Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

radiotv10by radiotv10
17/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko bahangayikishijwe n’imibereho yabo y’ahazaza kubera itsinda ryiyise Abajongo rikomeje kwirara mu mirima yabo ku ngufu rikarimbura imyaka yabo rigamije gucukura amabuye y’agaciro.

Mu buhamya bwa bamwe muri aba baturage, bavuga ko iri tsinda rizwi nk’Abajongo rimaze igihe kinini ribabuza umutekano ku buryo ibikorwa byabo bigeye kubateza inzara bakaba abatindi kandi bari bitunze.

Nyirabagiri Annonciata (wo muri Nyamyumba/Rubavu) yagize ati “Uwitawe Mbabare Pierre yari atunzwe n’urutoki none Abajongo bararuhingaguye inzara igiye kumwica kimwe na Dativa na Emmanuel. Abo bose ni imbabare kubera Abajongo.”

Nyiraturatsinze Marceline (wo muri Kivumu/Rutsiro) yagize ati “None se ko ugeze mu isambu yanjye ntubyiboneye? [umunyamakuru yageze mu isambu y’uyu muturage asanga bari gucukura, bamwe bari mu mwobo undi ari kubacungira hejuru, bahita bamwirukankana].

Uyu muturage akomeza agira ati “Ubu iriya sambu nayihingaga abuzukuru nkabaciramo agatoki bakararira none sinzi uko tuzabaho.”

Bakomeza bagaragaza ko izi nsoresore zidatinya no gusenyeraho abantu inzu iyo zamenye ko yubatswe hejuru y’amabuye, zikirirwa inyuma mu mirima yabo.

Cyakora nubwo hari abaturage bamwe na bamwe bagenda bakorana n’izo nsoresore, bamwe mu baganiriye na RADIOTV10 babwiye umunyamakuru ko bigamba ko bishyuye ba nyirimirima, ahanini bagamije kugira ngo ubuyobozi abe ari bwo bubakurikirana.

Shyirambere Minani (wo muri Nyamyumba/Rubavu) ati “Bo baza baje gucukura bafite imipanga, kandi iyo bafashe umuntu bahita bamutema. Ubwo rero iyo ubonye umurima wawe ugiye kuzawusigaho ubuzima, ukabareka bagacukura.”

Nyiraturatsinze Marceline (wo muri Kivumu/Rutsiro) ati “Uwitwa Ruburi ubahagarariye sinzi aho ajyana ayo mabuye, ni we ubihazi gusa. Iyo bamaze gusinda bagenda bigamba ngo muzehe twamuhaye ibihumbi 180k kandi ari ukubeshya.”

Ubwo umunyamakuru yageraga mu mudugudu wa Kagera mu Kagari ka Kabere, umurenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, hafi y’agasozi bivugwa ko umubare munini w’abagize iryo tsinda batuyeho, yabonye bamwe muri bo bacukura umuhanda ku manywa y’ihangu.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa yamagana iby’iri tsinda rizwi nk’Abajongo, akavuga ko ari ubucukuzi butemewe bukunze gukorwamo na ba nyirimirima.

Ati “Aho hantu duhana imbibe na Rubavu, urumva bamwe baturuka za Rubavu bagahura n’abahaturiye mu Karere kacu maze bagakora ubucukuzi butemewe. Gusa muri kwa guhuza imbaraga nk’Uturere twombi twari twahashyize bamwe bakora ubwo bucukuzi butemewe. Ubundi rero icyo tugiye gukora ni ugufatanya n’inzego zibegereye kuko harimo abana babo, harimo abavandimwe. Gusa rya tsinda ngo ryitwa Abajongo, iryo ntaririho, ni abaturage baho, ni abana baho bakora ubucukuzi butemewe.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko kuva mu myaka itatu ishize, muri aka gace hamaze gufatwa abakora ubwo bucukuzi butemewe barenga 47.

Imirima yabo barayicukuye imwe yari irimo n’imyaka

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 3 =

Previous Post

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Next Post

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.