Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyabujijwe abaganga bose mu Rwanda hari ababyadukanye babyimika nk’umuco

radiotv10by radiotv10
18/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ibyabujijwe abaganga bose mu Rwanda hari ababyadukanye babyimika nk’umuco
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Rukoma cyo mu Murenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, baranenga imyitwarire y’abaganga bahakora yo kwigira kuri telefoni, bakavuga ko hatagize igikorwa hari abarangaranwa n’ubuzima bukaba bwabacika.

Ubwo umunyamakuru wa RADIOTV10 yageraga ku Kigo nderabuzima cya Rukoma, yasanze hari abarwayi bategereje kubonana n’abaganga, n’abandi bategereje izindi serivisi, ariko bose baguye mu kantu.

Yasanze kandi bamwe mu baganga batanga serivisi ariko na telefone ziri ku matwi, abandi bibereye hanze y’ibiro bari kuvugira kuri telefone.

Ni ibintu binengwa na bamwe mu bari baje kwivuriza kuri iki Kigo Nderabuzima, bavuga ko iyi myitwarire y’abaganga imaze kumenyerwa, ariko ko idakwiye.

Ihogoza Marie Grace yagize ati “Hari igihe umuntu ashobora kuharenganira waje afite nk’umurwayi arembye undi akagira kuri terefoni.”

Aba baturage bavuga ko iyi myitwarire idakwiye igaragazwa n’abaganga, bashobora kuba bayiterwa no kuba biganjemo abo mu cyiciro cy’urubyiruko, bagasaba ko hagira igikorwa, kuko bitabaye ibyo, hari n’abarwayi bashobora kuzarangaranwa bikaba byateza ingaruka zirimo n’izikomeye nko kubura ubuzima.

Soeur Godbelt Uwimana, uyobora iki Kigo Nderabuzima cya Rukoma, yabwiye RADIOTV10 ko badasiba kwibutsa abaganga ko telefone zitemewe mu gihe bari mu kazi.

Ati “Duhora tubibutsa kudakoresha amatelefoni kugira ngo batarangara cyangwa ngo babure uko bakira neza abaje batugana. N’ubundi byahozeho (Kubika terefoni, zigakoreshwa nyuma y’akazi) ubwo ni ukongera tukabakangurira bakazibika.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yavuze ko Umukozi ajya kuri terefoni atararangiza gutanga serivisi, ari amakosa akomeye.

Ati “None se umuntu aba yagiye mu kazi akajya muri telefoni! Inama tubaha ni ukunoza imitangire ya serivisi bita ku babagana. Igihe batararangiza gutanga serivisi ndumva ntabiba byihutirwa byo kuri terefoni. Turaza gukorerayo turabahwitura.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Nkurunziza says:
    2 years ago

    Bino ni ibintu bitari byiza ark institutions bakorera zagombye gushyiraho communication muri services ( telephone z,akazi) kuko wasanga aba arikubaza mugenziwe ibijyanye no mukazi batari gukora muri service zomwe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + six =

Previous Post

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Next Post

Kigali: Mu minsi 3 hamaze gufatwa ibinyabiziga 450 mu mukwabu w’amakosa yahagurukiwe

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Mu minsi 3 hamaze gufatwa ibinyabiziga 450 mu mukwabu w’amakosa yahagurukiwe

Kigali: Mu minsi 3 hamaze gufatwa ibinyabiziga 450 mu mukwabu w’amakosa yahagurukiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.