Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

radiotv10by radiotv10
19/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye
Share on FacebookShare on Twitter

Diyose Gatulika ya Cyangugu yaremeye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yoroza inka imiryango 10 itishoboye yo mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke, aho ivuga ko aya matungo ari igisobanuro cy’imibereho myiza, bityo ko iyagabira aba baturage kuko ibifuriza kugira ubuzima bwiza.

Uretse izi nka zagabiwe imiryango 10 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, iyi Diyoseze Gatulika ya Cyangugu iri no kubakira imiryango ibiri itagiraga amacumbi.

Ibyo bikorwa biteganyijwe kurangirana n’iminsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi byabimburiwe no koroza inka imiryango y’abarokotse batari bazifite kugira ngo babashe kubona amata n’ifumbire bityo na bo biteze imbere.

Bayizere Elias utari waragize amahirwe yo korora inka, nyuma yo kuyihabwa yagize ati “Ndishimye cyane kandi nshimiye Imana, nigeze kugira inka mu rugo ari umuntu uyindagije ariko ayitwara nta cyororo nyivanyeho kuko cyari ikimasa. Byangoraga cyane iyo byageraga mu gihe cyo guhinga kuko byansabaga kugura ifumbire, ariko ubu ngiye kubona ifumbire kandi n’abana bazabona amata”.

Mukakayijahu Bernadette wo mu Murenge wa Kamembe na we utagiraga inka, na we agira ati “Ubu ndishimiye cyane kuko nanjye ngiye kugira inka mu rugo, nagiraga uduhene gusa akaba ari two nkuraho ifumbire ariko ubu ngiye no kubona amata kandi nzasangira n’abaturanyi, buri muntu wese nzamuha ku mata.”

Abagabiwe inka bose bahita banahabwa umunyu wazo ndeste n’ibikoresho byo kuzitera umuti uzirinda ibirondwe kugira ngo biborohere guhita batangira kuzitaho.

Umuyobozi wa Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ndetse na Caritas muri Diyoseze Gatulika ya Cyangugu, Padiri Irakoze Hyacinthe, avuga ko ibi bikorwa ari ngarukamwaka kandi ko bikorwa hagamijwe kuzamura imibereho y’abababaye kurusha abandi binagizwemo uruhare n’inzego z’ibanze na Ibuka.

Ati “Hari n’ibikorwa dukora byo kwegera abarokotse Jenoside bababaye kurusha abandi tukabafasha mu iterambere, hari abo twubakira abandi tukabagabira inka. Amata ni ikimenyetso cy’ubuzima bwiza, ubwo rero abo tugabira inka tuba tubifuriza ubuzima bwiza.”

Uretse koroza inka abarokotse Jenoside batazigiraga, Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ya diyoseze gatolika ya Cyangugu iri kubakira uwarokotse Jenoside wo mu Murenge wa Nkanka muri Rusizi n’undi wo mu Murenge wa Kagano muri Nyamasheke.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco ushima ibi bikorwa, avuga ko bishimangira ubufatanye bwa Leta na Kiliziya Gatulika.

Ati “Ni ibikorwa twishimira cyane nk’Ubuyobozi ndetse bikaba biri mu rwego rwa bwa bufatanye Diyoseze Gatulika ya Cyangugu igirana n’Ubuyobozi, haba muri gahunda y’isanamitima, no mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.”

Inzu ziri kubakwa, imwe izaba ifite agaciro ka miliyoni 8 Frw, mu gihe inka ziri gutangwa muri iyi gahunda uko ari icumi, zifite agaciro ka miliyoni 5 Frw.

Avuga ko agiye kujya anywa amata kandi ko n’abaturanyi azajya abakamira
Akanyamuneza ni kose
Musenyeri wa Diyoseze ya Cyangugu, Sinayobye Edouard ni we wayoboye iki gikorwa

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + eleven =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

Next Post

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.