Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyagaragaye ku muzunguzayi n’Umu-DASSO byaneguwe n’ababibonye

radiotv10by radiotv10
21/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyagaragaye ku muzunguzayi n’Umu-DASSO byaneguwe n’ababibonye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu mujyi wa Rwamagana mu Karere ka Rwamagana, banenga imyitwarire ya bamwe mu bakorera Urwego rushinzwe kunganira Akarere mu mutekano (DASSO), nyuma y’uko umwe mu bakorera uru rwego ashikuje umuzunguzayi agataro k’imbuto, zikamenagurika.

Ibi byabereye ahazwi nko kuri Arrete mu mujyi wa Rwamagana mu Murenge wa Kigabiro, aho umuzunguzayi witwa Uwingeneye Clementine yagaragaye atoragura imbuto yameneshejwe n’Umu-DASSO.

Uyu muzunguzayi wemera ko ibyo yakoraga bitemewe, avuga ko aho bahawe ngo bahacururize, harimo ikibazo cyatumye yiyemeza gusubira gucururiza ku muhanda.

Ati “Kuzunguza ndabizi ko bitemewe ariko aho baduhaye ntihadukwiriye. Habamo ibyihebe, njye ndabahunga kereka mpawe nk’iseta mu isoko ariko nta bushobozi mfite.”

Ababonye ibyabaye kuri uyu muzunguzayi ndetse n’ukorera DASSO, bavuga ko uyu muturage yasagariwe kuko nubwo yakoraga ibitemewe, ariko yagombaga gufatwa ahawe agaciro ariko ntamenerwe ibyo yari afite.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigabiro, Rushimisha Marck, na we avuga ko bidakwiye ko Dasso ahutaza umuturage, ahubwo ko akwiye kumugira inama, ariko ko nanone abaturage na bo bakwiye kutishora mu bitemewe.

Ati “Dasso kuvuga ngo arababangamira ni uko baba bazi ko babikora bitemewe. Ntibyemewe kubera ko bahawe ibisima mu isoko nta n’umwe rero wemerewe gucururiza mu muhanda. Ni ukwigisha nanjye mba ndimo kubigisha. Ni umuntu utatiriye icyemezo cyafashwe turamwigisha.”

Yakomeje avuga ko bagiye gukurikirana iby’iki kibazo, ati “Nta muntu ukwiye guhohotera umuturage, tugira slogan [intero] ivuga ko umuturage ari ku isonga.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + twenty =

Previous Post

Menya umwanya Pasiporo Nyarwanda iriho mu zihagazeho ku Isi n’imyanya yazamutseho

Next Post

Arabakenesha cyangwa arabakiza?: Hari impaka ku cyo amadini amarira abayoboke mu mikoro

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka
AMAHANGA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Arabakenesha cyangwa arabakiza?: Hari impaka ku cyo amadini amarira abayoboke mu mikoro

Arabakenesha cyangwa arabakiza?: Hari impaka ku cyo amadini amarira abayoboke mu mikoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.