Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyabujijwe abaganga bose mu Rwanda hari ababyadukanye babyimika nk’umuco

radiotv10by radiotv10
18/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ibyabujijwe abaganga bose mu Rwanda hari ababyadukanye babyimika nk’umuco
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Rukoma cyo mu Murenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, baranenga imyitwarire y’abaganga bahakora yo kwigira kuri telefoni, bakavuga ko hatagize igikorwa hari abarangaranwa n’ubuzima bukaba bwabacika.

Ubwo umunyamakuru wa RADIOTV10 yageraga ku Kigo nderabuzima cya Rukoma, yasanze hari abarwayi bategereje kubonana n’abaganga, n’abandi bategereje izindi serivisi, ariko bose baguye mu kantu.

Yasanze kandi bamwe mu baganga batanga serivisi ariko na telefone ziri ku matwi, abandi bibereye hanze y’ibiro bari kuvugira kuri telefone.

Ni ibintu binengwa na bamwe mu bari baje kwivuriza kuri iki Kigo Nderabuzima, bavuga ko iyi myitwarire y’abaganga imaze kumenyerwa, ariko ko idakwiye.

Ihogoza Marie Grace yagize ati “Hari igihe umuntu ashobora kuharenganira waje afite nk’umurwayi arembye undi akagira kuri terefoni.”

Aba baturage bavuga ko iyi myitwarire idakwiye igaragazwa n’abaganga, bashobora kuba bayiterwa no kuba biganjemo abo mu cyiciro cy’urubyiruko, bagasaba ko hagira igikorwa, kuko bitabaye ibyo, hari n’abarwayi bashobora kuzarangaranwa bikaba byateza ingaruka zirimo n’izikomeye nko kubura ubuzima.

Soeur Godbelt Uwimana, uyobora iki Kigo Nderabuzima cya Rukoma, yabwiye RADIOTV10 ko badasiba kwibutsa abaganga ko telefone zitemewe mu gihe bari mu kazi.

Ati “Duhora tubibutsa kudakoresha amatelefoni kugira ngo batarangara cyangwa ngo babure uko bakira neza abaje batugana. N’ubundi byahozeho (Kubika terefoni, zigakoreshwa nyuma y’akazi) ubwo ni ukongera tukabakangurira bakazibika.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yavuze ko Umukozi ajya kuri terefoni atararangiza gutanga serivisi, ari amakosa akomeye.

Ati “None se umuntu aba yagiye mu kazi akajya muri telefoni! Inama tubaha ni ukunoza imitangire ya serivisi bita ku babagana. Igihe batararangiza gutanga serivisi ndumva ntabiba byihutirwa byo kuri terefoni. Turaza gukorerayo turabahwitura.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Nkurunziza says:
    2 years ago

    Bino ni ibintu bitari byiza ark institutions bakorera zagombye gushyiraho communication muri services ( telephone z,akazi) kuko wasanga aba arikubaza mugenziwe ibijyanye no mukazi batari gukora muri service zomwe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 5 =

Previous Post

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Next Post

Kigali: Mu minsi 3 hamaze gufatwa ibinyabiziga 450 mu mukwabu w’amakosa yahagurukiwe

Related Posts

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
18/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
18/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

IZIHERUKA

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World
IMIBEREHO MYIZA

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Mu minsi 3 hamaze gufatwa ibinyabiziga 450 mu mukwabu w’amakosa yahagurukiwe

Kigali: Mu minsi 3 hamaze gufatwa ibinyabiziga 450 mu mukwabu w’amakosa yahagurukiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.