Tuesday, March 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyagaragaye mu iperereza ku mwana ukurikiranyweho gusambanya abandi bana b’abahungu bato

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha mu Karere ka Nyagatare bukurikiranye umwana w’imyaka 17 y’amavuko ukekwaho icyaha cyo gusambanya abana b’abahungu batanu, buvuga ko yagiye abashukisha ibirimo ibisheke, ndetse na we akaba yiyemerera ko yasambanyije umwana umwe ishuro nyinshi.

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo uyu mwana yamaze gutingunywa n’ Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyagatare, yashyikirijwe Urukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ukwakira 2024.

Ubushinjacyaha buvuga ko abana b’abahungu basambanyijwe n’uyu mwana, bari hagati y’imyaka itanu (5) n’icumi (10).

Ibikorwa bishinjwa uyu mwana, byakozwe mu bihe bitandukanye mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka wa 2024.

Ubushinjacyaha bugira buti “yagiye ashukisha abana bato b’abahungu amabombo, ibisheke, amandazi, biscuits hamwe n’amafaranga, akabasambanya.”

Ubushinjacyaha bukomeza bugira buvuga ko “Mu ibazwa rye [uyu mwana w’imyaka 17] yemera ko yasambanyije umwana umwe inshuro zirenga eshatu, akabisabira imbabazi, mu gihe iperereza ryakozwe ryerekana ko abana basambanyijwe ari batanu.”

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Ingingo ya 54: Ihanwa ry’umuntu ufite imyaka iri hagati ya cumi n’ine (14) na cumi n’umunani (18) y’amavuko

Iyo uwahamwe n’icyaha yari afite nibura imyaka cumi n’ine (14) y’amavuko ariko atarageza ku myaka cumi n’umunani (18) mu gihe icyaha cyakorwaga, ibihano bitangwa ni ibi bikurikira:

  1. igifungo cy’imyaka itari munsi y’icumi (10) ariko itarenga cumi n’itanu (15) iyo yari guhanishwa igifungo cya burundu;
  2.  igihano kidashobora kurenga kimwe cya kabiri (1/2) cy’igihano yagombaga guhanishwa, iyo yari guhanishwa igifungo kimara igihe kizwi cyangwa igihano cy’ihazabu. 
Ibihano bivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo ni nabyo bihabwa icyitso iyo cyari gifite nibura imyaka cumi n’ine (14) y’amavuko ariko kitarageza ku myaka cumi n’umunani (18) mu gihe icyaha cyakorwaga.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Uwamahoro Jeanine says:
    1 year ago

    Mbega ihohireta wee uwo mwnw bamujyane mukigo ngorora mico pee kuko biraba aje cyanee

    Reply

Leave a Reply to Uwamahoro Jeanine Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + three =

Previous Post

Rutsiro: Gahunda yashyiriweho abatishoboye bo bayibona nk’iyo kuzamura abayobozi mu z’Ibanze

Next Post

Uko impanuka y’imodoka yatumye uwari uyitwaye atahurwaho icyaha cyerekeye ibyaturutse muri Congo

Related Posts

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

by radiotv10
09/03/2026
0

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney wabaye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihigu, ubu akaba ari Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Gusubiza mu Buzima...

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

by radiotv10
09/03/2026
0

Polisi y’u Rwanda, yatangaje ko umuhanda Muhanga- Ngororero- Mukamira wongeye kuba nyabagendwa, nyuma yuko wamaze amasaha udakoreshwa kubera imvura nyinshi....

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
09/03/2026
0

Atete Kagorora wo mu Rwanda wegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko...

Why former UR students must repay Government study loans

Why former UR students must repay Government study loans

by radiotv10
09/03/2026
0

For many students at the University of Rwanda (UR), receiving government support is the key to pursuing higher education. Tuition...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/03/2026
0

IZIHERUKA

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino
FOOTBALL

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

by radiotv10
09/03/2026
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

09/03/2026
U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

09/03/2026
Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

09/03/2026
Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

09/03/2026
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

09/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko impanuka y’imodoka yatumye uwari uyitwaye atahurwaho icyaha cyerekeye ibyaturutse muri Congo

Uko impanuka y’imodoka yatumye uwari uyitwaye atahurwaho icyaha cyerekeye ibyaturutse muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.