Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyakurikiye amashusho y’umunyeshuri w’umuzungukazi wahohoteye uw’umwiraburakazi birababaje

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Ibyakurikiye amashusho y’umunyeshuri w’umuzungukazi wahohoteye uw’umwiraburakazi birababaje
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyeshuri w’umuzungukazi wagaragaye abangamira uw’umwiraburakazi muri kaminza ya Kentucky muri Leta Zunze Ubumwe za America, yirukanywe burundu muri iri shuri kandi ubuyobozi bw’iyi kaminuza buvuga buzagira uruhare mu itangwa ry’ubutabera, ndetse uyu munyeshuri na we yavuze ko yicuza cyane ibyo yakoze.

Uyu munyeshuri w’umukobwa wagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, yitwa Sophia Rosing ubu ntakiri umunyeshuri wa University of Kentucky.

Perezida w’iyi kaminuza, Eli Capilouto yavuze ko birukanye burundu uyu munyeshuri mu rwego rwo guha ubutumwa abiga muri iri shuri ko badashobora kwihanganira ivangura rishingiye ku ruhu.

Uyu muyobozi w’iyi kaminuza kandi yavuze ko nubwo birukanye uyu munyeshuri ariko bitarangiriye aho kuko bazagira n’uruhare mu gutanga ubutabera.

Yagize ati “Nubwo atari umunyeshuri wacu, ariko tuzakomeza iperereza ryacu, ikindi kandi tuzafatanya n’urwego rushinzwe kugenza ibyaha mu gukora iperereza.”

Yavuze ko ubusanzwe iyi kaminuza ikomeye cyane ku mahame yo kutavangura abanyeshuri hashingiwe ku ruhu.

Ati “Ikindi kandi amahame yacu ngengamyitwarire y’abanyeshuri, ari gusubirwamo n’ibiro bishinzwe uburinganire no kunganya abantu.”

Yakomeje avuga ko nk’umuryango mugari ushyize imbere gukumira ihohoterwa rishingiye ku ruhu, batanagomba kwihanganira na gato ugaragaweho icyo gikorwa.

Ati “Ikindi kandi umuntu wese wagaragayeho ivangura rishingiye ku ruhu, agomba kubiryozwa. Iki kirego kiri mu byo dushyize imbere.”

Fred Peters, Umunyamategeko w’uyu munyeshuri, aherutse kubwira CNN ko uyu munyeshuri na we yatewe icyasha n’ibyo yakoze ndetse ko yumva bimuremereye.

Uyu munyeshuri kandi nyuma yo gukora kiriya gikorwa ataranafatirwa icyemezo cyo kwirukanwa, yari yavuze ko na we yumva adakwiye kuguma muri iri shuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 1 =

Previous Post

Ubusesenguzi bw’umuhanga ku ndege y’intambara ya Congo yaje mu Rwanda izuba riva

Next Post

Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)

Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.