Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyabujijwe abaganga bose mu Rwanda hari ababyadukanye babyimika nk’umuco

radiotv10by radiotv10
18/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ibyabujijwe abaganga bose mu Rwanda hari ababyadukanye babyimika nk’umuco
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Rukoma cyo mu Murenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, baranenga imyitwarire y’abaganga bahakora yo kwigira kuri telefoni, bakavuga ko hatagize igikorwa hari abarangaranwa n’ubuzima bukaba bwabacika.

Ubwo umunyamakuru wa RADIOTV10 yageraga ku Kigo nderabuzima cya Rukoma, yasanze hari abarwayi bategereje kubonana n’abaganga, n’abandi bategereje izindi serivisi, ariko bose baguye mu kantu.

Yasanze kandi bamwe mu baganga batanga serivisi ariko na telefone ziri ku matwi, abandi bibereye hanze y’ibiro bari kuvugira kuri telefone.

Ni ibintu binengwa na bamwe mu bari baje kwivuriza kuri iki Kigo Nderabuzima, bavuga ko iyi myitwarire y’abaganga imaze kumenyerwa, ariko ko idakwiye.

Ihogoza Marie Grace yagize ati “Hari igihe umuntu ashobora kuharenganira waje afite nk’umurwayi arembye undi akagira kuri terefoni.”

Aba baturage bavuga ko iyi myitwarire idakwiye igaragazwa n’abaganga, bashobora kuba bayiterwa no kuba biganjemo abo mu cyiciro cy’urubyiruko, bagasaba ko hagira igikorwa, kuko bitabaye ibyo, hari n’abarwayi bashobora kuzarangaranwa bikaba byateza ingaruka zirimo n’izikomeye nko kubura ubuzima.

Soeur Godbelt Uwimana, uyobora iki Kigo Nderabuzima cya Rukoma, yabwiye RADIOTV10 ko badasiba kwibutsa abaganga ko telefone zitemewe mu gihe bari mu kazi.

Ati “Duhora tubibutsa kudakoresha amatelefoni kugira ngo batarangara cyangwa ngo babure uko bakira neza abaje batugana. N’ubundi byahozeho (Kubika terefoni, zigakoreshwa nyuma y’akazi) ubwo ni ukongera tukabakangurira bakazibika.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yavuze ko Umukozi ajya kuri terefoni atararangiza gutanga serivisi, ari amakosa akomeye.

Ati “None se umuntu aba yagiye mu kazi akajya muri telefoni! Inama tubaha ni ukunoza imitangire ya serivisi bita ku babagana. Igihe batararangiza gutanga serivisi ndumva ntabiba byihutirwa byo kuri terefoni. Turaza gukorerayo turabahwitura.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Nkurunziza says:
    2 years ago

    Bino ni ibintu bitari byiza ark institutions bakorera zagombye gushyiraho communication muri services ( telephone z,akazi) kuko wasanga aba arikubaza mugenziwe ibijyanye no mukazi batari gukora muri service zomwe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 6 =

Previous Post

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Next Post

Kigali: Mu minsi 3 hamaze gufatwa ibinyabiziga 450 mu mukwabu w’amakosa yahagurukiwe

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Mu minsi 3 hamaze gufatwa ibinyabiziga 450 mu mukwabu w’amakosa yahagurukiwe

Kigali: Mu minsi 3 hamaze gufatwa ibinyabiziga 450 mu mukwabu w’amakosa yahagurukiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.