Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyatangajwe ko Kabila wayoboye Congo ari mu bice bigenzurwa na M23 byavuzweho ukundi

radiotv10by radiotv10
21/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyatangajwe ko Kabila wayoboye Congo ari mu bice bigenzurwa na M23 byavuzweho ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Uhoraho w’Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye ibyemezo byatangajwe na Guverinoma y’iki Gihugu byafatiwe uyu Munyapolitiki wabaye Perezida, ishingiye ku byo yise ibihuha ko yaba ari mu mujyi wa Goma ugenzurwa na M23.

Ferdinand Kambere, yabitangaje agira icyo avuga ku byemezo byatangajwe na Minisitiri w’Ubutabera wa DRC, Constant Mutamba n’uw’Umutekano w’Imbere, Jacquemain Shabani.

Uyu Munyamabanga Uhoraho w’ishyaka PPRD (Parti du Peuple pour la Reconstruction et le Développement) rya Joseph Kabila, arashinja ubutegetsi bwa Tshisekedi “Guhimba amakuru adasanzwe” bugamije kuyobya rubanda, no guhishira amarorerwa no gutera ubwoba abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Okapi, Ferdinand Kambere yavuze ko “Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, agomba kubimenya neza, yaribeshye cyane: Ese ni inde wabonye n’amaso ye Kabila i Goma? Ni inde wabonye amafoto ye muri uyu Mujyi? Tubabajwe no kuba ubutegetsi buriho bufata ibyemezo bushingiye ku bihuha bwo bwihimbiye ubwabwo, bigamije kubangamira ishyaka ritavuga rumwe na bwo n’umuntu ku giti cye, nta bimenyetso bufatika bushingiyeho.”

Uyu muyobozi mu Ishyaka rya Kabila uvuga ko bababajwe no kuba Igihugu cyabo kiri kurindimurwa n’ubutegetsi buriho bwa UDPS no kuba bukomeje guhonyora amahame ya Demokarasi.

Guverinoma ya DRC kandi yafashe icyemezo cyo gufungura ikirego cyo gukurikirana Joseph Kabila mu butabera ndetse na bamwe mu bo bavugwaho gufatanya gufasha umutwe wa M23, ndetse ikaba yafatiriye imitungo ye yaba iyimukanwa n’itimukanwa, ndetse inahagarika ibikorwa bya PPRD mu Gihugu hose, n’ingendo za bamwe mu bayobozi b’iri shyaka rya Kabila.

Ferdinand Kambere avuga ko ibi byemezo bya Guverinoma binyuranyije n’amategeko, kandi bigaragaza ubutegetsi bw’igitugu, byerekana ko “Tshisekedi ashaka kwishyiriraho Repubulika agendeye ku bitekerezo by’uko atekereza.”

Avuga ko ibi byemezo byafatiwe PPRD, bishingiye ku kuba iri shyaka ryaranze kwitabira imigambi yatangijwe na Perezida Tshisekedi igamije kwigarurira indi mitwe ya Politiki kugira ngo itarwanya ibitaboneye biriho biba muri iki Gihugu. Ati “Ntituzemera ko badutera ubwoba.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 3 =

Previous Post

Ingabo za Mozambique zabwiye iz’u Rwanda icyo zizishimira

Next Post

Perezida Kagame yakiriye umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo wanahuye na Tshisekedi

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo wanahuye na Tshisekedi

Perezida Kagame yakiriye umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo wanahuye na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.