Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyakurikiye amashusho y’umunyeshuri w’umuzungukazi wahohoteye uw’umwiraburakazi birababaje

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Ibyakurikiye amashusho y’umunyeshuri w’umuzungukazi wahohoteye uw’umwiraburakazi birababaje
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyeshuri w’umuzungukazi wagaragaye abangamira uw’umwiraburakazi muri kaminza ya Kentucky muri Leta Zunze Ubumwe za America, yirukanywe burundu muri iri shuri kandi ubuyobozi bw’iyi kaminuza buvuga buzagira uruhare mu itangwa ry’ubutabera, ndetse uyu munyeshuri na we yavuze ko yicuza cyane ibyo yakoze.

Uyu munyeshuri w’umukobwa wagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, yitwa Sophia Rosing ubu ntakiri umunyeshuri wa University of Kentucky.

Perezida w’iyi kaminuza, Eli Capilouto yavuze ko birukanye burundu uyu munyeshuri mu rwego rwo guha ubutumwa abiga muri iri shuri ko badashobora kwihanganira ivangura rishingiye ku ruhu.

Uyu muyobozi w’iyi kaminuza kandi yavuze ko nubwo birukanye uyu munyeshuri ariko bitarangiriye aho kuko bazagira n’uruhare mu gutanga ubutabera.

Yagize ati “Nubwo atari umunyeshuri wacu, ariko tuzakomeza iperereza ryacu, ikindi kandi tuzafatanya n’urwego rushinzwe kugenza ibyaha mu gukora iperereza.”

Yavuze ko ubusanzwe iyi kaminuza ikomeye cyane ku mahame yo kutavangura abanyeshuri hashingiwe ku ruhu.

Ati “Ikindi kandi amahame yacu ngengamyitwarire y’abanyeshuri, ari gusubirwamo n’ibiro bishinzwe uburinganire no kunganya abantu.”

Yakomeje avuga ko nk’umuryango mugari ushyize imbere gukumira ihohoterwa rishingiye ku ruhu, batanagomba kwihanganira na gato ugaragaweho icyo gikorwa.

Ati “Ikindi kandi umuntu wese wagaragayeho ivangura rishingiye ku ruhu, agomba kubiryozwa. Iki kirego kiri mu byo dushyize imbere.”

Fred Peters, Umunyamategeko w’uyu munyeshuri, aherutse kubwira CNN ko uyu munyeshuri na we yatewe icyasha n’ibyo yakoze ndetse ko yumva bimuremereye.

Uyu munyeshuri kandi nyuma yo gukora kiriya gikorwa ataranafatirwa icyemezo cyo kwirukanwa, yari yavuze ko na we yumva adakwiye kuguma muri iri shuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 10 =

Previous Post

Ubusesenguzi bw’umuhanga ku ndege y’intambara ya Congo yaje mu Rwanda izuba riva

Next Post

Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)

Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.