Wednesday, May 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

radiotv10by radiotv10
14/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Kagari ka Rebero mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, arasaba ubuyobozi bw’Akarere kumurenganura nyuma yo kwamburwa ubutaka yarazwe n’umubyeyi bwaje kwitwa ubwa Leta nyuma yo kwanga icyifuzo cy’umuyobozi wamusabye ko yabugabana n’abavandimwe be.

Ubu butaka bivugwa ko uyu muturage witwa Nzeyimana Nicodeme amaze imyaka irenga 10 akoreramo, buherereye muri metero nke uvuye ku Biro by’Akagari ka Rebero bukagira metero 35 z’ubugari ndetse na 180 z’uburebure.

Avuga ko mbere ryari ishyamba rifatanye n’irya Leta ndetse mu bihe bitandukanye ababaye abayobozi b’Umurenge wa Nzahaha bakaza gushinga imbago kugira ngo atazarengera Leta.

Agira ati “Ubwo Nyirangendahimana Mathilda yari Gitifu yaraje atera imbago ari kumwe n’abandi bayobozi, nyuma uwitwa Rwango Jean de Dieu na we araza aca umuferege kugira ngo arambwira ngo sinzawurenge.”

Uyu muturage avuga ko yaje gutema ishyamba ryari muri ubu butaka ahatera ikawa n’urutoki birimo ubu ariko akaba ari kuhamburwa byitwa ko yarengereye Leta nyamara ngo ari akagambane k’Umuyobozi w’Akagari ngo waba waramubwiye ko azahamwambura nyuma yo kwanga ko batesha agaciro inyandiko y’irage ry’umubyeyi akahagabana n’abavandimwe be.

Agira ati “Bansabye ko dutesha agaciro ibyanditswe mu irage ndabyanga ndetse na Kibiriga ababwira ko nta bubasha bafite bwo kubikora birangira mpagumanye gutyo, Nyiranshuti arambwira ngo ubwo nanze kuhagabana n’abavandimwe azahanyambura.”

Ntibyateye kabiri uyu muturage aza kubwirwa ko yarengereye Leta ndetse za mbago zari zimaze imyaka irenga 10 zishinzwe n’ubuyobozi zirarandurwa, ubutaka bwe buhinduka ubwa Leta.

Uwitwa Kabirigi Gracien utuye muri aka Kagari uvuga ko azi aha hantu hagifitwe n’umubyeyi w’uyu Nzeyimana avuga ko yatunguwe no kumva ko habaye aha Leta nyamara muri iyo myaka yose uyu muturage yahakoreraga Leta ireba.

Ati “Njye byarantunguye, nibaza ukuntu ubu ari bwo Leta yibutse ko ari ahayo numva biranyoboye.”

Nyiranshuti Christine uyobora Akagari ka Rebero ari na we ushyirwa mu majwi n’uyu muturage, yemera ko yasabye ko ubu butaka bwagabanywa abavandimwe bose, icyakora agahakana ko atazi ibyo kuba uyu muturage yarahatemye ishamba.

Ati “Mushiki we ni we nabwiye nti ‘ariko ko hazagwa umuntu mwazashatse umwanya mukagabura iyo sambu iteza urugomo buri gihe’. Asarura ishyamba njyewe ntabwo mbizi.”

Mu gihe uyu muturage agaragaza inyandiko y’umurage iriho kashe y’Akagari ari na yo yahereweho ubu butaka uyu muyobozi avuga ko atazi uburyo iyo kashe yaba yarageze kuri iyo nyandiko.

Ati “Uwo murage ntawo nzi, ntabyo nigeze nsinya. Niba ari n’uwabinyandikiye mu izina ryanjye, ahubwo njyewe ngomba kubimurega ukuntu yabonye iyo kasha.”

Bakimara kurandura imbago zatandukanyaga ubutaka bw’uyu muturage n’ubwa Leta bakarenga metero zirenga 10 binjira mu butaka yateyemo ikawa akaba ari ho bashyira izindi mbibi, ni bwo uyu muturage yitabazaga ubuyobozi bw’Akarere na bwo bumubwira ko nta karengane kabayemo.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred avuga ko boherejeyo itsinda rivuye ku Karere rigasanga uyu muturage yararengereye Leta kandi.

Ati “Twashyizeho itsinda bagezeyo basanga uriya muturage yashatse kurengera Leta. Izo mbibi ntabwo zigeze zishingwa n’abo bayobozi avuga. Ahubwo we iyo myaka yayimaze yiba Leta.”

Uyu muturage utaranyuzwe n’igisubizo cy’Akarere avuga ko aboherejwe batigeze basuzuma bimwe mu bimenyetso ndetse ngo ntibanakoresheje ibyuma bipima ahubwo ko baba baraje mu murongo w’Ubuyobozi bw’Akagari.

Yagaragaje ibyemezo byagiye bifatwa

Uyu muturage yagaragaje aho ubutaka bwe bwagarukiraga

Yari yarahinzemo ikawa

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 4 =

Previous Post

NAME CHANGE REQUEST

Next Post

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Related Posts

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
14/05/2025
0

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

by radiotv10
14/05/2025
0

Bamwe mu bazi umugabo mu Karere ka Nyanza ukekwaho kwica umwana we yibyariye akamuca umutwe, bavuga ko ashobora kuba yaramujije...

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

by radiotv10
14/05/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batagipfa kunyura mu nzira iva isantere ya Mahoko yerecyeza...

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Umukozi w’Imana Pastor Julienne Kabanda Kabirigi uherutse gufungirwa umuryango ushingiye ku myerereye ‘Grace Room Ministries’ ayobora, yasabye abantu kuba maso...

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, ni rimwe mu ya Polisi y'u Rwanda, benshi babona iyo ryiyambajwe igihe habaye impanuka...

IZIHERUKA

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV
AMAHANGA

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

by radiotv10
14/05/2025
0

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

14/05/2025
Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

14/05/2025
Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

14/05/2025
Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

14/05/2025
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

14/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.