Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe

radiotv10by radiotv10
01/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rwanzekuma mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bavuga ko abayobozi baje kubabarura kugira ngo bazahabwe inkunga y’amafaranga, ariko bagatungurwa no kuba ayo mafaranga yarahawe abayobozi baje kubabarura.

Aba baturage batishoboye, babwiye RADIOTV10 ko mu gihe cya COVID-19 ubuyobozi bwabemereye inkunga y’amafaranga kuko bakoraga ubucuruzi bwambukiranya umupaka bwaje kuzahazwa n’ingamba zo kwirinda iki cyorezo.

Bavuga kandi ko abayobozi baje kubabarura kugira ngo bazabone uko bazahabwa iyo nkunga bari bizejwe, ariko barategereza amaso ahera mu kirere.

Ndagijimana Sabato avuga ko umugore we yakoraga ubucuruzi bwamubukiranya umupaka, na we akaba yarikoreraga imizigo, ndetse umuryango wabo na wo ukaba uri mu yari yemerewe iyi nkunga.

Ati “Abayobozi bajyaga batugeraho bakatubwira bati ‘mwihangane inkunga yanyu iri mu nzira’, ubwo turategereza haza no kwandikwa n’icyiciro cya kabiri.”

Uyu mugabo uvuga ko abazaga kubarura babazaga amarangamuntu ndetse na nimero za telefone kugira ngo bazaboherereze amafaranga, ariko ko atigeze abageraho, ahubwo bakaza kumenya amakuru ko ayo mafaranga yaje guhabwa abayobozi.

Ati “Nakurikiranye amakuru, nza kumenya ko abayobozi ba hano mu Kagari bayariye, na bo bagiye kuyishyura ku Murenge.”

Ntagize Annonciata na we uvuga ko yari yemerewe inkunga ntimugereho, avuga ko abaje kuyiyoberezaho, bageze aho bakabivuga barayamaze, bigatuma bibashyira mu gihirahiro.

Ati “Mu bariye ayo mafaranga babyivuze nyuma yaho amaze kugenda, ubwo rero kuyakurikirana ntibyabaye bigishobotse kuko nabimenye hashize nk’amezi ane.”

Icyakora bamwe mu babonye aya mafaranga, bashimira Leta kuba yarabagobotse kuko iyo batabona iyi nkunga, inzara yashoboraga kubageza kure.

Ndayambaje Jean Paul ati “Na n’ubu kano kajwi mfite […], ibihumbi ijana na mirongo itanu (150 000Frw) byaraje nguramo ibilo ijana na mirongo itanu by’imbuto, ndagenda ndahinga na n’ubu iyo mbuto ndacyayifite n’amafaranga ni yo nkiryaho.”

Ndayambaje akomeza avuga ko koko hari bagenzi be bari bemerewe iyi nkunga batayihawe, akavuga ko baharenganiye kuko gusonza wanemerewe inkunga byongera uburibwe bw’inzara.

Ati “Abantu bavukijwe iyo nkunga y’ibihumbi ijana na mirongo itanu kandi barayemerewe na Perezida w’u Rwanda, barabahemukiye kandi barahungabanye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse avuga ko bagiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo bamenye uko giteye babe bagishakira umuti.

Ati “Turi gukurikirana ishingiro rya kiriya kibazo, niba ibyo bavuga bifite ishingiro, bisaba rero kwegeranya amakuru yose hanyuma tukagira icyo dukuramo.”

Mu bihe by’icyorezo cya COVID-19 na nyuma yuko kigenjeje amaguru macye, Leta yagiye itanga inkunga ku batishoboye bahungabanyijwe n’ingamba zo kwirinda iki cyorezo, aho abo muri aka gace bahawe ibihumbi 150 Frw.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 3 =

Previous Post

Rayon itanze igisubizo gitunguranye ku makuru atashimishije abakunzi bayo

Next Post

Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye igihe azibarukiraho imfura ye muri Muzika

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement
AMAHANGA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye igihe azibarukiraho imfura ye muri Muzika

Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye igihe azibarukiraho imfura ye muri Muzika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.