Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

radiotv10by radiotv10
27/10/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Mali cyahagaritse amasomo mu mashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza mu Gihugu hose, kubera ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli cyatewe n’ibikorwa by’imitwe y’iterabwoba ya kisilamu, bikomeje gutambamira itumizwa ryabyo hanze y’iki Gihugu.

Minisitiri w’Uburezi wa Mali, Amadou Sy Savane yatangarije kuri televiziyo y’Igihugu ko amashuri yose azakomeza gufunga kugeza ku itariki 09 Ugushyingo 2025, kuko ingendo z’abarimu n’abanyeshuri zahungabanyijwe n’ihagarikwa rya lisansi y’injira mu Gihugu.

Yavuze kandi ko Leta iri gukora ibishoboka byose kugira ngo iki kibazo gikemuke, ku buryo ku bitarenza 10 Ugushyingo, amashuri azaba yasubukuwe.

Kuva mu byumweru bishize, Mali yahungabanyijwe n’ibura rya lisansi rikabije, cyane cyane mu murwa mukuru i Bamako, nyuma yuko abarwanyi b’umutwe wa al-Qaeda bagabye igitero ku makamyo yari atwaye lisansi yinjiraga mu Gihugu.

Ni mugihe ubusanzwe lisansi yose Mali ikoresha, ituruka mu Bihugu by’abaturanyi nka Senegal na Côte d’Ivoire, ikanyuzwa mu nzira z’imihanda.

Nyuma yaho lisansi yinjiraga mu Gihugu ihagaritswe n’umutwe wa Al-Qaeda mu byumweru bishize, byatumye sitasiyo za lisansi mu mujyi wa  Bamako ziyibura, ibintu ibyatumye ingendo z’imodoka na zo zigabanuka muri uyu mujyi.

Leta ya Mali iyobowe n’igisirikare, yari iherutse kwizeza abaturage ko ikibazo cy’ibura rya lisansi kizamara igihe gito, ariko gikomeje kwiyongera.

Mu cyumweru gishize, Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za America i Bamako, yatangaje ko abakozi bayo badafite inshingano z’ingenzi hamwe n’imiryango yabo, bagomba kuva muri iki Gihugu kubera ikibazo gikomeje cy’ibura rya lisansi ndetse n’impungenge z’umutekano muke ushobora kwaduka muri iki Gihugu, kuko ryahagaritse n’itangwa ry’amashanyarazi muri iki Gihugu.

Mali iyobowe na Gen. Assimi Goïta, wafashe ubutegetsi mu 2021. Igisirikare kiyoboye ubutegetsi cyahawe ikaze n’abaturage ubwo cyafataga ubutegetsi, nyuma yo kwizeza gukemura ikibazo cy’umutekano muke cyatewe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bo mu bwoko bwa Tuareg bo mu majyaruguru, mu duce twigaruriwe n’intagondwa z’abahezanguni b’aba Islam.

Ingabo z’u Bufaransa zari zaroherejwe mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri 2013, mu rwego rwo guhangana n’izo nyeshyamba, ariko nyuma igisirikare kiyoboye ubutegetsi bwa Mali, cyaje kubirukana muri iki Gihugu, kizana abasirikare b’abacanshuro b’Abarusiya kugira ngo bahangane n’umutekano muke.

Icyakora na bo ntibabashije guhagarika ibikorwa by’intagondwa z’abajihadiste bikomeje gukaza umurego, ndetse uduce twinshi two mu majyaruguru n’uburasirazuba bwa Mali turacyari mu maboko y’imitwe yitwaje intwaro.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − twelve =

Previous Post

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Next Post

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Related Posts

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

Uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurashinjwa gukomeza kurasa ibisasu mu bice bituwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge muri Minembwe,...

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero...

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y'u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri 'Jus' yaciwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.