Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe

radiotv10by radiotv10
01/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rwanzekuma mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bavuga ko abayobozi baje kubabarura kugira ngo bazahabwe inkunga y’amafaranga, ariko bagatungurwa no kuba ayo mafaranga yarahawe abayobozi baje kubabarura.

Aba baturage batishoboye, babwiye RADIOTV10 ko mu gihe cya COVID-19 ubuyobozi bwabemereye inkunga y’amafaranga kuko bakoraga ubucuruzi bwambukiranya umupaka bwaje kuzahazwa n’ingamba zo kwirinda iki cyorezo.

Bavuga kandi ko abayobozi baje kubabarura kugira ngo bazabone uko bazahabwa iyo nkunga bari bizejwe, ariko barategereza amaso ahera mu kirere.

Ndagijimana Sabato avuga ko umugore we yakoraga ubucuruzi bwamubukiranya umupaka, na we akaba yarikoreraga imizigo, ndetse umuryango wabo na wo ukaba uri mu yari yemerewe iyi nkunga.

Ati “Abayobozi bajyaga batugeraho bakatubwira bati ‘mwihangane inkunga yanyu iri mu nzira’, ubwo turategereza haza no kwandikwa n’icyiciro cya kabiri.”

Uyu mugabo uvuga ko abazaga kubarura babazaga amarangamuntu ndetse na nimero za telefone kugira ngo bazaboherereze amafaranga, ariko ko atigeze abageraho, ahubwo bakaza kumenya amakuru ko ayo mafaranga yaje guhabwa abayobozi.

Ati “Nakurikiranye amakuru, nza kumenya ko abayobozi ba hano mu Kagari bayariye, na bo bagiye kuyishyura ku Murenge.”

Ntagize Annonciata na we uvuga ko yari yemerewe inkunga ntimugereho, avuga ko abaje kuyiyoberezaho, bageze aho bakabivuga barayamaze, bigatuma bibashyira mu gihirahiro.

Ati “Mu bariye ayo mafaranga babyivuze nyuma yaho amaze kugenda, ubwo rero kuyakurikirana ntibyabaye bigishobotse kuko nabimenye hashize nk’amezi ane.”

Icyakora bamwe mu babonye aya mafaranga, bashimira Leta kuba yarabagobotse kuko iyo batabona iyi nkunga, inzara yashoboraga kubageza kure.

Ndayambaje Jean Paul ati “Na n’ubu kano kajwi mfite […], ibihumbi ijana na mirongo itanu (150 000Frw) byaraje nguramo ibilo ijana na mirongo itanu by’imbuto, ndagenda ndahinga na n’ubu iyo mbuto ndacyayifite n’amafaranga ni yo nkiryaho.”

Ndayambaje akomeza avuga ko koko hari bagenzi be bari bemerewe iyi nkunga batayihawe, akavuga ko baharenganiye kuko gusonza wanemerewe inkunga byongera uburibwe bw’inzara.

Ati “Abantu bavukijwe iyo nkunga y’ibihumbi ijana na mirongo itanu kandi barayemerewe na Perezida w’u Rwanda, barabahemukiye kandi barahungabanye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse avuga ko bagiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo bamenye uko giteye babe bagishakira umuti.

Ati “Turi gukurikirana ishingiro rya kiriya kibazo, niba ibyo bavuga bifite ishingiro, bisaba rero kwegeranya amakuru yose hanyuma tukagira icyo dukuramo.”

Mu bihe by’icyorezo cya COVID-19 na nyuma yuko kigenjeje amaguru macye, Leta yagiye itanga inkunga ku batishoboye bahungabanyijwe n’ingamba zo kwirinda iki cyorezo, aho abo muri aka gace bahawe ibihumbi 150 Frw.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + one =

Previous Post

Rayon itanze igisubizo gitunguranye ku makuru atashimishije abakunzi bayo

Next Post

Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye igihe azibarukiraho imfura ye muri Muzika

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye igihe azibarukiraho imfura ye muri Muzika

Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye igihe azibarukiraho imfura ye muri Muzika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.