Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu banyamahanga bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, yagaragaje ibyishimo by’igisagirane ubwo yari amaze kurahirira kwitwa Umunyarwanda, arapfukama, ubundi yubura amaso mu kirere ashima ‘Allah’, ibintu byanakoze benshi ku mutima. Hamenyekanye icyatumye agaragaza aya marangamutima.

Ni Muhemedi Salehe akaba umwe mu banyamahanga 23 bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, yabuherewe rimwe n’Umukinnyi wa Filimi w’ikirangirire, Winston Duke wakinnye muri filimi izwi na benshi ya ‘Black Panther’.

Byari ibyishimo kuri aba banyamahanga ubu bamaze kwinjira mu muryango mugari w’Abanyarwanda, bakaba bafite uburenganzira bungana n’ubwa Bene Kanyarwanda.

By’umwihariko Muhemedi Salehe ukomoka mu Buhindi, we yagaragaje ibyishimo bikomeye ubwo yari amaze kurahirira ku ibendera ry’u Rwanda ko abaye Umunyarwanda.

Mu kugaragaza ibyiyumviro bye, Muhemedi Salehe yapfukamye hasi ku butaka bw’u Rwanda, ashyiraho agahanga, bimenyerewe ku bo mu idini ya Islam, ubundi areba hejuru, azamura amaboko, agaragaza amashimwe.

Benshi mu babonye amafoto y’uyu Munyarwanda, ukomoka mu Buhindi, na bo bakozwe ku mutima n’uburyo yagaragaje amarangamutima, bavuga ko ntako bisa kuba u Rwanda rwishimirwa aka kageni.

Mutsinzi Antoine uyobora Akarere ka Kicukiro, kanakorewemo iri rahira, yavuze ko yaganiriye na Muhemedi Salehe, agahishura icyamuteye ibi byishimo byo kuba yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda

Mutsinzi ati “Tuganira we yambwiye ko yatekerezaga ko bitoroshye kuba yabona ubwenegihugu kuko hari n’ubwo ibindi Bihugu bidapfa kubutanga ku bantu bakuze ariko ngo yatunguwe n’uko u Rwanda rwabumuhaye ndetse mu buryo butatinze.”

Uyu Muyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, yavuze ko nubwo atamaranye umwanya munini na Muhemedi Salehe, ariko ibyishimo yagaragaje “byaturutse ku kuba azi ko ko kubona ubwenegihugu bitoroshye ariko kuba u Rwanda rwita kuri buri wese, ngo yatekerezaga ko bitashobokaga kububona.”

Umukozi w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka, Rusanganwa Jean Damascene yavuze ko gusubiza umuntu wasabye Ubwenegihugu bw’u Rwanda, bitagira igihe runaka, ahubwo ko bishobora gutinda cyangwa bikihuta bitewe na dosiye ye cyangwa impamvu akwiye ubwo bwenegihugu.

Yagize ati “Nta tegeko riteganya ngo bizamara igihe runaka, kuko bishobora gutinda bitewe n’uko usabye abantu bakimwigaho bagikeneye kumenya ni muntu ki? n’inyungu afite ku Gihugu, hakaba n’ubikora asanzwe azwi n’ibikorwa bye.”

Yarahiriye kuba Umunyarwanda
Byamuteye ibyishimo by’igisagirane
Ashimira Allah

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − twenty =

Previous Post

Inyamaswa zigeze kuzengereza ikiremwamuntu zongeye gutera ikikango i Burayi

Next Post

Federasiyo yayoborwaga n’uwakoze ibyavugishije benshi ku Isi yageneye Isi ubutumwa

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Federasiyo yayoborwaga n’uwakoze ibyavugishije benshi ku Isi yageneye Isi ubutumwa

Federasiyo yayoborwaga n'uwakoze ibyavugishije benshi ku Isi yageneye Isi ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.