Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

radiotv10by radiotv10
14/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Kagari ka Rebero mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, arasaba ubuyobozi bw’Akarere kumurenganura nyuma yo kwamburwa ubutaka yarazwe n’umubyeyi bwaje kwitwa ubwa Leta nyuma yo kwanga icyifuzo cy’umuyobozi wamusabye ko yabugabana n’abavandimwe be.

Ubu butaka bivugwa ko uyu muturage witwa Nzeyimana Nicodeme amaze imyaka irenga 10 akoreramo, buherereye muri metero nke uvuye ku Biro by’Akagari ka Rebero bukagira metero 35 z’ubugari ndetse na 180 z’uburebure.

Avuga ko mbere ryari ishyamba rifatanye n’irya Leta ndetse mu bihe bitandukanye ababaye abayobozi b’Umurenge wa Nzahaha bakaza gushinga imbago kugira ngo atazarengera Leta.

Agira ati “Ubwo Nyirangendahimana Mathilda yari Gitifu yaraje atera imbago ari kumwe n’abandi bayobozi, nyuma uwitwa Rwango Jean de Dieu na we araza aca umuferege kugira ngo arambwira ngo sinzawurenge.”

Uyu muturage avuga ko yaje gutema ishyamba ryari muri ubu butaka ahatera ikawa n’urutoki birimo ubu ariko akaba ari kuhamburwa byitwa ko yarengereye Leta nyamara ngo ari akagambane k’Umuyobozi w’Akagari ngo waba waramubwiye ko azahamwambura nyuma yo kwanga ko batesha agaciro inyandiko y’irage ry’umubyeyi akahagabana n’abavandimwe be.

Agira ati “Bansabye ko dutesha agaciro ibyanditswe mu irage ndabyanga ndetse na Kibiriga ababwira ko nta bubasha bafite bwo kubikora birangira mpagumanye gutyo, Nyiranshuti arambwira ngo ubwo nanze kuhagabana n’abavandimwe azahanyambura.”

Ntibyateye kabiri uyu muturage aza kubwirwa ko yarengereye Leta ndetse za mbago zari zimaze imyaka irenga 10 zishinzwe n’ubuyobozi zirarandurwa, ubutaka bwe buhinduka ubwa Leta.

Uwitwa Kabirigi Gracien utuye muri aka Kagari uvuga ko azi aha hantu hagifitwe n’umubyeyi w’uyu Nzeyimana avuga ko yatunguwe no kumva ko habaye aha Leta nyamara muri iyo myaka yose uyu muturage yahakoreraga Leta ireba.

Ati “Njye byarantunguye, nibaza ukuntu ubu ari bwo Leta yibutse ko ari ahayo numva biranyoboye.”

Nyiranshuti Christine uyobora Akagari ka Rebero ari na we ushyirwa mu majwi n’uyu muturage, yemera ko yasabye ko ubu butaka bwagabanywa abavandimwe bose, icyakora agahakana ko atazi ibyo kuba uyu muturage yarahatemye ishamba.

Ati “Mushiki we ni we nabwiye nti ‘ariko ko hazagwa umuntu mwazashatse umwanya mukagabura iyo sambu iteza urugomo buri gihe’. Asarura ishyamba njyewe ntabwo mbizi.”

Mu gihe uyu muturage agaragaza inyandiko y’umurage iriho kashe y’Akagari ari na yo yahereweho ubu butaka uyu muyobozi avuga ko atazi uburyo iyo kashe yaba yarageze kuri iyo nyandiko.

Ati “Uwo murage ntawo nzi, ntabyo nigeze nsinya. Niba ari n’uwabinyandikiye mu izina ryanjye, ahubwo njyewe ngomba kubimurega ukuntu yabonye iyo kasha.”

Bakimara kurandura imbago zatandukanyaga ubutaka bw’uyu muturage n’ubwa Leta bakarenga metero zirenga 10 binjira mu butaka yateyemo ikawa akaba ari ho bashyira izindi mbibi, ni bwo uyu muturage yitabazaga ubuyobozi bw’Akarere na bwo bumubwira ko nta karengane kabayemo.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred avuga ko boherejeyo itsinda rivuye ku Karere rigasanga uyu muturage yararengereye Leta kandi.

Ati “Twashyizeho itsinda bagezeyo basanga uriya muturage yashatse kurengera Leta. Izo mbibi ntabwo zigeze zishingwa n’abo bayobozi avuga. Ahubwo we iyo myaka yayimaze yiba Leta.”

Uyu muturage utaranyuzwe n’igisubizo cy’Akarere avuga ko aboherejwe batigeze basuzuma bimwe mu bimenyetso ndetse ngo ntibanakoresheje ibyuma bipima ahubwo ko baba baraje mu murongo w’Ubuyobozi bw’Akagari.

Yagaragaje ibyemezo byagiye bifatwa

Uyu muturage yagaragaje aho ubutaka bwe bwagarukiraga

Yari yarahinzemo ikawa

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 7 =

Previous Post

NAME CHANGE REQUEST

Next Post

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.