Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

radiotv10by radiotv10
11/09/2025
in MU RWANDA
0
Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

Photo/Imvaho Nshya

Share on FacebookShare on Twitter

Umuntu umwe yasize ubuzima mu mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yari itwaye ihene 200, zirimo 30 na zo zayipfiriyemo, ubwo yari igeze ahazwi nko kuri Dawe uri mu Ijuru mu Karere ka Karongi.

Iyi modoka yakoreye impanuka mu Mudugudu wa Rufumberi mu Kagari ka Ngoma mu Murenge wa Gishyita, yari itwaye aya matungo iyajyanye mu ijoso rya Rugali mu Karere ka Nyamasheke.

Iyi mpanuka yahitanye umwe mu bantu batatu bari bayirimo, aho uwayisizemo ubuzima ari uwitwa Alexandre w’imyaka 30, mu gihe uwari uyitwaye n’umugore we bo bayirokotse bagakomereka byoroheje.

Amakuru y’iyi mpanuka yemejwe n’Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, SP Emmanuel Kayigi.

SP Kayigi avuga ko uwari utwaye iyi modoka yananiwe gukata muri ririya korosi riri ahiswe kuri Dawe uri mu Ijuru “agonga ibyuma byo ku muhanda arawurenga imodoka igusha urubavu.”

Yagize ati “Muri iyi mpanuka uwitwa Dusengumukiza Alexandre yahise yitaba Imana, hakomereka byoroheje abantu babiri harimo n’umushoferi, hapfa n’ihene 30.”

Yakomeje asaba abatwara ibinyabiziga kwitwararika, kuko impanuka ziri kuba muri iki gihe zikunze guturuka ku miyoborere mibi y’abashoferi, akabasaba ko bakwiye kujya baruhuka bagatwara ari uko bameze neza.

Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishyita, Nsengiyumva Rwandekwe Songa, avuga ko nyuma y’iyi mpanuka inzego zihutiye kuhagera, zigahita zihamagara Ibitaro bya Mugonero kugira ngo bitange ubutabazi.

Yagize ati “nyuma bajyanana n’umurambo wa Nyakwigendera. Abakomeretse batashye kuko byari byoroheje. Umurambo uracyari mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Mugonero.”

Uyu muyobozi avuga ko umuryango wa nyakwigendera utaramenyekana, gusa irangamuntu yari afite igaragaza ko yayifatiye mu Karere ka Kayonza, banatangiye kuvugana n’abaho kugira ngo bamenye umuryango we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 5 =

Previous Post

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Next Post

Abagombaga gusezerana barembeye mu Bitaro nyuma yo gutegwa n’abagizi ba nabi none abaturanyi bashobewe

Related Posts

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Uko hatahuwe umukobwa ukekwaho kwihekura wabyaye umwana agahita amuta mu musarani

by radiotv10
31/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Karere ka Rubavu, rwataye muri yombi umukobwa w’imyaka 18 ukekwaho kubyara umwana wari ugejeje igihe cyo...

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

by radiotv10
31/10/2025
1

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko amazi aturuka mu muhanda w'amakamyo...

IZIHERUKA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding
MU RWANDA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagombaga gusezerana barembeye mu Bitaro nyuma yo gutegwa n’abagizi ba nabi none abaturanyi bashobewe

Abagombaga gusezerana barembeye mu Bitaro nyuma yo gutegwa n’abagizi ba nabi none abaturanyi bashobewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.