Saturday, October 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyatangajwe ko Kabila wayoboye Congo ari mu bice bigenzurwa na M23 byavuzweho ukundi

radiotv10by radiotv10
21/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyatangajwe ko Kabila wayoboye Congo ari mu bice bigenzurwa na M23 byavuzweho ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Uhoraho w’Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye ibyemezo byatangajwe na Guverinoma y’iki Gihugu byafatiwe uyu Munyapolitiki wabaye Perezida, ishingiye ku byo yise ibihuha ko yaba ari mu mujyi wa Goma ugenzurwa na M23.

Ferdinand Kambere, yabitangaje agira icyo avuga ku byemezo byatangajwe na Minisitiri w’Ubutabera wa DRC, Constant Mutamba n’uw’Umutekano w’Imbere, Jacquemain Shabani.

Uyu Munyamabanga Uhoraho w’ishyaka PPRD (Parti du Peuple pour la Reconstruction et le Développement) rya Joseph Kabila, arashinja ubutegetsi bwa Tshisekedi “Guhimba amakuru adasanzwe” bugamije kuyobya rubanda, no guhishira amarorerwa no gutera ubwoba abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Okapi, Ferdinand Kambere yavuze ko “Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, agomba kubimenya neza, yaribeshye cyane: Ese ni inde wabonye n’amaso ye Kabila i Goma? Ni inde wabonye amafoto ye muri uyu Mujyi? Tubabajwe no kuba ubutegetsi buriho bufata ibyemezo bushingiye ku bihuha bwo bwihimbiye ubwabwo, bigamije kubangamira ishyaka ritavuga rumwe na bwo n’umuntu ku giti cye, nta bimenyetso bufatika bushingiyeho.”

Uyu muyobozi mu Ishyaka rya Kabila uvuga ko bababajwe no kuba Igihugu cyabo kiri kurindimurwa n’ubutegetsi buriho bwa UDPS no kuba bukomeje guhonyora amahame ya Demokarasi.

Guverinoma ya DRC kandi yafashe icyemezo cyo gufungura ikirego cyo gukurikirana Joseph Kabila mu butabera ndetse na bamwe mu bo bavugwaho gufatanya gufasha umutwe wa M23, ndetse ikaba yafatiriye imitungo ye yaba iyimukanwa n’itimukanwa, ndetse inahagarika ibikorwa bya PPRD mu Gihugu hose, n’ingendo za bamwe mu bayobozi b’iri shyaka rya Kabila.

Ferdinand Kambere avuga ko ibi byemezo bya Guverinoma binyuranyije n’amategeko, kandi bigaragaza ubutegetsi bw’igitugu, byerekana ko “Tshisekedi ashaka kwishyiriraho Repubulika agendeye ku bitekerezo by’uko atekereza.”

Avuga ko ibi byemezo byafatiwe PPRD, bishingiye ku kuba iri shyaka ryaranze kwitabira imigambi yatangijwe na Perezida Tshisekedi igamije kwigarurira indi mitwe ya Politiki kugira ngo itarwanya ibitaboneye biriho biba muri iki Gihugu. Ati “Ntituzemera ko badutera ubwoba.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − five =

Previous Post

Ingabo za Mozambique zabwiye iz’u Rwanda icyo zizishimira

Next Post

Perezida Kagame yakiriye umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo wanahuye na Tshisekedi

Related Posts

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

by radiotv10
25/10/2025
0

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon, Issa Tchiroma Bakary, wamaze kwitangaza nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, yatangaje ko igihe hatangazwa...

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

by radiotv10
24/10/2025
0

Abantu 25 baburiye ubuzima mu mpanuka yabereye muri Leta ya Andhra Pradesh mu majyepfo y’u Buhindi, nyuma yuko bisi itwara...

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo,...

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

by radiotv10
24/10/2025
0

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya,...

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo wanahuye na Tshisekedi

Perezida Kagame yakiriye umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo wanahuye na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.