Imyigaragambyo yateguwe n’ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga, yahinduye isura ibamo guhangana hagati y’abayitabiriye n’abashyigikiye ubutegetsi bw’iki Gihugu, bituma polisi ihagoboka.
Iyi myigaragambyo yabaye kuri wa Kabiri, tariki 15 Nzeri 2026, yateguwe n’ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi rizwi nka C64.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko impinduka ziteganyijwe mu Itegeko Nshinga zishobora gutuma Perezida Félix Tshisekedi yongera kwiyamamariza kuyobora Igihugu ku nshuro ya gatatu.
I Kinshasa, abari mu myigaragambyo bakoreshejwe ibyuka biryana mu maso ndetse na polisi irasa amasasu mu kirere mu rwego rwo kubatatanya.
Iyi myigaragambyo yari yatangiwe uruhushya n’ubuyobozi, yatangiye mu mahoro no mu mwuka mwiza, ariko nyuma havuka imirwano hagati y’abigaragambyaga n’abashyigikiye ubutegetsi.
Ababibonye bavuze ko impande zombi zatangiye guterana amabuye ndetse bamwe bitwaza imihoro, bituma polisi itabara kugira ngo ihoshe imvururu.
Mu mijyi ya Lubumbashi na Uvira, ubuyobozi bwari bwabujije imyigaragambyo, ariko abaturage barayikora. Polisi yahise itabara iyitatanya nyuma gato yo gutangira.
Iyi myigaragambyo yabaye nyuma y’ibyumweru bitatu Perezida Tshisekedi atangaje gahunda yo gutangiza ibiganiro byo ku rwego rw’Igihugu bizahuza amashyaka atandukanye, imiryango itari iya Leta ndetse n’abayobozi b’amadini. Ibyo biganiro ariko ntibizitabirwa n’imitwe yitwaje intwaro igenzura ibice bimwe byo mu burasirazuba bwa Congo.
Perezida Tshisekedi avuga ko ibi biganiro bigamije gushaka ibisubizo ku bibazo bya politiki biri mu Gihugu.
Gusa amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse na Kiliziya Gatulika ifite uruhare rukomeye mu buzima bw’Igihugu, banenze gahunda yo guhindura Itegeko Nshinga, bavuga ko ishobora gufungura inzira yo kongera kwiyamamaza kwa Tshisekedi.
Itegeko Nshinga rya Congo riteganya ko Perezida ashobora kuyobora Igihugu manda ebyiri z’imyaka itanu buri imwe. Muri Kamena 2026, Inteko Ishinga Amategeko yemeje umushinga wemerera ko impinduka ku Itegeko Nshinga zishobora kujyanwa muri kamarampaka.
Bamwe mu banyamuryango b’ihuriro rishyigikiye Tshisekedi na bo bashyigikiye impinduka zavugurura imiterere y’imiyoborere, zirimo izishobora gutuma Perezida akomeza kuyobora igihugu nyuma ya manda ebyiri.



RADIOTV10