishwe mu buryo bw’amayobera bushobora gukurikirwa n’igitutu kuri Tshisekedi

DRCongo: Umunyapolitiki yishwe mu buryo bw'amayobera bushobora gukurikirwa n’igitutu kuri Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.