Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibuka yamaganye ubwicanyi bwakorewe Abarokotse barimo umukecuru wishwe urw’agashinyaguro inavuga ikibabaje cyagaragaye

radiotv10by radiotv10
18/11/2024
in MU RWANDA
0
Ibuka yamaganye ubwicanyi bwakorewe Abarokotse barimo umukecuru wishwe urw’agashinyaguro inavuga ikibabaje cyagaragaye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Ibuka uharanira Inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wamaganye ibikorwa byo gutoteza abarokotse bikomeje kugaragara birimo n’abaherutse kwicwa, ukavuga ko hari n’aho byagaragaye ko ari icyaha cy’umusozi kuko hari abaturage baba barumvise abo bantu bataka, ariko bakabiceceka.

Ni nyuma yuko mu mezi atatu hishwe abantu batanu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, barimo Nduwamungu Pauline wishwe mu cyumweru twaraye dusoje.

Urupdu rwa Nduwamungu Pauline wari utuye mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma, rwamenyekanye ku wa Gatanu tariki 15 Ugushyingo, aho umubiri we wabonetse mu kimoteri cyo mu rugo iwe, ariko hakaba harabonetse igihimba, mu gihe abamwishe umutwe we bawutwaye.

Perezida wa Ibuka mu Karere ka Ngoma, Omar Biseruka; avuga ko nyakwigendera yishwe ku wa Kane tariki 14 Ugushyingo, ariko umubiri we ukaboneka bucyeye bwaho.

Ati “Bamwishe urupfu rw’agashinyaguro, bamuca umutwe, igihimba bakijugunya mu kimoteri cyari mu gikari, abantu bakomeje gushakisha aho yagiye, biza kumenyekana ko bucyeye bwaho ku wa Gatanu.”

Nyakwigendera Pauline abaye uwa gatanu warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wishwe muri aya mezi atatu, nyuma y’abandi bishwe mu kwezi kwa Kanama (08) biciwe mu Turere twa Nyaruguru, Karongi n’aka Ruhango.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihuru, Dr Jean Damascene Bizimana, ubwo yatangaga ikiganiro mu ihuriro rya 17 ry’Umuryango Unity Club Intwaramuri, yagarutse kuri ibi bikorwa, avuga ko bikorwa n’ubundi n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, barangije ibihano bagasubira mu muryango mugari, cyangwa abo mu miryango yabo.

Perezida wa Ibuka ku rwego rw’Igihugu, Ahishakiye Napthal, avuga ko ibikorwa nk’ibi bibaho kubera uburangare bw’abayobozi bo mu nzego z’ibanze, ndetse n’ubw’abaturage.

Ati “Usanga aba bantu aho baba bari batuye, ahantu biciwe, ni hagati mu bantu, rimwe na rimwe n’ibimenyetso bikagaragaza ko batatse, bikanagaragaza ko hari abaturanyi babyumvise, ku buryo rimwe na rimwe iyo umaze gusesengura ibyo bintu usanga atari n’icyaha cyakozwe n’umuntu umwe, babiri cyangwa batatu baba bafashwe bakekwa, ukabona ni icyaha cy’umusozi, kuko usanga umuntu yatatse hakamenyekana ko hari n’abantu babyumvise ntibatabare yewe bakanacecekesha n’umuntu uwo ari we wese utabariza uwo muntu.”

Mu ijambo Perezida Paul Kagame yagejeje ku bitabiriye ririya Huriro ry’Umuryango Unity Club Intwararumuri ubwo yarisozaga, yavuze ko bitumvikana kuba muri iki gihe, umuntu yazira icyo abandi bazize mu myaka 30 ishize.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko Abanyarwanda badakwiye kwemera ko ibintu nk’ibi bibaho, mu gihe bagakwiye kuba bakomeje kurwanirira kwiyambura isura mbi bambitswe n’ibyabaye mu Rwanda, abasaba kubyamaganira kure kandi bakanabigirira uburakari bwo kubyanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Hashyizwe hanze ibibazo uruhuri bivugwa muri Gereza imwe muri Congo

Next Post

Menya impamvu hafashwe icyemezo kitanyuze abaje mu rubanza rw’umukozi w’Imana uzwi

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bishop uregwa ibirimo gukangisha gukwirakwiza amafoto y’imikoreshereze y’ibitsina yagejejwe imbere y’Urukiko

Menya impamvu hafashwe icyemezo kitanyuze abaje mu rubanza rw’umukozi w’Imana uzwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.