Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe

radiotv10by radiotv10
01/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rwanzekuma mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bavuga ko abayobozi baje kubabarura kugira ngo bazahabwe inkunga y’amafaranga, ariko bagatungurwa no kuba ayo mafaranga yarahawe abayobozi baje kubabarura.

Aba baturage batishoboye, babwiye RADIOTV10 ko mu gihe cya COVID-19 ubuyobozi bwabemereye inkunga y’amafaranga kuko bakoraga ubucuruzi bwambukiranya umupaka bwaje kuzahazwa n’ingamba zo kwirinda iki cyorezo.

Bavuga kandi ko abayobozi baje kubabarura kugira ngo bazabone uko bazahabwa iyo nkunga bari bizejwe, ariko barategereza amaso ahera mu kirere.

Ndagijimana Sabato avuga ko umugore we yakoraga ubucuruzi bwamubukiranya umupaka, na we akaba yarikoreraga imizigo, ndetse umuryango wabo na wo ukaba uri mu yari yemerewe iyi nkunga.

Ati “Abayobozi bajyaga batugeraho bakatubwira bati ‘mwihangane inkunga yanyu iri mu nzira’, ubwo turategereza haza no kwandikwa n’icyiciro cya kabiri.”

Uyu mugabo uvuga ko abazaga kubarura babazaga amarangamuntu ndetse na nimero za telefone kugira ngo bazaboherereze amafaranga, ariko ko atigeze abageraho, ahubwo bakaza kumenya amakuru ko ayo mafaranga yaje guhabwa abayobozi.

Ati “Nakurikiranye amakuru, nza kumenya ko abayobozi ba hano mu Kagari bayariye, na bo bagiye kuyishyura ku Murenge.”

Ntagize Annonciata na we uvuga ko yari yemerewe inkunga ntimugereho, avuga ko abaje kuyiyoberezaho, bageze aho bakabivuga barayamaze, bigatuma bibashyira mu gihirahiro.

Ati “Mu bariye ayo mafaranga babyivuze nyuma yaho amaze kugenda, ubwo rero kuyakurikirana ntibyabaye bigishobotse kuko nabimenye hashize nk’amezi ane.”

Icyakora bamwe mu babonye aya mafaranga, bashimira Leta kuba yarabagobotse kuko iyo batabona iyi nkunga, inzara yashoboraga kubageza kure.

Ndayambaje Jean Paul ati “Na n’ubu kano kajwi mfite […], ibihumbi ijana na mirongo itanu (150 000Frw) byaraje nguramo ibilo ijana na mirongo itanu by’imbuto, ndagenda ndahinga na n’ubu iyo mbuto ndacyayifite n’amafaranga ni yo nkiryaho.”

Ndayambaje akomeza avuga ko koko hari bagenzi be bari bemerewe iyi nkunga batayihawe, akavuga ko baharenganiye kuko gusonza wanemerewe inkunga byongera uburibwe bw’inzara.

Ati “Abantu bavukijwe iyo nkunga y’ibihumbi ijana na mirongo itanu kandi barayemerewe na Perezida w’u Rwanda, barabahemukiye kandi barahungabanye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse avuga ko bagiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo bamenye uko giteye babe bagishakira umuti.

Ati “Turi gukurikirana ishingiro rya kiriya kibazo, niba ibyo bavuga bifite ishingiro, bisaba rero kwegeranya amakuru yose hanyuma tukagira icyo dukuramo.”

Mu bihe by’icyorezo cya COVID-19 na nyuma yuko kigenjeje amaguru macye, Leta yagiye itanga inkunga ku batishoboye bahungabanyijwe n’ingamba zo kwirinda iki cyorezo, aho abo muri aka gace bahawe ibihumbi 150 Frw.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 8 =

Previous Post

Rayon itanze igisubizo gitunguranye ku makuru atashimishije abakunzi bayo

Next Post

Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye igihe azibarukiraho imfura ye muri Muzika

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka
AMAHANGA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye igihe azibarukiraho imfura ye muri Muzika

Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye igihe azibarukiraho imfura ye muri Muzika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.