• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

radiotv10by radiotv10
19/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye
Share on FacebookShare on Twitter

Diyose Gatulika ya Cyangugu yaremeye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yoroza inka imiryango 10 itishoboye yo mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke, aho ivuga ko aya matungo ari igisobanuro cy’imibereho myiza, bityo ko iyagabira aba baturage kuko ibifuriza kugira ubuzima bwiza.

Uretse izi nka zagabiwe imiryango 10 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, iyi Diyoseze Gatulika ya Cyangugu iri no kubakira imiryango ibiri itagiraga amacumbi.

Ibyo bikorwa biteganyijwe kurangirana n’iminsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi byabimburiwe no koroza inka imiryango y’abarokotse batari bazifite kugira ngo babashe kubona amata n’ifumbire bityo na bo biteze imbere.

Bayizere Elias utari waragize amahirwe yo korora inka, nyuma yo kuyihabwa yagize ati “Ndishimye cyane kandi nshimiye Imana, nigeze kugira inka mu rugo ari umuntu uyindagije ariko ayitwara nta cyororo nyivanyeho kuko cyari ikimasa. Byangoraga cyane iyo byageraga mu gihe cyo guhinga kuko byansabaga kugura ifumbire, ariko ubu ngiye kubona ifumbire kandi n’abana bazabona amata”.

Mukakayijahu Bernadette wo mu Murenge wa Kamembe na we utagiraga inka, na we agira ati “Ubu ndishimiye cyane kuko nanjye ngiye kugira inka mu rugo, nagiraga uduhene gusa akaba ari two nkuraho ifumbire ariko ubu ngiye no kubona amata kandi nzasangira n’abaturanyi, buri muntu wese nzamuha ku mata.”

Abagabiwe inka bose bahita banahabwa umunyu wazo ndeste n’ibikoresho byo kuzitera umuti uzirinda ibirondwe kugira ngo biborohere guhita batangira kuzitaho.

Umuyobozi wa Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ndetse na Caritas muri Diyoseze Gatulika ya Cyangugu, Padiri Irakoze Hyacinthe, avuga ko ibi bikorwa ari ngarukamwaka kandi ko bikorwa hagamijwe kuzamura imibereho y’abababaye kurusha abandi binagizwemo uruhare n’inzego z’ibanze na Ibuka.

Ati “Hari n’ibikorwa dukora byo kwegera abarokotse Jenoside bababaye kurusha abandi tukabafasha mu iterambere, hari abo twubakira abandi tukabagabira inka. Amata ni ikimenyetso cy’ubuzima bwiza, ubwo rero abo tugabira inka tuba tubifuriza ubuzima bwiza.”

Uretse koroza inka abarokotse Jenoside batazigiraga, Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ya diyoseze gatolika ya Cyangugu iri kubakira uwarokotse Jenoside wo mu Murenge wa Nkanka muri Rusizi n’undi wo mu Murenge wa Kagano muri Nyamasheke.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco ushima ibi bikorwa, avuga ko bishimangira ubufatanye bwa Leta na Kiliziya Gatulika.

Ati “Ni ibikorwa twishimira cyane nk’Ubuyobozi ndetse bikaba biri mu rwego rwa bwa bufatanye Diyoseze Gatulika ya Cyangugu igirana n’Ubuyobozi, haba muri gahunda y’isanamitima, no mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.”

Inzu ziri kubakwa, imwe izaba ifite agaciro ka miliyoni 8 Frw, mu gihe inka ziri gutangwa muri iyi gahunda uko ari icumi, zifite agaciro ka miliyoni 5 Frw.

Avuga ko agiye kujya anywa amata kandi ko n’abaturanyi azajya abakamira
Akanyamuneza ni kose
Musenyeri wa Diyoseze ya Cyangugu, Sinayobye Edouard ni we wayoboye iki gikorwa

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

Next Post

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.