Umunyamakuru Murindahabi Irene uzwi nka M. Irene, yateguje ko agiye kugaragara muri filimi y’uruhererekane azakinanamo na Inkindi Aisha usanzwe amenyerewe muri sinema nyarwanda.
Uyu munyamakuru yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Mata 2026 mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, buherekejwe n’amafoto bigaragara ko yafashwe ubwo we na Aisha bariho bakinana filimi.
M. Irene asa nk’ugaragaza imiterere y’iyi firimi y’uruhererekane, yerekanye ko ishobora kuzaba ari iy’urukundo, aho yagize ati “Urukundo ntacyo warugura Shema na Teta [agaragaza abakinankuru bashobora kuzaba bari muri iyo filimi]”

Yakomeje ararikira abantu ko mu gihe cya vuba bazatangira kumubona kuri za televiziyo na za telefone na za mudasobwa zabo. Ayi “Isereri Series vuba cyane iratangira kugaragara kuri screen zanyu. Kuri YouTube ya MIE.”
M. Irene usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube Channel ye ya MIE Empire, akunze gukoresha ibiganiro uriya mukinnyi wa filimi Aisha, aho banyuzamo basa n’abashyenga, bakavuga ko bakundana.

RADIOTV10











